Uganda itewe ubwoba n’ukwihuza kwa ADF na  ISIS muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Hari amakuru avuga ko inyeshyamba za ADF, zirwanya ubutegetsi bwa Uganda n’umutwe wa  gisirikare uharanira ishyirwaho Leta ya kiyisilamu (ISIS) bamaze kugirana imikoranire.

Ubusanzwe ADF mu ishyirwaho ryayo hashingiwe ku mahame ya kiyisilamu, ingingo ituma Uganda ibona ko iyi mitwe yombi igiye guhuza imyumvire maze ikayogoza iki gihugu.

Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko uguhuza imbaraga mu by’imikoranire kwagaragajwe n’amashusho yashyizwe hanze na ISIS kuwa 29 Werurwe 2019.

Muri aya mashusho, Umuyobozi wa ISIS, Bakr-al Baghdhadi agaragara atangaza intara nshya y’ubwatsi bwe muri Afurika. Avuga ko “ Wilayat Central Africa” aho ari ibirindiro bya ISIS muri Afurika yo hagati n’iburasirazuba.

Impuguke zivuga ko kuba ADF iherutse kugaba igitero cyahitanye umusirikare wa Tanzania wari mu butumwa bw’amahoro muri Tanzania, nyuma ikagitura ISIS ari ikimenyetso cy’imikoranire.

Ubu bufatanye kandi bwagaragajwe kandi n’ibendera rya ISIS ryasanzwe mu myenda y’umurwanyi wa ADF wiciwe muri Congo. Bigaragara ko ADF kuri ubu yemeye kugendera ku mahame akarishye aranga indi mitwe ya kiyisilamu kuri ubu ukaba witwa  ‘Madina at Tahuweed Wau Mujahedeen’

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Kuri ubu, Uganda ntacyo iratangaza kuri uku kwihuza kwa ADF na ISIS ariko nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’iki gihugu, Brig Richard Karemire, bakomeje kuba maso ku mipaka ihuza Uganda na Congo-Kinashasa.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *