Umujyanama wa Perezida w’u Burundi, Jean Claude Karerwa, aremeza ko Perezida Nkurunziza adashobora kwisubiraho ku cyemezo yafashe cyo guhatanira indi manda mu 2020 kuko ngo Imana ari yo yamuhishuriye ko atagomba kubikora.
Mu kiganiro n’abavugizi b’inzego zitandukanye z’u Burundi cyo kuwa Gatanu ushize, itariki 21 kamena, umuvugizi wa Perezida w’u Burundi yavuze ko urubyiruko rw’Imbonerakure ruramutse rusabye gukora imyigaragambyo yo gusaba Perezida Nkurunziza ko yaguma ku butegetsi bwaba ari uburenganzira bwabo mu gihe babisaba abashinzwe ubutegetsi n’igipolisi.
Bwana Jean Claude Karerwa avuga ko u Burundi ari igihugu kigendera ku mategeko, umuntu wese ashobora gukora imyigaragambyo abisabye ariko imigumuko itemewe nk’uko iyi nkuru dukesha UBMNews ivuga.
Ku kijyanye n’uko abisabwe Perezida Nkurunziza yakwemera akongera guhatanira indi manda, Jean Claude karerwa yavuze ko icyemezo cyo kutazongera guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu kikiri cya kindi kitarahinduka.
Yavuze ko iki cyemezo Perezida Nkurunziza atagifashe wenyine yabanje kugisha inama Imana kandi ngo Imana iyo yaguhishuriye kenshi ntiyisubiraho.
Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza akaba yashimangiye ko mu 2020 muri Kanama, hazaba harimo kuba ibirori byo kwimika umukuru w’igihugu mushya.


