RDC: Hasohowe impapuro zo guta muri yombi umuyobozi w’umutwe wa NDC-R

Sangiza iyi nkuru

Ubutabera bwa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru bwasohoye impapuro zo guta muri yombi umuyobozi w’inyeshyamba witwa Guidon Shimiray Mwissa. RFI yabashije kubona kopi y’izi mpapuro zasohowe ku itariki 07 Kamena Gen. Timothee Mukuntu yemeje ko ari umwimerere.

Guidon Shimiray Mwissa arashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’ubugumutsi, ibyaha by’intambara yinjiza mu gisirikare abana n’ibyaha byibasiye inyokomuntu binyuze mu gufata ku ngufu. Ibi akaba ari impamvu zo kumuta muri yombi zigaragara kuri izo mpapuro zasohowe n’ubutabera bwa gisirikare bwafunguye dosiye imukurikirana muri Werurwe 2018. Kuva icyo gihe abakorewe ibyaha benshi barumviswe nk’uko byemezwa n’Umushinjacyaha wa gisirikare, Gen. Timothee Mukuntu.

Uyu mukuru w’inyeshyamba usanzwe yarafatiwe ibihano na Loni, kuva mu 2015 ni umuyobozi w’ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare witwa NDC-R (Nduma Defense of Congo-Rénové) ukunze kugaba ibitero ku mitwe yitwaje ibirwanisho y’Abanyekongo ndetse n’abanyamahanga ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru.

Muri aya mezi ashize amakuru aturuka muri Loni avuga ko Guidon Shimiray Mwissa yaguye ahantu agenzura, aho kuri ubu agenzura uduce n’ahantu hacukurwa amabuye y’agaciro muri Teritwari ya Walikale, ariko no muri Lubero, Masisi na Rutshuru. Ashinjwa gukorera ibyaha ndengakamere abaturage b’abasivili.

Muri raporo yabo iheruka, itsinda ry’impuguke za Loni zavuze ko uyu akomeje kongera umubare w’abarwanyi, ndetse ngo akaba ari nawe uri inyuma yo kwimuka kw’umutwe wa CNRD (ugizwe n’inyeshyamba z’Abanyarwanda) uva Masisi ugana Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *