Ikipe ya APR FC yakinaga umukino wa Kabiri mu irushanwa ry’imikino y’igikombe cya CECAFA Kagame Cup, yawusoje ibonye itike yo gukomeza muri 1/4, ikaba ari nayo kipe ya mbere ibashije gukatisha itike yo muri icyo cyiciro.
APR FC yacakiranaga n’ikipe ya Green Eagles yo muri Zambia, umukino ubera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga 2019. APR FC yatsinze iyi kipe igitego 1-0, ihita igira amanota 6.
Igitego cya APR FC cyabonetse ku munota wa 60 gitsinzwe na Boniface Sunzu.
Aba ni abakinnyi 11 yabanje mu kibuga:

Abakinnyi ba APR FC bagera ku kibuga, kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo
Umukino ufungura irushanwa ‘CECAFA Kagame Cup 2019’ wahuzaga ikipe ya APR FC na Proline FC , warangiye ku ntsinzi ya APR FC y’igitego kimwe cyatsinzwe na Manzi Thierry.


