Urukiko rw’ibanze mu Karere ka Mukono rwasabye Umuyobozi wa Polis ya Uganda, IGP Ochola Martin kongera guta muri yombi Rtd. Maj. Gen. Matayo Kyaligonza ushinjwa guhohotera umupolisikazi.
Umucamanza Juliet Hatanga yasabye ko Gen. Kyaligonza yatabwa muri yombi bitarenze tariki 22 Nyakanga uyu mwaka kugira ngo aryozwe ibyo akekwaho. Ni nyuma y’aho Gen. Kyaligonza kuko atigeze yitaba urukiko nk’uko yari yabisabwe kuwa 10 Kamena 2019.
Uyu mugabo arasabirwa gufatwa mu gihe umunyamategeko we atangaza ko nta mpamvu ihari yo kongera kumusabira itabwa muri yombi bitewe n’uko uyu mugabo yarezwe mu rukiko rukuru.
Uyu munyamategeko avuga ko byaba ntacyo bivuze nanone kuko umukiliya we yarezwe no mu rukiko rwa gisirikare. Avuga ko gushaka kumuburanisha mu rukiko rw’ibanze byatuma acirwa urubanza inshuro ebyiri.
Umucamanza Hatanga nk’uko The Daily Monitor dukesha iyi nkuru ibitangaza, avuga ko ibi ntacyo bivuze cyane ko ngo nta tegeko riratangwa ryo gutangira kuburanisha Gen. Kyaligonza.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Gen. Kyaligonza asanzwe ari Ambasaderi wa Uganda mu Burundi. Ni umwe mu bagize akanama k’inararibonye k’igisirikare cya Uganda. Ni umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora Uganda akaba afite nimero RO/00034. Uyu mugabo arareganwa n’abarinzi be babiri.


