RDC: Abanyururu basaga 50 batorotse Gereza ya Kamitunga

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuwa Mbere ushize rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nyakanga, abanyururu 53 batorotse Gereza nkuru ya Kamitunga iherereye muri Teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo nk’uko byemejwe n’Igipolisi cya Congo.

Biravugwa ko iyi gereza yari ifungiyemo abantu 99 mbere yo gutoroka, kuri ubu hakaba hasigayemo imfungwa 46 nk’uko igipolisi gikomeza kibyemeza.

Iyi nkuru dukesha urubuga politico.cd iravuga ko uburyo aba banyururu babashije gutoroka gereza butigeze butangazwa.

Uku gutoroka gereza kukaba kuje gukurikira ukwabaye kuwa 07 Gashyantare muri Gereza ya Tshikapa, aho abanyururu babarirwa muri 60 batorotse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *