Abanyamakuru baramagana igikorwa cyo gufunga radio mpuzamahanga mu Burundi

Sangiza iyi nkuru

Abaharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ntibavuga rumwe na Leta y’u Burundi nyuma yo kubangamira ubu bwisanzure gukomeje kugaragara kwanatumye BBC ifunga imiryango yayo muri iki gihugu muri iki cyumweru.

Abategetsi b’u Burundi basanzwe barabujije Radio Ijwi rya Amerika (VOA) gukorera ku butaka bw’igihugu kuva muri Werurwe ndetse baranakangisha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, kuyifatira ibihano.

Umuryango w’Abanyamakuru Batagira Umupaka (Reporters Without Borders), kuri uyu wa Gatatu ushize wanditse ko uhangayikishijwe bikomeye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru n’ubwinshi bwabyo mu Burundi mu gihe cy’amatora yo mu mwaka utaha.

Uyu muryango uribaza uti: “Ni ibinyamakuru bingahe byigenga bizasigara ubwo u Burundi buzaba buri mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020?”

Ernest Sagaga, ukuriye ishami rishinzwe uburenganzira bwa muntu n’umutekano, mu Mpuzamashyirahamwe Mpuzamahanga y’Abanyamakuru (International Federation of Journalists’), yabwiye umunyamakuru Venuste Nshimiyimana wa VOA ko icyemezo cya BBC cyo gufunga imiryango kigaragaza ko iki gitangazamakuru ubu cyabonye ko u Burundi nta bushake bufite bwo kubaha ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Guverinoma y’u Burundi hagati aho yanze kugira icyo ivugana na VOA kuri iki cyemezo cya BBC.

Ihagarikwa rya BBC na VOA

Will Ross, umwanditsi wa BBC Africa, kuri uyu wa Kabiri ushize nibwo yatangaje ko serivisi zabo zihagaritswe I Bujumbura kugeza ubwo hazasohoka irindi tangazo, nyuma y’aho ibiganiro n’abayobozi ngo ibikorwa bya BBC bisubukurwe mu Burundi, bitagize icyo bigeraho.

Kuwa 29 Werurwe, Inama y’Igihugu ishinzwe kugenzura Itangazamakuru mu Burundi (CNC), yahagaritse kugeza mu gihe kitazwi ibikorwa bya BBC na VOA ku butaka bw’igihugu. Leta yanabujije buri muntu wese kuba yaha ibi bitangazamakuru amakuru mu buryo ubwo ari bwo bwose.

CNC yari yabanje guhagarika ibi bitangazamakuru mu gihe cy’amezi atandatu muri Gicurasi 2018. Icyo gihe abanyamakuru bo mu gihugu nabwo babujijwe kugira amakuru basangiza VOA cyangwa BBC.

Uru rwego rukaba rwarafashe iki cyemezo nyuma ya filimi mbarankuru, BBC yasohoye mu 2018 nyuma y’iperereza yakoze, yise “Inside Burundi’s Killing Machine”, ishinja Guverinoma y’u Burundi uruhare mu iyicarubozo n’iyicwa ry’abatavuga rumwe na yo. Bavuze ko iyi filimi ari ukubeshya igamije guhindanya isura y’igihugu.

U Burundi kandi bwashinje VOA gukoresha umunyamakuru utavuga rumwe n’ubutegetsi. Bivugwa mu itangazo ryo kuwa 29 Werurwe ko Patrick Nduwimana, wahoze ari Umuyobozi wa Radio Bonesha FM ashakishwa n’ubutabera kubera uruhare rwe mu bugizi bwa nabi bwakurikiye igeregeza ryo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza mu 2015.

Imbonerakure

Mu cyumweru gishize, CNC yanaburiye ikinyamakuru Iwacu, ko gishobora gufungwa mbere y’amatora yo mu 2020 kubera kubogama no gusebanya. Umunyamakuru wakoreraga iki kinyamakuru kuva muri Nyakanga 2016 yaburiwe irengero.

Perezida Pierre Nkurunziza kandi aherutse kugena Umuyobozi w’Imbonerakure, umuyobozi wa Radio na televiziyo by’igihugu, RTNB.

Ni mu gihe Imbonerakure (Urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi) ziri gukorwaho iperereza n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ku byaha byibasiye inyokomuntu.

Izi nsoresore z’ishyaka riri ku butegetsi mu 2015 zikaba zarakoreshejwe mu guhiga no guca intege abatarashyigikiye icyemezo cya Perezida Nkurunziza cyo kwiyamamariza manda ya gatatu basanga inyuranyije n’itegeko nshinga.

WhatsApp Image 2019 07 19 at 00.39.48
Venuste Nshimiyimana Hamwe na Perezida wa Congo Felix Tshisekedi

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *