Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kuri uyu wa Gatanu cyatangaje imibare y’agateganyo y’abantu 23 biciwe mu mirwano yamaze iminsi ibiri yabanje hagati yacyo n’inyeshyamba mu duce twa Jailo na Agu, mu Murenge wa Walendu Pitsi, muri Teritwari ya Djugu, ho mu Ntara ya Ituri.
Mu gihe amakuru amwe yatangazwaga kui uyu wa Kane ushize na Sosiyete sivile yo muri ibi bice ko FARDC ishobora kuba yarapfushije abasirikare basaga 10, kuri ubu igisirikare cyo cyemeje ko inyeshyamba 19 ziciwe mu mirwano.
Ibi bikaba byemejwe n’Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt. Jules Ngongo, wanemeje ko bafashe intwaro nyinshi ndetse n’amasasu nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Soma inkuru bifitanye isano hano hasi
https://bwiza.com/2019/07/19/fardc-ishobora-kuba-yatakaje-abasirikare-benshi-nyuma-yo-kugwa-mu-mutego-winyeshyamba/
Ku ruhande rwa FARDC, Lt Ngongo yemeje ko bapfushije abasirikare bane, ariko hakaba hari abandi basirikare baburiwe irengero mu gihe cy’imirwano, ariko mu gitondo cya kare hakaba harakozwe ibikorwa byo gushakisha bakaboneka.


