U Bwongereza bwaburiye abatwara amato aturuka muri icyo gihugu kuba bahagaritse gukoresha ikigobe cya Hormuz.
Ni nyuma yuko igihugu cya Irani gifatiye ubwato bw’u Bwongereza bwikoreye peteroli.
Umuvugizi wa Leta y’u Bwongereza yabivuze kuri uyu wa gatandatu nyuma y’inama y’igitaraganya yo kwiga kuri icyo kibazo.
Uwo muvugizi yanenze bikomeye Leta ya Irani ayishinja kubangamira urujya n’uruza rw’amato ku mazi mpuzamahanga.
Ibiro bishinzwe kugenzura ingendo zo mu mazi muri Irani bivuga ko hari amabwiriza mpuzamahanga ubwo bwato bw’u Bwongereza bwirengagije ku bushake. Irani ivuga ko ubwo bwato n’abakozi babwo bajyanywe ku vyambu cyahitwa Bander Abbas.
Ubwo bwato bwafashwe bwerekeza mu gihugu cya Arabiya Saudite.
Hari abakeka ko Irani yabikoze mu rwego rwo kwihimura ku Bwongereza nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga.
Icyo gihugu nacyo giherutse gufata ubwato bwa Irani bwari bwikoreye peteroli ku nkengero za Gibralta mu Kigobe cya Perse Icyo gihe Irani yashinje u Bwongereza icyo yise ‘umukino wabukururira akaga’ muri icyo kigobe.
U Bwongereza bwafashe ubwato bwa Iran butwaye peteroli, bukeka ko bwaba bwerekeza muri Syria, biciye ukubiri n’ibihano ibihugu by’ubumwe bw’u Burayi byafatiye icyo gihugu.
Â


