RDC: Mende yakubiswe inshuro mu matora ya Guverineri ihuriro akomokamo ryari ryiganje mu batoye

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo gukubitwa inshuro mu matora ya Guverineri w’Intara ya Sankuru, Lambert Mende, wahoze ari Umuvugizi wa Guverinoma ya Perezida Joseph Kabila, yahise atangaza ko mu ihuriro FCC harimo imikorere idahwitse, asaba ubuyobozi kwirinda ingaruka zose ibi byateza, ashinja abatoye kuba baraguzwe ngo bamutsindishe bakomoka mu ihuriro rimwe.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Nyakanga nyuma yo gutsindwa mu matora na Joseph-Stéphane Mukumadi  watsinze ku majwi 17 kuri 25 y’abatoye, mu ntara kandi bivugwa ko FCC Mende yari abereye umukandida, ifitemo abayoboke benshi cyane.

Lambert Mende w’imyaka 66, wahoze ari umuvugizi w’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, ai ku rutonde rw’abantu bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, akaba yatsinzwe n’umukandida wigenga Mukumadi, mu Ntara ya Sankuru, ikungahaye ku mabuye y’agaciro ya diamants. Ni mu matora ataziguye abatora aba ari abadepite b’inteko y’intara. Iyi nteko kandi yiganjemo abakomoka mu ihuriro FCC Mende yari abereye umukandida.

Avugana na AFP Lambert Mende yagize ati: “ Biriya babyita ruswa ,” ni mbere yo kwemeza ko abatora bo ku ruhande rwe baguzwe ngo bamutsindishe. Yibukije ko 22 mu badepite b’intara kuri 25 ari abakomoka mu ihuriro FCC, ihuriro rya Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Congo yari abereye umuvugizi mu matora aheruka mu 2018.

IMG 20190720 135029

Lambert Mende yatunguwe n’ukuntu inteko itora igizwe hafi ya yose n’abadepite bakomoka mu ishyaka yari abereye umukandida, ariko agatsindwa, akabona ibi bigaragaza imikorere mibi ikabije muri FCC.

Lambert Mende ariko yashimiye abadepite b’intara bubashye amabwiriza ya FCC.  Yagize ati: ” Nk’umukada w’iri huriro. Nta kindi uretse kuba nuzuwe no gucika intege. Ariko si ibyanjye kubyitaho, kubera ko ntari umuyobozi w’uyu muryango wa politiki. Abatora n’ubuyobozi bwa politiki bw’umuryango wa politiki bagomba gukuramo ingaruka zose iyi mikorere itari myiza ”.

Lambert Mende ariko yashimiye abadepite bubashye umurongo wa politiki wa FCC anagaya abatashoboye gukora icyo bohererejwe mu Nteko y’Intara gukora.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *