Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yemeye ubusabe bw’itsinda ry’abadepite bakomoka muri Buganda bwo kuzahatana mu matora yo mu 2021 nk’umukandida rukumbi w’ishyaka NRM riri ku butegetsi kuva mu 1986.

Ibi byabereye muri mitingi yabereye ahitwa Namayumba, mu Karere ka Wakiso kuwa Gatanu ushize nk’uko tubikesha ikinyamakuru The New Vision.

Abayoboke b’ishyaka NRM muri aka karere banahaye Perezida Yoweri Museveni impano igizwe n’icumu, intebe, ibitoki n’inkoko.

Perezida Museveni akaba yarashimiye abaturage ba Namayumba mu Karere ka Wakiso, kubw’inkunga bakomeje gutera NRM ndetse n’inkunga batanze mu rugamba rwa NRM rwo kubohora Uganda.


Perezida Yoweri Museveni w’imyaka 74 y’amavuko ari ku butegetsi muri Uganda kuva mu 1986, aho yayoboye inzibacyuho y’imyaka 10 kugeza mu 1996, manda ya mbere akaba yarayiboye kuva muri uyu mwaka kugeza mu 2001, kuri ubu akaba ashaka guhatanira manda ya gatandatu, nyuma ya manda ya gatanu yatorewe mu 2016.


