Igihugu cya Sudani y’Epfo cyabaye umunyamuryango wa EAC ku mugaragaro nyuma yo kubonana kwa perezida Salva Kiir na Chairman wa EAC, perezida John Pombe Magufuli bagashyira umukono ku masezerano yo kwinjiza iki gihugu mu muryango.
Abakuru b’ibihugu byombi babanje kubonana kuwa Gatanu i Dar es Salaam baraganira mbere y’uko bucya kuwa Gatandatu tariki 16 Mata 2016 Sudani y’Epfo isinya ku mugaragaro amasezerano ayigira umunyamuryango wa 6 w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), aho isoko ry’uyu muryango kuri ubu ari miliyoni 164 z’abaturage.
Mu nama ya 17 y’abakuru b’ibi bihugu bigize uyu muryango iheruka nibwo perezida Magufuli yahawe ububasha bwo gusinyisha Sudani y’Epfo amasezerano yo kuyinjiza mu muryango aho yiyongera ku bihugu byari bisanzwe ari byo Uganda, Tanzania, Rwanda, Burundi na Kenya.
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yashimiye mugenzi we wa Sudani y’Epfo kuba yaragaragaje ubushake bwo kwinjira muri EAC nyuma y’amezi ane gusa igihugu cye kibonye ubwigenge. Abakuru b’ibihugu bigize umuryango bakaba basanga kwifatanya na Sudani y’Epfo bifitiye inyungu akerere kose nk’uko iyi nkuru dukesha chimpreports ikomeza ivuga.
Perezida Salva Kiir nawe yashimiye bagenzi be kuba baremeye kwakira igihugu cye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kuri ubu ubarirwa umusaruro w’imbere ungana na miliyari 134 $.
Perezida Magufuli kandi yahise asaba ubunyamabanga bwa EAC gutegura uburyo bwo kwihutisha kwinjiza Sudani y’Epfo mu bikorwa by’umuryango na gahunda z’imishinga zawo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



