RDC: Hazamuwe ibirego bishya bishinja ingabo za Tanzania guhohotera abagore

Sangiza iyi nkuru

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) kuri uyu wa gatandatu bwatangaje ko bwakiriye ibirego bishya bijyanye n’ifatwa ku ngufu bishinjwa ingabo ziri muri ubu butumwa.

Umuryango w’Abibumbye mu ntangiriro z’uku kwezi ukaba wari watangaje ko uri gukora iperereza ku birego bishinja ingabo za Tanzania ziri mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Congo, ihohotera rishingiye ku gitsina zakoreye abagore batanu n’abakobwa batandatu zikabasiga bose batwite.

Umuyobozi w’ubutumwa bwa Loni muri Congo, Maman Sidikou, yabwiye abanyamakuru I Kinshasa ko ibyo birego 11 bishinjwa imitwe y’ingabo za Taanzania zavuye muri Congo muri Nyakanga, ariko hakaba hazamutse ibindi birego 7 bishya.

U.N. peacekeepers from Tanzania attend a special parade for their slain colleague Major Hatim Shaban killed in an operation with the Congolese army to drive back M23 rebels in Munigi outside Goma in the eastern Democratic Republic of Congo, August 31, 2013. REUTERS/Thomas Mukoya

Bitanu muri ibyo birego nk’uko Reuters dukesh iyi nkuru ikomeza ivuga, bishinjwa na none ingabo za Tanzania zageze muri Congo mu mpera za Nzeri, ikirego kimwe kikareba umusirikare wa Afurika y’Epfo, icya nyuma kikaregwa umusirikare wa Malawi.

Sidikou avuga ko ibirego bashinjwa birebana no gutera inda kandi umunani mu batewe izo nda bakaba ari abana bakiri bato.

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Congo bwatangiye mu ntambara hagati y’abaturage yabaye hagati y’1998 kugeza mu 2003, bukaba ari bwo butumwa burimo ingabo nyinshi kurusha ubundi, aho bubarirwamo ingabo 20,000.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns.@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *