RDC: Komanda wa Polisi yishwe n’inyeshyamba za Mai-Mai nyuma yo kumushimuta

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba za Mai-Mai mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 05 Kanama, zishe Komanda wa polisi ahitwa Itendi, agace gaherereye ku muhanda uhuza Butembo na Manguredjipa, muri Teritwari ya Lubero, ho muri Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko byatangajwe na sosiyete sivile yo muri aka gace, uyu komanda wa polisi witwa, Muhindo Raoul, ngo yishwe nyuma y’amasaha makeya ashimuswe n’agatsiko k’inyeshyamba za Mai-Mai.

Perezida wa Sosiyete Sivile ya Manzia, Cyprien Sangala, yagize ati: “Twumvise gucengera kwa Mai-mai ahagana saa tanu z’ijoro. Ni Komanda wa polisi wari ugenderewe. Bamushimuse, hashize igihe gito, baramwica,”

Uyu yongeyeho ko inyeshyamba zanatwaye imbunda ya AK-47 y’uyu komanda wa polisi nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Umuyobozi wa Teritwari ya Lubero, Richard Nyembo wa Nyembo yemeje aya amakuru, yizeza abaturage ko hatangiye iperereza ngo abakoze ibi bakurikiranwe bazashyikirizwe ubutabera.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *