Umugabo ufite abana 6 yatawe muri yombi ashinjwa gukorera iyicarubozo inyamanswa nyuma yo gufatwa asambanya imbwa y’umugore we nk’uko byatangajwe n’igipolisi cyo mu mujyi wa New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Igipolisi cya New York kivuga ko cyataye muri yombi Jesus Gutierrez w’imyaka 39 utuye Manhattan nyuma yo kumushinja gusambanya imbwa y’umugore we w’imyaka 43. Uyu mugabo akaba yashinjijwe gukorera iyicarubozo inyamanswa no gukorana igikorwa cy’urukozasoni n’inyamanswa, akaba yarahise afungwa ariko aza kurekurwa.
Nk’uko amakuru aturuka muri polisi akomeza avuga, umugore w’uyu mugabo ngo yatangiye gukeka ko Gutierrez asambanya imbwa ye nyuma yo kubona iyo mbwa ikunda kwihisha buri uko nyamugabo yabaga ageze mu rugo.
Umugore rero yigiriye inama yo guhisha camera maze ubwo hari kuwa Gatatu ifotora Gutierrez asambanya iyo mbwa iminota irenga 30 yose nk’uko WWWNews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Iyi nkuru isoza ivuga ko iyi mbwa yanakomerekejwe n’uyu mugabo ariko ngo ikaba irimo irakira.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com


