Umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa ICC washyizwe ku isoko ry’umurimo

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwashyize ku isoko ry’umurimo umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru mu gihe habura igihe gito ngo amasezerano y’akazi ya Fatou Bensouda agere ku musozo.

Biteganyijwe ko manda y’imyaka 10 ya Bensouda izarangira ku itariki 15 Kamena 2021, akaba kuri ubu akurikiranye uwahoze ari inyeshyamba ya LRA, Dominic Ongwen, ku byaha ndengakamere ashinjwa gukorera mu majyaruguru ya Uganda byasize abantu magana bishwe n’amazuu agatwikwa.

Kuri ubu Ongwen arimo kwiregura imbere y’uru rukiko i La Haye mu Buholandi.

Nk’uko itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ku rubuga rwa ICC kuri uyu wa Gatatu rivuga, ngo hagendewe ku ngingo y’112 y’amasezerano ya Roma yashyizeho uru rukiko, hatangiye inzira yo gushaka Umushinjacyaha Mukuru uzasimbura Bensouda.

Fatou Bensouda wavukiye muri Gambia, yatangiye imirimo ye kuwa 15 Kamena 2012.

Mbere yahoo, yabanje kuba Umushinjacyaha wungirije wa ICC nyuma yo gutorwa ku majwi menshi n’inteko y’ibihugu byashyize umukono ku masezerano yashyizeho urukiko kuwa 08 Kanama 2004, akaba yaragumye kuri uyu mwanya kugeza muri Gicurasi 2012.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *