Abantu 12 baguye mu mirwano yahuje ingabo za Congo, FARDC, n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Maà¯-Ma௠Simba . iyo mirwano ikaba yabereye kuri uyu wa Kabiri nyuma ya saa sita ahitwa Biakato-Centre, agace gaherereye mu birometero nka 250 mu majyepfo y’uburengerazuba bw’umujyi wa Bunia muri Teritwari ya Mambasa.
Mu bishwe biravugwa ko 11 ari inyeshyamba nk’uko byemezwa n’umuyobozi muri aka gace, igisirikare nacyo kikavuga ko cyatakaje umusirikare umwe abandi batatu bagakomereka, kinafata imbunda 2 za AK 47 na rokete 2.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko ibirindiro by’ingabo za Congo byagabweho igitero mu rukerera nka saa kumi ahitwa Biakatumai mu birometero nka 3, inyeshyamba zigahita zikomereza ahitwa Biakato-centre mbere yo gusubizwa inyuma n’ingabo za leta.
Iyi mirwano ngo yari yatumye ibikorwa byose bihagarara, abaturage bamwe bahejejwe mu ngo zabo kuva imirwano itangira kugeza nka saa kumi n’ebyiri. Amashuri, isoko na za butike bikaba bitigeze bifungura.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



