Amarira n’agahinda nibyo byagaragaye mu muhango wo gusezeraho bwa nyuma, Nsanzamahoro Denis benshi bazi ku izina rya Rwasa, wari uzwi muri filimi Nyarwanda.
Ni umuhango wabereye Kicukiro mu Mujyi wa Kigali kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Nzeri 2019, ukaba witabiriwe n’imbaga irimo n’abo mu muryango n’inshuti by’umwihariko ababanye na we mu ruhando rwa Cinema nyarwanda.
Isengesho ryo gusabira Nyakwigendera ryayobowe na Pasiteri Museveni, nyuma ababanye na we bagenda bagaruka ku myitwarire ye, abo yagiye afasha mu buryo butandukanye, bagira bati “Yari umugabo w’intangaruguero”.
Nyuma yo kumusezeraho bwa nyuma mu rugo aho yari atuye Kicukiro, umuryango we, inshuti ndetse n’abandi batabaye bamuherekeje mu irimbi rya Rusororo.
Denis yapfuye ari ingaragu ariko kenshi akaba yarakuze kuvuga ko afite umwana w’umuhungu
Â



Â
-

Uncle Austin kwihangana byamunaniye asuka amarira ubwo yavugaga ijambo
Â


Â

Â
-

Hon.Bamporiki Edouard na Minisitiri Nduhungirehe Olivier bari bitabiriye uyu muhango

Â

Â
-

Willy Paul wari uyoboye uyu muhango kwihangana byamunaniye atanga umwanya baramusimbura
-

Nsanzamahoro yashimwe ibwigwi byaranze ubuzima bwe kuri iyi si
-

Abiganye na Nyakwigendera mu mashuri abanza baje kumusezeraho

-

Inshuti za Rwasa zirimo abo bakinanye muri Sakabaka zari zaje kumusezera bwa nyuma

-

Abo mu muryango wa Rwasa bshimiye ababatabaye
-

Abakinanye na Rwasa muri Sakabaka biyemeje kurangiza Filime yendaga gukora yitwa Pilato
Â


-

Hon. Bamporiki Edouard n’agahinda kenshi
AMAFOTO : Igihe


