Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Barack Obama kuri uyu wa Kane Taliki 20 Mata 2016 yagiriye uruzinduko muri Arabie Soudite, mu gihe ibi bihugu byari bisanzwe bitavuga rumwe.

Obama yagiranye ibiganiro, n’umwami wa Arabie Soudite, Salma bigamije gushimangira imigenderanire mbere yo kwitabira inama ihuza ibihugu byo mu kigobe cy’ibihugu bya Abarabu kuri uyu wa Kane.
Nk’uko BBC ibivuga, ngo umunyamakuru wayo, ukorera muri Amerika avuga ko amakuru agenda abona n’uko abantu bo muri Arabie Soudite bavuga ko Amerika yabirengagije ntigire icyo ivuga ku birebana n’ikibazo cya Iran.
Mu gihe USA na Arabie Soudite bari basanzwe barebana ay’ingwe, bivugwa ko iki gihugu Obama yasuye cyaba gitera inkunga umutwe w’iterabwoba wa Islamic State,ariko byatunguranye ubwo yafataga icyemezo akerekezayo.

Iyi ni intangiro y’urugendo ruzamara icyumweru Obama agenda akorera mu bihugu bitandukanye, akazabisoreza mu Bwongereza n’Ubudage.
Uru rugendo arukoze nyuma y’uko aherutse kugirira urugendo muri Cuba,nyuma y’igihe kirekire ibyo bihugu bitavuga rumwe hakaba hiyongereyeho Arabie Soudite nayo ishinjwa gutera inkunga imitwe y’abiyahuzi.
Ibyo bituma abakurikiranira hafi ibya Politiki, bibaza niba bitaba ari ugushaka guharura inzira y’abazamusimbura ku buyobozi, mu gihe muri USA hitegurwa amatora ya Perezida muri uyu mwaka, bityo ngo ajye ku rutonde rw’abagaruye amahoro ku isi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


