Uganda: Maj. Gen.Levi Karuhanga yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Paddy Ankunda umuvugizi w’igisirikare cya Uganda UPDF, niwe wemeje aya makuru ko Maj. Gen. Levi Karuhanga wari Umukuru w’urukiko rwa gisirikare rwa Uganda yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Mata 2016.
Paddy Ankunda avuga ko yapfuye ubwo yari ari iwe by’umwihariko akaba yari amaze gufata amafunguro, ati: “ Yaguye iwe mu rugo amaze gufata ifunguro ”.

karuhanga
Maj. Gen. Levi Karuhanga

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda, ngo Maj. Gen. Levi Karuhanga yari afite imyaka 60 y’amavuko, akaba yari amaze iminsi yivuza uburwayi bw’umutima.
Mu mwaka w’1981 nibwo Levi Karuhanga yinjiye mu mutwe w’inyeshyamba z’ishyaka NRA zari ziyobowe na Museveni kugeza ubwo zageraga mu gihugu zikavanaho umunyagitugu Milton Obote .
Ubwo yageraga muri izo nyeshyamba zari ziyobowe na Museveni, yari umusirikare wa 57 winjiye muri uwo mutwe, mu myaka 25 yahawe imyitozo ya gisirikare mu bihugu bitandukanye (Misiri, Ubushinwa, Kenya na Nigeria).
Uretse kuyobora imirimo itandukanye mu gisirikare UPDF cya Uganda, mu mwaka wa 2007 Maj. Gen. Levi Karuhanga yayoboye ingabo z’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika zari muri Somalia (AMISOM),…
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *