Umuyobozi ukomeye w'inyeshyamba yiciwe hafi y'umupaka w'u Rwanda n'u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi ukomeye w’inyeshyamba za Mai-Mai yiciwe mu gace k’imisozi miremire ka Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Bilometero bike uvuye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.

Uyu muyobozi w’inyeshyamba wishwe yari azwi ku izina rya Col Njwapa, akaba yararashwe n’umutwe w’Abanyamulenge wa Twirwaneho, ukorera mu Minembwe.

Ikinyamakuru Chimpreports gitangaza ko umuyobozi wa Sosiyeti Sivile muri Minembwe yagitangarije ko Col Njwapa yarashwe mu ijoro ryo ku wa Mbere w’iki cyumweru, gusa ngo mu mpera z’icyumweru gishize hamwe n’ingabo ze bakaba bari bagose ikibuga cy’indege cya Minembwe bototera kugifata.

Iki kinyamakuru kandi gitangaza ko izi nyeshyamba za Mai-Mai zikorana n’inyeshyamba za Re-Tabbara zikomoka mu Burundi, zikaba zigaba ibitero mu Minembwe agace gatuwemo n’abo mu bwoko bw’abanyamulenge.

Ubuyobozi muri aka gace bwatangaje ko urupfu rw’uyu mukoloneri ari igihombo gikomeye kuri izi nyeshyamba za Mai-Mai na Red-Tabbara. Kanda hano usome inkuru bifitanye isano

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *