Burera: Umukozi wo mu rugo aracyekwaho kwica abana batatu na we akiyahura

Sangiza iyi nkuru

Mu mudugudu wa Gatare, akagari ka Butare, umurenge wa Cyeru mu karere ka Burera, Intara y’Amajyaruguru, haravugwa inkuru y’umukobwa ucyekwaho kwiyahura amaze kwica atemye abana batatu b’aho yakoraga mu rugo.

Ni mu rugo rw’uwitwa Habumuremyi J.de Dieu na Musengimana Theresie, umugabo ni inkeragutabara yari yaragiye mu mahugurwa n’aho umugore akaba asanzwe akora akazi k’ubudozi ari nako yari arimo.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu nibwo umukozi w’umukobwa w’imyaka 25 witwaga Bazubagira Clementine yasanzwe amanitse mu mugozi, abana batatu nabo bishwe, bigakekwa ko ari we wabishe mbere yo kwiyahura.

Abo bana bishwe ni Iradukunda Yvonne(imyaka 13 wigaga mu mashuri yisumbuye, Mugisha Danny (imyaka 6) na Masengesho Isabelle (imyaka 4), bakaba batemeshejwe umuhoro.

Uyu muryango ngo wasigaranye abana babiri muri batanu wari ufite. Abarokotse ni abana bato bakurikirana, barimo uwari waragiye kwa nyirakuru n’umuhererezi nyina yari ahetse yamujyanye ku kazi aho adodera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeru, Nizeyimana Theogene aganira n’Umuseke yemeje aya makuru y’ubu bwicanyi, ko abana batatu bishwe batemwe mu mutwe, n’umukozi waho basanga amanitse mu mugozi.

Uyu muyobozi avuga ko urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza kugira ngo barebe niba urupfu rwa bariya bana rwaba rwagizwemo uruhare n’uriya mukozi na we basanze yiyahuye.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *