Nyuma y’urupfu rwa Colonel Buzubona Emmanuel wishwe arasiwe imbere y’iwe ubwo yari atashye muri Zone Kinama, abari ku butegetsi mu Burundi n’abatavuga rumwe nabwo bakomeje gushinjanya kwica uyu musirikare wari mukuru mu ngabo z’u Burundi, aho Hussein Radjabu nawe ashinja ubutegetsi kuba inyuma y’urupfu rwe.
Nubwo abasanzwe mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD bakomeza gushinja abari mu mitwe irwanya ubutegetsi ko ari bo bivuganye Col Buzubona, ku rundi ruhande Hussein Radjabu we siko abibona ahubwo asanga nyakwigendera yarishwe n’ubutegetsi.
Hussein Radjabu wabaye perezida wa CNDD-FDD kuva mu 2005 kugeza mu 2007, ashinja urupfu rwa Col. Buzubona Emmanuel abategetsi b’u Burundi n’abegereye ubuyobozi bw’ishyaka CNDD-FDD.

Hussein Radjabu avuga ko nyakwigendera yaba yarishwe kubera gukorana na Gen. Godefroid Niyombare n’abandi barwanyije manda ya gatatu ya perezida Nkurunziza.
Aganira n’urubuga Bishasha.com rwo mu Burundi dukesha iyi nkuru, Hussein Radjabu yagize ati: “Yari umuntu wari usanzwe ukoreshwa mu bitari bicye, akabiyoboka atabyemera kuko hari ibibazo bimwe bimwe bagiye bamukoreshamo bya Cibidaho n’ahandi, kuko hari amadosiye menshi njye nagiye nkurikirana, yari umuntu rero “Bitumwako” kugirango bamukoreshe ibitari bicye. Ariko ku bintu bijyanye no kumena amaraso, ni umuntu n’ukuri utarabyemeraga na rimwe, ari nayo mpamvu n’ibi bijyanye no kwica urubyiruko mu mujyi na za Musaga, za Kinama na hehe, hose yagiye abitera ibyatsi”
Yakomeje avuga ko mu minsi ye ya nyuma yafashwe akajyanwa mu biro by’iperereza agahatwa ibibazo bamushinja gukorana na Gen. Niyombare, ba Sindumuja n’abandi bose ngo bizwi neza ko bamaganye manda ya gatatu ya Nkurunziza.

Hussein Radjabu yakomeje avuga ko benshi mu bari baziranye nawe bagerageje kumuvuganira bavuga ko bamurenganya ari umuntu wikorera akazi ke agasangira na bose bikaba atari byiza kurenganya abantu gutyo.
Yongeyeho ko aribwo bafashe umugambi wo kumurekura ariko bahigiye guhita bamukuraho. Yavuze ko ari yo mayeri akoreshwa, aho yavuze ko hari abatari bacye bafatwa bavugirwa na bamwe mu bayobozi b’ishyaka nyuma hakabaho gutegura kubica basohotse.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


