Perezida Tshisekedi yasabye Papa Francis gusura Congo

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatumiye umushumba wa Kiliziya Gaturika, Francis kugira ngo azasure iki gihugu agiye kumara umwaka ayoboye.

Umuyobozi mukuru ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi ya Congo Kinshasa, yatangarije ko Perezida yatumiye Papa,  ubwo yari mu birori by’umunye Congo, Fridolin Ambongo, wagizwe umukalidinali.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyo mu Budage, Die Zeit, Papa Francis wateganyaga gusura iki gihugu mu 2018, yagitangarije ko yarusubitse kubera Perezida Kabila wari ukomeje gutsimbarara ku butegetsi, bityo kubera ibibazo bya politiki byari muri iki gihugu ararusubika.

Mgr Luis Mariano Montemayor, ashimangira ko uruzinduko rwa Papa rwasubitswe n’ibibazo byari biriho kubera amatora y’umukuru w’igihugu Kabila yasubikaga.

Ikinyamakuru Actualitecd gitangaza ko Kiliziya gaturika yagize uruhare rukomeye kugira ngo amatora y’umukuru w’igihugu mu 2018 abe, bityo inigaragaza ubwo havukaga impaka z’ibyavuye mu matora.

Ntihatangazwa niba azasubukuru uru rugendo rwe yasubije mu myaka ibiri ishize, nyuma y’ubu butumire yahawe na Tshisekedi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *