Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Kimironko, Angelique Uwinkindi atangaza ko hari amakuru y’umugabo witwa Yozefu w’imyaka 35 wateye icyuma mugenzi we witwa Isaie mu rubavu aramukomeretsa cyane nyuma na we akikata ijosi agahita apfa.
Gitifu Uwinkindi yabwiye Umuseke dukesha iyi nkur ko ib byabaye ahagana saa munani z’amanywa kuwa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira mu mudugudu wa Urugwiro I, Akagari ka Nyagatovu, Umurenge wa Kimironko ayobora.
Ati “ Twatabajwe batubwira ko umuntu ateye undi icyuma nawe akakitera mu ijosi ariko nta makuru arambuye y’icyo bapfaga turamenya kuko biri gukorwa n’inzego z’umutekano ni ukuvuga Polisi na RIB.”
Uyu muyobozi avuga ko uwapfuye yari asanzwe ari umuturage wapagasaga ariko ngo ntawamenya icyo yaba yarapfuye na Yozefu kugeza ubwo amutera icyuma.Avuga ko aba bombi bari basinze.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Ubuyobozi butegereje ko uwatewe icyuma yagarura agatege, akaba yatanga amakuru yatuma hamenyekana icyateye kiriya gikorwa cyavuye mo urupfu no gukomeretsanya bikomeye.


