Uwacyekwagaho gushakira ibiryo inyeshyamba yishwe ajugunywa muri Rusizi

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wari wafashwe ku cyumweru tariki ya 13 Ukwakira 2019, ashinjwa gukorana n’inyeshyamba zirwanya Leta y’u Burundi yiciwe muri kasho y’urwego rushinzwe iperereza umurambo we ujugunywa mu ruzi rwa Rusizi.

Yapfuye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 14 Ukwakira 2019, nyuma y’iyicarubozo yamaze amasaha akorerwa n’abashinzwe iperereza.

Amakuru sosmedias/ Burundi yahawe n’umwe mu bapolisi b’u Burundi avuga ko uyu mugabo batatangaje amazina, yafashwe ku cyumweru ahagana saa Cyenda z’amanywa mu gasanteri ka Ndava, Komini Buganda. Yashinjwaga gukusanya ibiribwa bizashyirwa inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Yakorewe iyicarubozo agera aho ata ubwenge mbere y’uko ashiramo umwuka. Umurambo we wajugunywe mu ruzi rwa Rusizi”.

Umwe mu muryango we, avuga ko yagiye gushakisha muri gereza zose ariko araheba. Ati “Umuvandimwe yafashwe ubwo yari avuye ku isoko rya Ndava. Nta shyaka na rimwe yabarizwagamo cyangwa umutwe w’inyeshyamba”.

Iki kinyamakuru cyavuganye na Venant Miburo, uhagarariye urwego rw’iperereza muri Cibitoke, yahakanye aya makuru yise ibihuha mu gihe abaturage bo bemeza ko yatwawe ku manywa y’ihangu n’uru rwego rushinzwe iperereza.

Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri RD Congo habarizwa imitwe y’inyeshyamba nka Red-Tabbara, FNL, Forebu,… ivuga ko irajwe inshinga no gukuraho Leta y’u Burundi, bityo bamwe mu baturage begereye umupaka bakaba bahunga igihugu bakajya kuyiyungaho, ibintu bisa nk’ibihangayikishije Leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *