Umunyarwanda yafashwe akekwaho kwibisha imbunda muri Mbarara na Ntungamo

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’Umunyarwanda Sam Nkurunziza n’abandi bantu umunani bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda bashinjwa ubujura bwitwaje imbunda bwabereye mu Turere twa Ntungamo, Mbarara n’agace ka Bwebajja mu murwa mukuru wa Kampala, Uganda mu bihe bitandukanye.

Nkurunziza na bagenzi be bafatiwe mu bice bitandukanye byo muri Uganda ku bufatanye bwa polisi ya Uganda, agashami kayo ka ‘Flying Squad’ n’Urwego Rushinzwe Iperereza mu Gisirikare ( CMI) kuwa Mbere tariki ya 21 Ukwakira uyu mwaka.

Mu bafatanwe na Nkurunziza barimo abacunga umutekano ari bo;  David Mawanda uzwi nka Seka, Gerald Nsubuga na Ronald Pulusiya. Abandi ni Rodgers Karenzi, Fred Bahati, Brian Mbogo, Nuwagaba Obadia na August Tumwine.

Iyi nkuru dukesha The independent ivuga ko Sam Nkurunziza ari muri batandatu bafaswe na CMI ubwayo bafite imbunda zifite ibirango bya Uganda n’ibya Congo-Kinshasa.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yavuze ko aba bagabo bakekwaho kugira uruhare mu kwiba mu turere twavuzwe haruguru kuwa 10 no kuwa 26 nzeri 2019.

Ati “ Twafashe amabandi yaramaze igihe yiba muri Ntungamo. Twari tumaze igihe tuyakurikirana. Dufite ibirego bitatu by’ubujura byo kuwa 10 no kuwa 26 Ukwakira. Mu mukwabu twafashe batandatu tunasangana imbunda ebyiri za SMG. Imwe ni iyo muri Congo, indi ni iya hano [Uganda].”

Enanga avuga ko Umunyarwanda Sam Nkurunziza afite urugo muri Kawempe mu mujyi wa Kampala ariko ngo bikaba bivugwa ko afite urundi muri Afurika y’Epfo.  Avuga ko aba bajura barandatu bari kumwe na Nkurunziza bakoreshaga moto eshatu mu bikorwa byabo by’ubujura muri Mbarara na Ntungamo ndetse ko bari bafite n’uduhishamasura (mask) bamabaraga igihe bagiye kwiba kugira ngo batamenyekana.

Enanga yemeza ko David Mawanda uzwi nka Seka, Gerald Nsubuga na Ronald Pulusiya bakoraga nk’abacunga umutekano kuri sitasiyo ya esansi ku manywa ahitwa Bwebajja mu Karere ka Wakiso ariko mu ijoro bagahinduka amabandi.

Avuga ko hibazwa ukuntu aba bagabo baba barahawe akazi kandi ari ba bihemu.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Kuri ubu David Mawanda , Gerald Nsubuga na Ronald Pulusiya bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Katwe mu gihe bagenzi babo bafatiwe mu gice cya Ankole bafungiwe kuri Sitasiyo Nkuru ya Polisi  iri mu Mujyi wa Mbarara.

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *