Abagerageje gutoroka mu nyeshyamba ziherutse kugaba igitero mu Rwanda bicishijwe udufuni

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bofisiye bo ku rwego rwa Liyetona wishyikirije Monusco mu mpera z’icyumweru gishize yatangaje ko byibuze mu cyumweru abarwanyi bari hejuru ya batatu bari kwicwa bakubiswe agafuni mu nyeshyamba za RUD URUNANA, ziherutse kugaba igitero mu Rwanda zikica abaturage basaga 10.

Uyu wari umurwanyi ukomeye muri RUD dore ko yigeze kungiriza Kapiteni Nshimiyimana Cassien uzwi nka Gavana, wari ukuriye Kompanyi CRAP, ari na we wayoboye ubwicanyi bwakorewe abaturage bo muri Kinigi ho mu Murenge wa Kinigi.

Ikinyamakuru Rwandatribune.com dukesha iyi nkuru, kivuga ko uwo murwanyi yagitangarije ko mu mataliki ya 8 n’iya 9 z’uku kwezi honyine hishwe abarwanyi 6 bicwa na Liyetona Rukundo Christian ukuriye PM (Police militaire ) muri RUD URUNANA, abo basore bakaba barinubiraga ubuzima barimo.

Aba barwanyi bashatse kwigumura bavuga ko kuva mu kwezi kwa Munani 2019 batarabona uko batora agatotsi kubera ibitero bya FARDC.

Aya mabwiriza akarishye arimo igihano cyo kwicwa ari guterwa ngo n’uko aba barwanyi batakaje morali kubera ko aho bakuraga ibiribwa bahambuwe na FARDC.

Izi nyeshyamba ngo zikaba zarambuwe uduce twa Gatanga, Nyabanira, Giseguro Sarambwe na Nyamirima, ibiro bikuru bya RUD byahitwa Makoka nabyo ngo bikaba byarahawe inkongi na FARDC.

Uyu mu ofisiye kandi yatangaje kuri posita yahitwa Mikotokoto, muri Binza ku wa Gatandatu taliki ya 19 hiciwe umusore w’umurundi winjiriye i Minembwe muri P5 wasabye ko bamucyura iwabo ko ibyo bamubwiraga ntabyo arikubona.

Uyu murundi ngo yanengaga ukuntu imbunda imwe icungwa n’abantu umunani, bityo ngo bahita bamwica. Ikindi ni uko aba barwanyi basanga ntacyo barwanira.

Umutwe wa RUD URUNANA ni mwe mu nyeshyamba za P5 ziherutse kugaba igitero mu kinigi zikica abasivili  abandi bagakomereka, mu bagabye iki gitero 19 baguye mu gikorwa cya RDF cyo guhiga abo barwanyi abandi barafatwa.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *