Burundi: Abasirikare 2 nibo bafashwe bashinjwa kwica Gén.Kararuza Athanase

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’urupfu rwa Brig Gén KARARUZA Athanase wari umusirikare mu ngabo z’u Burundi wishwe n’abantu bari bamugabyeho igitero, kuri ubu abasirikare 2 nibo bamaze gutabwa muri yombi bashinjwa kubigiramo uruhare bakaba bafungiye muri gereza ya Mpimba.
Caporal Roger Gateretse hamwe na Caporal Prosper Nikoyagize nibo bafashwe ngo bakaba barahoze bacunga umutekano kwa Gen Fabien Nzisabira waje kujya gukorera muri Ambasade y’u Burundi mu Bubiligi, urugo barindaga ruherereye i Gihosha, mu gisagara ca Bujumbura ari naho bafatiwe.
major2
Ku wa mbere nibwo aba basirikare batawe muri yombi bagezwa muri Gereza ya Mpimba ku wa kabiri nyuma y’ijoro rimwe baraye muri gereza y’urwego rushinzwe iperereza i Bujumbura.
Nyuma yo kwicwa kwa Brig Gén Kararuza, umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza yatanze iminsi 7 yonyine ngo inzego z’umutekano zibe zarangije gufata abagize uruhare mu kwica uwo musirikare ndetse banashyikirizwe ubutabera.
Yari yagize ati : “turasaba twicishije bugufi ko Imana yatujya imbere, kugirango abakoze ayo mahano batabwe muri yombi bahanwe mu maguru mashya hakurikijwe amategeko”.
Ku wa mbere tariki ya 25 Mata 2016, nibwo Gén de Brigade Athanase Kararuza yagabweho igitero yicanwa n’umufasha n’umwana we bari kumwe, abarinzi be barakomeretse bikabije.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *