N’ubwo u Burundi busa n’ubwahawe akato n’amahanga ku bw’umutekano muke n’ihonyora ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu bivugwayo, Uburusiya bwiyemeje kubushyigikira.
Kuva mu 2015, ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yavugaga ko aziyamamariza manda ya gatatu, mu kwiyamamaza kwe, gutsinda amatora na nyuma yaho, mu Burundi havugwamo umutekano muke ngo uterwa ahanini n’umutwe w’urubyiruko w’Imbonerakure ushamikiye ku ishyaka rya CNDD-FDD. Bivugwa ko uyu mutwe wibasira abatari muri iri shyaka.
Amahanga ndetse n’imiryango mpuzamahanga byamaganye ubutegetsi bw’u Burundi ku bwo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryasohoye raporo igaragaza ihonyora ry’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, ibihugu bitangaho ibitekerezo.
Iyi raporo yarasohotse ariko u Burundi ntibwemera ko bufite ikibazo cy’umutekano n’ihonyora ry’uburenganzira bw’abaturage nk’uko amahanga abivuga. Uburusiya ni bwo bwagaragaje ko bushyigikiye ubutegetsi bw’iki gihugu. Bukomeza busaba impunzi zahunze kuva mu 2015 kugaruka mu gihugu.
Ibibazo by’umutekano muke ni byo byatumye u Burundi bwangirwa kwinjira mu muryango w’ibihugu biri mu majyepfo y’Afurika (SADC) inshuro ebyiri. Perezida wa Namibia Hage Geingob wari uyoboye uyu muryango yasabye u Burundi kubanza gukemura iki kibazo mbere na mbere.
Mu ruzinduko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Ezekiel Nibigira yagiriye mu Burusiya mu minsi ishize, yahuye n’uwo mu Burusiya Sergey Lavlov, bemeza ubufatanye bw’ibihugu byombi bushingiye ku nganda, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubuhinzi nk’uko BBC yabitangaje.
Uburusiya bukomeje kwagura umubano n’ibihugu by’Afurika. Byashimangiriwe mu nama y’iki gihugu n’Abayobozi b’Afurika bagera kuri 50 yabereye mu mugi wa Sochi kuva kuri 23 kugeza kuri 24 Ukwakira 2019.



2 Responses
Uburusiya bushyigikiye u Burundi busa n’ubwahawe akato n’amahanga
amabuye yagaciro nubundi niyo yarikoroje, Nkurunziza yayambuye abanyaburayi ayaha abarusiya. ubundi Nkurunziza avugako abanyaburayi na US ari abatinganyi Imana izabarimbura nkuko yarimbuye sodoma na gomora, atazongera gukorana nabo banyabyaha. kuvubwo kuveza ubu ntibacana uwaka.
Uburusiya bushyigikiye u Burundi busa n’ubwahawe akato n’amahanga
amabuye yagaciro nubundi niyo yarikoroje, Nkurunziza yayambuye abanyaburayi ayaha abarusiya. ubundi Nkurunziza avugako abanyaburayi na US ari abatinganyi Imana izabarimbura nkuko yarimbuye sodoma na gomora, atazongera gukorana nabo banyabyaha. kuvubwo kuveza ubu ntibacana uwaka.