view-shows-damaged-multi-storey-95684569

Ukraine yagabye ibitero bya Drones mu Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo, Ukraine yagabye ibitero bya drones mu mujyi wa Kazan, mu karere ka Tatarstan, mu Burusiya.

Amakuru yatanzwe na guverineri wa Tatarstan, Rustam Minnikhanov, yemeje ko drones umunani zateye uyu mujyi, aho esheshatu zagonze inyubako z’amacumbi, imwe igonga uruganda, naho indi imwe iraswa mu mugezi.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana drone ikubita igorofa yo hejuru y’inzu ndende.

Nubwo ibyo bitero byagize ingaruka ku nyubako, abayobozi batangaje ko nta muntu wigeze ahasiga ubuzima ndetse ingendo z’indege ku kibuga cy’indege cya Kazan zahise zihagarikwa, mu gihe ibirori bihuza abantu benshi byahagaritswe ku wa Gatandatu no ku Cyumweru.

Ibitero bya Ukraine byakurikiye icyabaye ku wa Gatanu, aho Ukraine yagabye igitero mu mujyi wo mu karere ka Kursk kari ku mupaka w’Uburusiya, hifashishijwe ibisasu byatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri icyo gitero, abantu batandatu, barimo n’umwana, barishwe.

Ku rundi ruhande, Uburusiya nabwo bwohereje drones 113 muri Ukraine mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu. Nk’uko ingabo za Ukraine zabitangaje, aho drones 57 zarashwe hasi, mu gihe izindi 56 zaburiwe irengero, bishoboka ko zateshejwe icyerekezo hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu karere ka Kharkiv muri Ukraine, guverineri Oleh Syniehubov yatangaje ko abantu umunani bakomeretse mu bitero bya drones byagabwe ku murwa mukuru w’aka karere, nawo witwa Kharkiv.

Ibi bitero bikomeje kugaragaza ubushyamirane bukomeye hagati y’impande zombi, aho Ukraine ishyira imbaraga mu kwihimura no kugaragaza ko ishobora kugaba ibitero mu Burusiya.view shows damaged multi storey 95684508 view shows damaged multi storey 95684569 view shows damaged multi storey 95684547

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *