Icyo Iran ivuga kuri Amerika yahagaritse ibitero

BGY5FRYCVVKTXHZI7QBKUQTTWM

Guverinoma ya Iran yatangaje ko yiteguye guhagarika ibitero byayo mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zakomeza guhagarika ibitero by’indege imaze iminsi igaba ku butaka bwayo. Ibi bibaye nyuma y’uko Perezida Donald Trump ahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya gisirikare byari bimaze iminsi 13, avuga ko ashaka guha amahirwe ibiganiro bya dipolomasi. Umuyobozi mukuru muri Iran […]

Ingoma ya Perezida Kaïs Saïed muri Tunisia yaba iri mu kaga

000 36KH6D7

Ku wa 25 Nyakanga 2026, igihugu cya Tunisia cyizihije imyaka 69 kibaye Repubulika, ariko uwo munsi wanibukije imyaka itanu ishize Perezida Kaïs Saïed afashe icyemezo cyahinduye amateka ya politiki y’iki gihugu. Ku wa 25 Nyakanga 2021, Tunisia yari mu bihe bikomeye by’icyorezo cya COVID-19, ubukungu bwifashe nabi ndetse n’amakimbirane ya politiki yari yarashegeshe igihugu. Muri […]

Ubuhinde buri gushya! Urubyiruko rwahagurukiye Guverinoma

2026 07 24T194100Z 2004772946 RC2DKMA2AROX RTRMADP 3 INDIA POLITICS PROTEST

Mu murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, urubyiruko rukomeje imyigaragambyo ikaze nubwo Guverinoma yakajije umutekano, ifunga sitasiyo za metero 18 ndetse ikohereza abapolisi benshi ahabera imyigaragambyo. Abigaragambya bari kwitwaza izina “Cockroach Janta Party”, bavuga ko batazava ku izima kugeza igihe Minisitiri w’Uburezi, Dharmendra Pradhan, azegurira. Ariko kugira ngo umuntu yumve impamvu iyi myigaragambyo ikomeye, ni […]

Bari kukuneka bakoresheje email yawe utabizi

GettyImages 92883867

Mu gihe abantu benshi batekereza ko email ari uburyo bwizewe bwo kwakira amakuru no kuvugana, hari ikoranabuhanga rimaze imyaka myinshi rikora bucece, rikurikirana ibyo abakoresha bakora batabizi. Ryitwa “tracking pixel”, cyangwa se “spy pixel”. Nubwo izina ryaryo rishobora gutera ubwoba, ntabwo ari virusi cyangwa porogaramu yinjira muri telefone yawe. Ahubwo ni agashusho gato cyane kataboneshwa […]

Trump arashaka indi manda kandi itegeko nshinga ritabimwemerera

image 1784961611

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze mu buryo bw’urwenya ko aziyamamariza manda ya kane ku mwanya wa Perezida wa Amerika, nubwo Itegeko Nshinga ry’icyo gihugu ribuza umuntu kurenza manda ebyiri. Ibi yabivugiye mu birori bya White House Correspondents’ Association Dinner, byateguwe ku wa 25 Nyakanga 2026, bigamije kwizihiza ubwisanzure bw’itangazamakuru no […]

Ubugereki bwahanuye ibisasu byari birashwe muri Arabia Saudite

2024 01 29T115509Z 665141948 RC2MR5A7Z95E RTRMADP 3 SLOVAKIA USA DEFENCE

Ingabo z’u Bugereki zicunga uburyo bwo kurinda ikirere (air defence) muri Arabia Saudite zarashe zihanura misile ebyiri za balisitiki zari zoherejwe ziturutse muri Yemen, zari zigamije kwibasira inganda zitunganya peteroli zo mu mujyi wa Yanbu. Aya makuru yatangajwe na Reuters ivuga ko iki gitero cyabaye ku wa Gatandatu, aho urwego rushinzwe ubutabazi n’ubwirinzi bw’abaturage muri […]

Perezida wa Bangladesh yeguye

I45454VNGJNAVL337WW2LQACGI

Perezida wa Bangladesh, Mohammed Shahabuddin, yatangaje ko yeguye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kubera uburwayi bukomeye bumaze igihe bumuzahaza. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 24 Nyakanga 2026, Shahabuddin w’imyaka 76 yavuze ko abaganga bamusanzemo indwara yitwa Autonomic Neuropathy, ituma rimwe na rimwe ata ubwenge mu kanya gato. Yagize ati: “Isuzuma riherutse ryagaragaje ko ndwaye Autonomic […]

Nyambo yambitswe impeta mu ibanga

namwe imana izabanezezendabakunda 2d754

Umukinnyi wa filime nyarwanda Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we usanzwe atuye muri Australie, mu muhango wabereye mu muhezo, aho bemeranyije gutangira urugendo ruganisha ku rushako. Amakuru y’uko Nyambo yambitswe impeta yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko uyu muhango wari wabaye mu ibanga rikomeye. Abitabiriye ibyo birori bari barasabwe […]

Intayoberana yagarutse ku rugendo rwayo mbere y’igitaramo “Gira u Rwanda”

IMG 20260723 WA0016

Mu gihe itorero Intayoberana ryitegura igitaramo gikomeye cyiswe “Gira u Rwanda”, kizabera muri Kigali Serena Hotel ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026 Mu Rwanda, amatorero gakondo akomeje kugira uruhare rukomeye mu kubungabunga umurage w’umuco no kuwugeza ku rubyiruko. Afasha abakiri bato kwiga imbyino gakondo, indirimbo z’umuco, gucuranga inanga n’ingoma, ndetse no gusobanukirwa indangagaciro […]

Mu Buhinde: Amakipe yatsinze yahembwe ihene

Winning team with Khasi 1784613553

Mu gace ka Chaibasa muri Leta ya Jharkhand mu Buhinde, habereye irushanwa ry’umupira w’amaguru ryihariye ryahuje amakipe 64 aturutse mu byaro bitandukanye, ariko igitangaje kurusha ibindi ni uko amakipe yitwaye neza yahembwe amafaranga n’ihene aho guhabwa ibikombe gusa. Iki gikombe cyiswe Rangila Star Tirilbasa cyabaye kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 17 Nyakanga 2026, […]

Rurageretse hagati y’Ubushinwa n’Ubuyapani

2HNSEORXZBICNIE6QPHKOHN32I

Guverinoma y’u Buyapani yatangaje ko yamaganye u Bushinwa nyuma y’uko ubwato bwabwo bwa gisirikare bukoreye imyitozo yo kurasa amasasu nyayo mu gace Tokyo ivuga ko kari mu Karere kayo kihariye k’Ubukungu. Iyi myitozo yabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru, hafi ya kilometero 180 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’ikirwa u Buyapani bwita Okinotori. Umuvugizi wa Guverinoma […]

Ibanga rikomeye ku bana ba Putin ryashyizwe hanze

02ef92ec 63b0 4c90 9e06 d9d91a97ceba 45bd149c

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, akunze kurangwa no kurinda cyane ubuzima bwe bwite n’ubw’umuryango we. Nubwo ku mugaragaro azwiho kugira abakobwa babiri yabyaranye n’uwahoze ari umugore we, ibitangazamakuru n’abashakashatsi batandukanye bakomeje kuvuga ko ashobora kuba afite n’abandi bana, n’ubwo ibyo bitigeze byemezwa n’u Burusiya cyangwa Putin ubwe. Inkuru yasohowe na New York Post, ishingiye ku […]

Vinicius Jr yibagishije isura kugira ngo abe mwiza

vinicius jr 213340952

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Brazil ndetse na Real Madrid, Vinicius Junior, yongeye kuvugisha benshi, ariko kuri iyi nshuro si kubera ibyo yakoreye mu kibuga, ahubwo ni nyuma y’uko agaragaye afite isura yahindutse cyane. Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Brazil byabitangaje, Vinicius Jr. yaba yarakoze igikorwa kizwi nka “chin harmonisation”, uburyo bwo kunoza cyangwa guhindura imiterere y’akananwa […]

Amerika yongeye kugaba ibitero simusiga kuri Iran

6a5e6ae89d738.image

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye kugaba ibitero bya gisirikare kuri Iran mu ijoro ryo ku wa 20 Nyakanga 2026, mu gihe Perezida Donald Trump yakomeje kuburira ko Iran izishyura bikomeye igihe cyose Umunyamerika uzaba ari umusirikare yicwa. Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko ibi bitero bishya bigamije […]

Sudani y’Epfo yatangiye kwishyuza Visa Abanyarwanda

53545068026 b946f316f5 k 1170x1048 1

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yashyizeho amafaranga ya $50 (asaga Frw 73,000) ku Banyarwanda bashaka kwinjira muri icyo gihugu, binyuze muri gahunda nshya ya e-Visa. Aya mabwiriza mashya areba kandi abaturage ba Kenya, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe Abarundi n’Abanyasomaliya bo bazajya bishyura $100. Abanya-Tanzania bo bazakomeza kwinjira muri Sudani y’Epfo […]

Tshisekedi yahawe nyirantarengwa 

Boulevard30Juin

Ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rizwi nka C64, ryatangaje ko risubitse imyigaragambyo ryari riteganyije ku wa 22 Nyakanga 2026 mu murwa mukuru Kinshasa. Iyi myigaragambyo yari igamije kwamagana umushinga uvugwaho guhindura Itegeko Nshinga ushyigikiwe n’uruhande rwa Perezida Félix Tshisekedi. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko ku wa 17 Nyakanga […]

Nyarugenge: Umunyeshuri yakubise umwarimu wamufatanye telefoni mu kizami cya Leta

DmZQHEwWsAAHMYu

Mu gihe ibizamini bya Leta byakomezaga hirya no hino mu gihugu, ku wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2026, mu Kigo cya GS Camp Kigali cyakiriye abakandida bo mu Karere ka Nyarugenge, habaye igikorwa cyahungabanyije ituze ry’ikizamini nyuma y’uko umukandida afashwe akoresha telefone mu cyumba cy’ikizamini. Amakuru Bwiza yamenye avuga ko mbere y’itangira ry’ikizamini cya […]

Amerika yahoreye umusirikare wayo wishwe na Iran

afp 6a5d9b4b0f5a 1784519499

Amerika yongeye kugaba ibitero muri Iran ku nshuro ya cyenda yikurikiranya, nyuma y’uko ingabo zayo zitangaje ko umwe mu basirikare bazo yapfiriye mu majyaruguru ya Iraq ubwo hakorwaga igikorwa cyo guturitsa mu buryo bugenzuwe ibisigazwa bya drone ya Iran yari yarahanuwe. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na CENTCOM (Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati), […]

Ghetto yataramiye isi yose, ariko FIFA ntiyabahaye n’urumiya

8ab1eabaa5eea523

Itsinda ry’abana b’ababyinnyi bo muri Uganda rizwi nka Ghetto Kids ryanditse amateka ubwo ryagaragaraga ku rubyiniro rw’ikiruhuko cy’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026, rufatanyije n’umuhanzikazi Shakira ndetse na Burna Boy mu ndirimbo Dai Dai. Ni ubwa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi habaye igitaramo gikomeye cy’ikiruhuko (halftime show), cyitabiriwe n’ibyamamare birimo Shakira, Madonna, BTS […]

Lewis Hamilton yakoze impanuka mbere y’isiganwa rya Belgian Grand Prix

OFCRL6U5PFLTHBC6VD6F43GJZQ

Umutaliyani Kimi Antonelli ukinira ikipe ya Mercedes ni we wabaye uwa mbere mu myitozo ya nyuma (Free Practice 3) mbere y’isiganwa rya Belgian Grand Prix ryabereye ku muhanda wa Spa-Francorchamps mu Bubiligi. Antonelli w’imyaka 19, unayoboye urutonde rusange rwa Shampiyona ya Formula 1, yazengurutse umuhanda mu gihe cy’iminota 1:45.990, asiga amasegonda 0.139 kuri Lando Norris […]

Urubuga rwa Perezida wa Kenya rwagabweho igitero

P46WCFGR5FDEFD42DQCXIBDAKI

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko yatangiye gukora iperereza ku gitero cy’ikoranabuhanga (cybersecurity incident) cyibasiye urubuga rwemewe rwa Perezida w’igihugu, ariko ishimangira ko kugeza ubu nta bimenyetso byerekana ko amakuru y’ibanga yibwe cyangwa yangiritse. Minisiteri y’Ikoranabuhanga, Itumanaho n’Ubukungu bushingiye ku Ikoranabuhanga yavuze ko iki kibazo cyatahuwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Ikoranabuhanga (ICT Authority), gihita gifata ingamba […]

Perezida Traoré yasabye abanyeshuri biga Sharia gutaha bakiga siyansi

1784389159650

Perezida wa Burkina Faso, Kapiteni Ibrahim Traoré, yatangaje ko agiye kuganira na Ambasade ya Arabie Saoudite ku bijyanye n’abanyeshuri bagera kuri 800 bo muri Burkina Faso bari kwiga amasomo ya Sharia (amategeko n’amahame agenga imyemerere n’imibereho y’Abayisilamu akomoka muri Qur’an no mu nyigisho z’Intumwa Muhammad) ku nkunga ya buruse ya Leta. Traoré yavuze ko nubwo […]

Ubushinwa bwihanangirije u Bwongereza

getty 6a5b701d79 1784377373

Guverinoma y’u Bushinwa yatangaje ko iri gukurikiranira hafi icyemezo cy’u Bwongereza cyo kwigarurira uruganda rwa British Steel, rwari rusanzwe rufitwe n’ikigo cy’Abashinwa Jingye Group, ivuga ko icyo cyemezo gishobora kugira ingaruka ku cyizere cy’abashoramari b’Abashinwa. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa yavuze ko uburyo u Bwongereza buzacyemura iki kibazo buzagira uruhare mu kwerekana niba ari igihugu […]

Iran na Amerika baraye barasana

images 14

Intambara iri hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yakomeje gufata indi ntera, aho impande zombi zakomeje kugabanaho ibitero mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira ku wa 17 Nyakanga 2026. Ibi byatumye impungenge z’uko amakimbirane ashobora gukwira mu bihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati zirushaho kwiyongera. Amerika yatangaje ko yagabye ibitero […]

I Geneva hafatiwe imyanzuro mishya ku mahoro ya RDC n’u Rwanda

DR Congo Rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda byongeye gushimangira ubushake bwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington agamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, nyuma y’inama ya gatanu y’Urwego Ruhuriweho rushinzwe Guhuza Ibijyanye n’Umutekano (Joint Security Coordination Mechanism – JSCM) yabereye i Geneva mu Busuwisi ku wa 15 no ku wa 16 Nyakanga […]

Umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi ushobora gusubikwa

GettyImages 2284791341

Mu gihe hasigaye iminsi ibiri ngo hakinwe umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 uzahuza Espagne na Argentine, impungenge zatewe n’umwuka wanduye ushobora kwibasira agace ka New York na New Jersey zishobora gutuma FIFA ihindura uburyo umukino uzakinwamo. Uyu mukino utegerejwe na benshi uzabera kuri Stade ya MetLife ku Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026. […]

Burundi: Ruracyageretse hagati ya CNL na Agathon Rwasa

1784221170769

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwashyize mu mwiherero urubanza rumaze imyaka irenga ibiri rurebana n’ubuyobozi bw’Ishyaka Congrès National pour la Liberté (CNL), mu gihe uwari umuyobozi warwo, Agathon Rwasa, akomeje kugaragaza icyizere ko azongera kugira uruhare rukomeye muri politiki ndetse ko yiteguye kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ateganyijwe mu 2027. Ku wa 16 Nyakanga 2026 ni […]

Urwagwa n’ikigage bigiye kujya bisabirwa uruhushya

1784188255559

LGuverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yashyizeho amabwiriza mashya agenga itegurwa ry’ibinyobwa gakondo bikorwa mu rugo bigategurirwa ubukwe, ibirori, imihango gakondo n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi. Aya mabwiriza agamije kongera umutekano w’ibiribwa n’ibinyobwa ndetse no gukumira indwara ziterwa no kunywa cyangwa kurya ibyanduye. Nk’uko ayo mabwiriza abiteganya, umuntu wese uteganya gutegura ibinyobwa gakondo […]

Amerika yabujije abaturage bayo kujya muri RDC na Uganda

FB IMG 1784186878852

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, binyuze mu Ishami rishinzwe ibibazo bya ba mukerarugendo n’abaturage bayo, yashyize Uganda ku rutonde rw’ibihugu bifite umuburo wo ku rwego rwa kane (Level 4: Do Not Travel), isaba Abanyamerika kutahagirira urugendo urwo ari rwo rwose. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 15 Nyakanga 2026, rikubiyemo ibihugu 23 byo hirya no […]

FIFA ishobora guhana Argentine ya Messi

0d33ae4b 14b8 49b9 8513 ee28c25df390

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rishobora gufatira ibihano Ikipe y’Igihugu ya Argentina nyuma y’uko abakinnyi bayo bizihije intsinzi yo kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi 2026 bitwaje ibendera ryariho amagambo agira ati “Las Malvinas son Argentinas”, asobanura ko Ibirwa bya Falkland ari ibya Argentina. Ibi byabaye nyuma y’uko Argentina itsinze u Bwongereza ibitego […]

U Burusiya bwarashe i Kyiv

2026 07 15T164046Z 166059555 RC2FEMAX5LOJ RTRMADP 3 UKRAINE CRISIS ATTACK ZAPORIZHZHIA 1784160211

Abantu babiri bahitanywe n’igitero gikomeye cya misile u Burusiya bwagabye mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu gitondo cyo ku wa 16 Nyakanga 2026, mu gihe abandi batandatu bakomerekeye muri icyo gitero. Umuyobozi w’Umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yatangaje ko mu bakomerekeye muri icyo gitero harimo n’umuhungu w’imyaka 16. Abakomeretse batatu bahise bajyanwa kwa muganga, […]

Visit Rwanda yasinyanye na Aston Villa

Aston Villa is pleased to announce Visit Rwanda as the clubs Principal Partner Official Touris

Ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League) yumvikanye na Visit Rwanda ko izajya yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda ku gice cy’imbere cy’imyambaro yayo guhera muri shampiyona ya 2026/27. Aya masezerano aje nyuma y’uko Aston Villa yari imaze igihe ishaka umuterankunga mushya uzasimbura Betano, bitewe n’amategeko mashya ya Premier League abuza […]

FIFA yahannye Rayon Sports

HNIkUyiWgAA6 RX

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yongeye gushyira Rayon Sports ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi bashya, igihano kizageza mu mpeshyi ya 2027. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Mbere, tariki ya 13 Nyakanga 2026, aho Rayon Sports yabaye ikipe ya kabiri yo mu Rwanda iri kuri uru rutonde nyuma ya Vision FC, imaze igihe yarafatiwe […]

Tshisekedi yafashe icyemezo gikomeye kuri Ebola

images 12

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yashyizeho Dr Steve Ahuka nk’umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku rwego rw’igihugu, mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya iki cyorezo gikomeje guhitana ubuzima bw’abaturage. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama ya kane y’itsinda ryihariye rishinzwe guhangana na Ebola, yabereye ku Cyicaro […]

Trump ashaka gufunga Iran burundu

OIP 5

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zigiye kongera kugaba ibitero bikomeye kuri Iran, mu gihe amakimbirane hagati y’ibihugu byombi akomeje gufata indi ntera. Trump yavuze ko muri icyo gitero Amerika izatera Iran bikomeye ndetse ko ibitero bizakomeza no ku munsi ukurikiyeho. Nyuma y’aya magambo, Ubuyobozi bw’Ingabo za […]

BNR yazanye uburyo bushya bwo kohereza amafaranga

Rwanda eKash

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko guhera ku wa 14 Nyakanga 2026, Abanyarwanda baratangira gukoresha uburyo bushya bwo kohereza amafaranga hagati ya banki n’ibigo by’imari bitandukanaye binyuze ku rubuga rwa Rwanda National Digital Payment System (RNDPS/eKash), bugamije koroshya no kwihutisha serivisi z’imari. Mu itangazo ryashyizweho umukono na Guverineri wa BNR, Soraya Hakuziyaremye, hagaragazwa ko […]

Umugore wari umaze imyaka 6 muri ICU yapfuye

8d4cd319 7eae 4cd0 93a3 f13e25547cc3

Umugore wo muri Uganda witwa Claire Kirabo, wari umaze imyaka itandatu arwariye mu cyumba cyita ku barembye (ICU) mu Bitaro Bikuru bya Mbarara, yapfuye ku wa 12 Nyakanga 2026, asoje urugendo rw’ubuzima rwari rwaratangaje benshi. Ibitaro bya Mbarara byatangaje ko Kirabo ari we murwayi wamaze igihe kirekire kurusha abandi muri ICU y’ibi bitaro, aho yari […]

Imodoka yari itwaye abasirikare ba UPDF yarahirimye

Overturned military truck in Omoro

Abasirikare barenga 20 bo mu Ngabo za Uganda (UPDF) bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya gisirikare yabereye mu Majyaruguru ya Uganda, mu gace kari hagati y’uturere twa Agago na Omoro, ubwo yari ibatwaye ibajyana aho bagombaga gutangira akazi nyuma yo kurangiza amahugurwa ya gisirikare. Aba basirikare bari mu bari bamaze gusoza amahugurwa yabereye ku Ishuri rya […]

Amerika na Iran bakomeje kugabanaho ibitero

5cc84d20 7e6a 11f1 bee8 53ce494e1abc.jpg

Amerika na Iran bongeye kugabanaho ibitero mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, ibintu bikomeje kongera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi ndetse bikaba byarashyize mu kaga amasezerano y’agateganyo yari yasinywe muri Kamena 2026 agamije kugabanya imirwano no kongera gufungura umuhora wa Hormuz. Igisirikare cya Amerika gishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) cyatangaje […]

Iperereza ryemeje icyishe Kabuga Félicien

25aaa340 3faf 11ed 9870 81cf332d717a.jpg

Nyuma y’amezi hafi abiri Urwego Mpuzamahanga Rushinzwe Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (IRMCT) rutangaje urupfu rwa Kabuga Félicien, raporo y’iperereza ryihariye yashyizwe ahagaragara igaragaza uko amasaha ye ya nyuma yagenze n’ibyashingiweho hafatwa umwanzuro ko yazize urupfu rusanzwe. Kabuga, washinjwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfuye ku wa 16 Gicurasi 2026, ari […]

Umugore yafashe amashusho ari gusambana n’imbwa ye

7028030 1140x599 1

Umugore w’Umunyamerika witwa Cassie Lynn Snay w’imyaka 27 yemeye icyaha cyo gukora ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’imbwa ye ndetse akabifata amashusho, nk’uko bigaragara mu nyandiko z’urukiko. Iperereza ryatangiye nyuma y’uko polisi ifashe telefone y’umugabo witwa Trey Mettler, aho basanzemo amafoto n’amashusho menshi agaragaza ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina byakorewe ku mbwa. Inyandiko z’urukiko zivuga ko Snay yagaragaraga muri […]

Israel yariye akara Trump ko Iran irashaka kumwica

im 27933297

Umwuka mubi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ukomeje gufata indi ntera nyuma y’uko inzego z’ubutasi za Israel zihaye Washington amakuru zivuga ko Iran yaba yateguye undi mugambi mushya wo gushaka kwica Perezida Donald Trump. Aya makuru yatangajwe bwa mbere n’ikinyamakuru The Wall Street Journal, nyuma yemezwa n’abantu babiri bafite amakuru y’imbere […]

Gasopo ya Trump kuri Iran yamwifurije gupfa

14137504 1783752939

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gukangisha Iran kuyigabaho ibitero bikomeye, nyuma y’uko mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, humvikanye abantu bavuga amagambo asaba ko yicwa. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 11 Nyakanga 2026, Trump yavuze ko Amerika […]

Abatinganyi bari kwikuba mu Rwanda

Mu bushakashatsi buheruka gukorwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) mu mwaka wa 2024/2025, hagaragaye ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina mu Rwanda wakomeje kwiyongera, uva ku bihumbi 18 mu myaka ishize ugera ku bihumbi 29. RBC ivuga ko iki cyiciro kiri mu bifite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera SIDA. Nk’uko RBC ibisobanura, impamvu […]

Abarusiya bari kwiba zahabu za Central African: Raporo

CAR PROFIT1 1

Raporo nshya yagaragaje ko abacanshuro b’Abarusiya bahoze mu mutwe wa Wagner, ubu bakorera mu mutaka wa Leta y’u Burusiya, bakomeje kungukira ku mutungo kamere wa Central African Republic, cyane cyane zahabu, diyama n’ibiti, binyuze mu miterere y’umutekano muke umaze imyaka irenga 20 muri iki gihugu. Nk’uko raporo yakozwe n’umuryango Global Initiative Against Transnational Organized Crime […]

Perezida yiyongereye manda, abaturage barahaguruka

AP24025639028445

Ihuriro rishya rihuza abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zimbabwe, imiryango itegamiye kuri Leta n’abayobozi b’amadini ryatangaje ko rigiye guhangana n’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga riherutse kwemezwa, bavuga ko rihabanye n’amahame ya demokarasi. Iri vugururwa ryatangajwe ku mugaragaro ku wa 7 Nyakanga 2026, riteganya kongerera Perezida Emmerson Mnangagwa manda y’imyaka ibiri, ndetse rigakuraho itorwa rya Perezida hakoreshejwe amajwi ataziguye […]

Banki y’Isi na IMF mu bukoroni bushya kuri Afurika

2026 04 07T141649Z 1678286994 RC2DKKACLA8H RTRMADP 3 EMERGING MARKETS IMF 1776390082

Mu gihe ibihugu byinshi bya Afurika bikomeje guhura n’ibibazo by’imyenda n’ikiguzi cy’ubukungu kigenda cyiyongera, byinshi muri byo biracyishingikiriza ku nguzanyo zitangwa na Banki y’Isi n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF). Nubwo izi nguzanyo zikunze gutangwa ku nyungu nto kandi zikishyurwa mu gihe kirekire, akenshi zijyana n’amavugurura asabwa ibihugu bizihabwa. Abashyigikiye ubu buryo bavuga ko ayo mavugurura afasha […]

Iran na Amerika biracyarasana

2026 07 08T174512Z 834341811 RC2L9MAO21QC RTRMADP 3 IRAN CRISIS INSURANCE SHIPPING 1783645964

Urugendo rw’amato y’ubucuruzi anyura mu muhora wa Hormuz, umwe mu mihora y’ingenzi ku isi inyuzwamo peteroli, rwagabanutse cyane nyuma y’uko imirwano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yongeye kubura. Ikigo Lloyd’s List Intelligence cyatangaje ko kuva ku wa Kabiri nta bwato bunini bwongeye kunyura muri uwo muhora, bukoresha inzira ihuriweho na Amerika […]

Abantu 11 bamaze gupfira mu nkongi y’umuriro

9586cd30 7c30 11f1 bee8 53ce494e1abc.jpg

Nibura abantu 11 bamaze kwitaba Imana mu nkongi ikomeye y’umuriro yibasiye amajyepfo ya Espagne, mu gace ka Andalusia, mu gihe abandi 19 bakomeje kuburirwa irengero. Umuyobozi w’Intara ya Andalusia, Juanma Moreno, yavuze ko amakuru y’ibanze agaragaza ko iyi nkongi ishobora kuba yatewe n’umurongo w’amashanyarazi waguye hasi, ugakongeza ishyamba riri hafi y’umujyi wa Los Gallardos, mu […]

Abagore bakorewe agakoresho kabafasha kunyara bahagaze nk’abagabo

Screenshot 20260709 111220

Mu gihe abantu benshi bagenda bakora ingendo, bakajya mu misozi cyangwa bakisanga ahantu hatari ubwiherero busukuye, hari igikoresho gito gikozwe muri silicone yo mu rwego rw’ubuvuzi kiri gukundwa n’abagore kubera uburyo kibafasha kwihagarika bahagaze. Iki gikoresho kizwi nka GoGirl cyakozwe mu buryo bujyanye n’imiterere y’umubiri w’umugore, kikamufasha kwihagarika adakeneye kwicara ku musarani. Umwanditsi Alison Freer […]

Perezida wa Turkey yahaye abayobozi ba NATO imbunda, Starmer arayisiga 

erdogan gifts every nato leader an engraved revolver and a box of live ammunition 3223540 20260708210705

Perezida wa Turkey, Recep Tayyip ErdoÄŸan, yahaye abayobozi bitabiriye Inama ya 36 y’Umuryango wa NATO yabereye i Ankara impano idasanzwe igizwe n’imbunda yo mu bwoko bwa revolver yanditseho amazina yabo, iherekejwe n’agasanduku karimo amasasu nyayo. Iyi mpano yatanzwe ku wa 8 Nyakanga 2026 ku ruhande rw’inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma za NATO. Buri muyobozi […]

Iran yihimuye kuri Amerika

cc3b4daa dc58 4d01 8ae2 0324119b95c2.jpg

Intambara y’amagambo n’ibitero hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yongeye gukaza umurego mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Nyakanga 2026, aho impande zombi zashyamiranye ku nshuro ya kabiri mu masaha atarenze 48. Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero ku ntego zigera kuri 90 z’igisirikare cya Iran zirimo […]

Shaddyboo yajyanywe muri Rehab

shaddyboo 13 76ae8 1 728e5

Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo yajyanywe mu kigo cya Isange Rehabilitation Centre giherereye i Huye kugira ngo afashwe kuva ku gukoresha ibiyobyabwenge no guhabwa ubufasha bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko Shaddyboo adafunzwe, ahubwo ko yoherejwe muri icyo kigo ku bushake bwe, hashingiwe ku byagaragaye […]

Imvururu zikomeye muri gereza zishe 20

Screenshot 2026 07 06 at 11.33.01 AM 1783326858

Nibura abantu 20 bamaze kwemezwa ko bapfuye, mu gihe abarenga 100 bakomerekeye mu mirwano yabereye muri gereza ya Negombo, iherereye nko mu bilometero 35 mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa Sri Lanka, Colombo. Iyo mirwano yatangiye ku Cyumweru ikomeza no ku wa Mbere, aho amakuru aturuka ku bitaro bya Negombo agaragaza ko mu bapfuye harimo imfungwa […]

Uburusiya bwishe 15 muri Kyiv

images 11

Abantu nibura 15 bamaze kwemezwa ko bapfuye, abandi barenga 49 barakomereka, nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe n’u Burusiya mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, ndetse no mu nkengero zawo. Igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyatangaje ko igihugu kiri mu ibura rikomeye rya misile zifata izo u […]

Ubushinwa bwagerageje misile

gettyimages 1138905975

Ubushinwa bwatangaje ko ku wa Mbere bwakoze igerageza rya misile ya gisirikare iraswa n’ubwato bw’intambara bwibira munsi y’amazi (Submarine-Launched Ballistic Missile – SLBM), igikorwa cyakomeje guteza impungenge mu bihugu byo mu karere ka Pasifika birimo New Zealand na Australia. Nk’uko Igisirikare cy’Ingabo zirwanira mu mazi cy’Ubushinwa (PLA Navy) cyabitangaje, ubwato bwacyo bwarashe misile igwa neza […]

Ambasaderi Diane Gashumba yahuye na Josh Ishimwe

cf99cbe8c8be3203d2522b8727265b

Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden, Diane Gashumba, yakiriye mu biro bye umuhanzi Josh Ishimwe nyuma yo kwifatanya n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri iki gihugu mu kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora. Josh Ishimwe ni umwe mu bahanzi batumiwe gutaramira abitabiriye ibyo birori byabaye ku wa 4 Nyakanga 2026, aho yaririmbiye Diaspora nyarwanda […]

UEFA yirukanye indi kipe mu marushanwa y’i Burayi

Ceferin UEFA

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA) yatangaje ko ikipe ya MFK Karviná yo muri Repubulika ya Czech itazitabira amarushanwa y’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2026/2027, nyuma yo gusanga yaragize uruhare mu bikorwa byo kugena cyangwa kugira uruhare mu kugoreka ibiva mu mikino. Iki cyemezo cyafashwe n’Urwego rwa UEFA rushinzwe kujurira ku wa 2 Nyakanga […]

FERWAFA igiye gupima abakinnyi ibiyobyabwenge

GBKpdDJW0AA55YW

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko guhera mu mwaka w’imikino wa 2026/2027, abakinnyi bazajya bakorerwa ibizamini bitunguranye bigamije kumenya niba bakoresha ibiyobyabwenge cyangwa imiti itemewe yongera imbaraga (anti-doping). Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yabaye ku wa 1 Nyakanga 2026. Iri shyirahamwe rivuga ko iki cyemezo kigamije kurinda ubunyangamugayo […]

Shaddyboo yakijijwe

Screenshot 20260703 162513

Umunyamideli Mbabazi Shadia, uzwi nka Shaddyboo, yatangaje ko yahisemo gutangira ubuzima bushya nyuma yo kwakira agakiza. Avuga ko Imana yamukuye mu buzima bwari bwaruzuyemo agahinda, urujijo n’ingeso zitari zimufitiye umumaro. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, yavuze ko yifuje gusangiza abantu ubuhamya bwe kugira ngo […]