Kimenyi Yves yabyaranye impanga na Nana

622395133 18056590676359352 3846360001018446113 n 15b18

Nyuma y’igihe havugwa inkuru z’uko umubano wa Kimenyi Yves n’umugore we Muyango Claudine utari wagenze neza, uyu munyezamu yemeye ku mugaragaro ko ari mu rukundo n’umugore uzwi nka Nana uba muri Australia. Ibi byagarutsweho mu kiganiro cya Live kuri TikTok yakoranye na Nana ndetse n’uwitwa GodFather. Muri icyo kiganiro, Kimenyi Yves yabajijwe niba Nana ari […]

Salva Kiir yirukanye umugaba mukuru w’ingabo

JA726XMYYJLKXLNBIDJ7XOA7JI

Perezida wa Sudan y’Epfo, Salva Kiir, yakoze impinduka nshya muri guverinoma ye zirimo kwirukana umugaba mukuru w’ingabo ndetse na Minisitiri w’Imari wari umaze igihe kitageze ku byumweru bibiri muri uwo mwanya. Itangazo rya leta ya Sudani y’Epfo ryatangaje ko General Paul Nang, wari umaze kuyobora igisirikare kuva mu Ukwakira gushize, yakuwe ku mwanya we nyuma […]

Yabeshye abaturage ko azabazanira amabuye mu isanzure

20260507 092227

Polisi ya Uganda yatangaje ko yafashe umugabo witwa Jonathan Ahimbisibwe wo mu gace ka Makindye, akurikiranyweho ibikorwa byo kwiyitirira umwuga w’umuhanga mu by’isanzure (astronaut) kugira ngo ashuke abaturage. Uyu mugabo ashinjwa kwakira amafaranga y’abantu batandukanye ababwira ko ashobora kubagezaho amabuye akomoka ku kwezi. Polisi ivuga ko ayo masezerano yakoreshwaga nk’amayeri yo kubambura amafaranga. Bamwe mu […]

Yategetswe gusubiza inkwano nyuma yo gusaba gatanya

UMUGENI

Umugore witwa Fatima Usman, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi, yitabaje Urukiko rwa Shari’a rwa Magajin Gari ruherereye muri Leta ya Kaduna, asaba gutandukana n’umugabo we Sulaiman Adamu bari bamaze amezi atatu bashakanye. Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakuru muri Nigeria (NAN), Fatima yasabye ko urukiko rusesa ubukwe bwabo binyuze mu buryo bwa Khul’i, […]

MINISPORTS yihanangirijwe ku micungire mibi ya za Stade

1778055193698

Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yasabye Minisiteri ya Siporo gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bigaragara mu micungire no mu ikoreshwa ry’ibikorwaremezo bya siporo mu gihugu. Ibi byagarutsweho ku wa 5 Gicurasi 2026, ubwo Komisiyo ishinzwe Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko yatangaga raporo ku isesengura rya politiki ya siporo ya 2020-2030. Perezida w’iyi Komisiyo, Depite Rubagumya […]

Umusifuzi yakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura VS

683865242 18409899661180211 4112040734981506163 n

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yareze umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul muri FERWAFA, imushinja gukubita umukinnyi wayo umugeri mu myanya y’ibanga. Ibi byabaye mu mukino Mukura VS yatsinzwemo na Rutsiro FC ibitego 2-1, ku munsi wa 29 wa shampiyona yabereye kuri Stade Kamena. Mu gice cya kabiri cy’umukino, ahagana ku munota wa 79, habaye […]

Bite by’umwuka mubi uri hagati ya Dj Brianne na Muyango

Uvanga imiziki wamenyekanye nka DJ Brianne yatangaje ko atagikorana na Miss Muyango, ariko ashimangira ko nta kibazo cyihariye bafitanye nk’uko byagiye bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye. Mu kiganiro yagiranye na The Choice, DJ Brianne yavuze ko iki cyemezo cyaturutse ku cyifuzo yari asanzwe afite cyo gukora wenyine, aho yifuzaga kwigerageza no gukoresha imbaraga ze […]

Visi Perezida wa Muhazi FC yapfuye

img 0099 700b9

Uwimana Nehemie wahoze ayobora Akarere ka Rwamagana kuva mu 2010 kugeza mu 2014, yitabye Imana mu rukerera rwo ku wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026, nyuma y’igihe kirenga ukwezi arwariye mu bitaro bya Kanombe Military Hospital. Uyu mugabo kandi yari asanzwe ari Visi Perezida wa mbere w’ikipe ya Muhazi United. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe […]

Umuramyi Miss Dusa yambitswe impeta

from the very first day we met it has been you and only you my everything shesaidyes stil 6 ee210

Umuramyi Dusabe Gentille Mutabazi uzwi nka Miss Dusa, umaze kumenyekana mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga witwa Eric Bahizi. Ibi byatangajwe binyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho Eric Bahizi yavuze ko kuva bahura bwa mbere, Miss Dusa ari we wenyine yahisemo, anongeraho ko yamusabye ko bazarushinga maze akabyemera. Na Miss […]

Icyo Lynda Priya avuga ku mwana umugabo we yabyaye hanze

25c65cb7c089c761e3fd378a2b55bd

Umukinnyi wa filime mu Rwanda, Nkusi Lynda uzwi nka Lynda Priya, yatangaje ko yishimira uburyo umugabo we, Irenge Christian, yamweretse ukuri kuva bagitangira gukundana. Avuga ko akimara kwemera urukundo rwabo, umugabo we yahise amubwira ko afite umwana yabyaranye n’undi mugore, ibintu byatumye bemeranya gutangira ubuzima bushya nta cyo bahishanya. Lynda asobanura ko nyuma y’igihe gito […]

Mu Rwanda hatowe Papa, kiliziya itabizi

screenshot 63 93237

Kiliziya Gatolika mu Rwanda yatangaje ko yatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” bavuga ko bimitse Papa wabo w’Umunyarwanda, ibintu byatunguranye nyuma yo gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga. Amashusho yakwirakwiye agaragaza aba bantu bateraniye hamwe, bavuga ko bari kwimika umuyobozi wabo bita Papa cyangwa “Umubyeyi w’Abatowe”. Uwo muyobozi ni Harerimana Faustin, wahawe ibimenyetso birimo inkoni, umusaraba […]

Kuvuga mu kibuga wapfutse umunwa uzajya uhabwa ikarita itukura

Urwego rushinzwe amategeko agenga umupira w’amaguru ku isi, IFAB (International Football Association Board), rwemeje itegeko rishya rigiye gukaza imyitwarire y’abakinnyi mu kibuga. Nk’uko byatangajwe, abakinnyi bazajya bapfuka umunwa mu gihe bari mu mpaka n’abandi bakinnyi, bagamije guhisha amagambo ashobora kuba arimo ivangura cyangwa gutuka, bashobora guhabwa ikarita itukura bagahita bakurwa mu kibuga. Iri tegeko ryemejwe […]

Umuryango wa Tupac wareze mu rukiko uwakekwaho uruhare mu rupfu rwe

6543dd6486fa16ce4e3ca4a3

Umuryango wa nyakwigendera Tupac Shakur, umwe mu baraperi b’ibyamamare ku isi, watanze ikirego mu rukiko rwo mu Mujyi wa Los Angeles muri Amerika, usaba indishyi z’akababaro ziturutse ku rupfu rwe rwabaye mu 1996. Iki kirego kiregwamo by’umwihariko Duane Davis uzwi ku izina rya “Keefe D”, wahoze ari umuyobozi w’agatsiko k’abagizi ba nabi, kuri ubu utegereje […]

Yaguye agacuho ari gusambanya umukecuru w’imyaka 89

55817 1777309648

Umugabo w’imyaka 29 y’amavuko yatawe muri yombi akekwaho icyaha cyo gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 89 mu gihugu cya South Africa. Ibi byabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026, mu mudugudu wa Nyavani, uherereye hafi ya Malamulele mu Ntara ya Limpopo. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa polisi muri iyo ntara, Hlulani Mashaba, […]

Micky yavuze ko Killaman atahawe inkwano ye kuko atari umubyeyi we

614631730 18355916218201410 362293187204079669 n

Umukinnyi wa filime nyarwanda Mukobwajana Asifiwe uzwi nka Micky yasobanuye ibyavuzwe ku muhango w’ubukwe bwe na Agiraneza Pacifique, ahamya ko amafaranga y’inkwano ye atigeze ahabwa Niyonshuti Yannick nk’uko bamwe babyibwiraga. Micky yavuze ko kuba Killaman yarambitswe ingofero yambarwa n’abakuru mu mihango yo gukwa bitari bivuze ko ari we wari uhagarariye umuryango wahawe inkwano, ahubwo ko […]

Umunyarwandakazi yakatiwe imyaka 40 muri Malawi

girm 8316c

Urukiko Rukuru rwa Lilongwe muri Malawi rwakatiye Gentille Giramata igifungo cy’imyaka 40 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwivugana uwahoze ari umugabo we, NoĂ«l Emile Habimana. Urupfu rwa Habimana rwabaye mu Ukwakira 2022, aho mbere byakekwaga ko yazize impanuka. Icyakora iperereza ryaje kwerekana ko atari impanuka, ahubwo ko yishwe, ndetse bikekwa ko umurambo we washyizwe mu […]

Impanuka y’indege muri Sudani y’Epfo yishe abantu 15

df0d48d0 4251 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg

Indege nto itwara abagenzi yakoze impanuka muri South Sudan ihitana abantu 15 bose bari bayirimo, nk’uko byatangajwe n’urwego rushinzwe iby’indege za gisivili muri icyo gihugu. Iyi ndege yari ivuye mu mujyi wa Yei yerekeza mu murwa mukuru Juba, urugendo rungana n’ibilometero hafi 130. Yahagurutse saa tatu n’iminota 15 za mu gitondo, ariko abashinzwe kugenzura indege […]

Ese Alliah Cool yateye gapapu Mutesi Jolly kwa Lugumi?

markup 611365

Amakuru ari kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza impinduka zikomeye mu mubano w’ibyamamare bitatu. Mutesi Jolly na Saidi Lugumi bombi ntibagikurikirana kuri Instagram, ibintu byakuruye ibitekerezo byinshi mu bakoresha izi mbuga. Ibi bibaye nyuma y’uko Saidi Lugumi agaragaje ku mugaragaro amarangamutima afitiye Alliah Cool, aho yamwise “rukundo rwanjye” mu gitekerezo yashyize ku ifoto ye. Uyu […]

Umwami n’umwamikazi b’Ubwongereza bari kwa Trump

1777343679668

Umwami Charles III ari kumwe n’umwamikazi Camilla batangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Amerika, aho bakiriwe na Perezida Donald Trump n’umugore we Melania Trump muri White House. Uru ruzinduko ni urwa mbere rw’umwami w’u Bwongereza muri Amerika kuva mu 2007, igihe Queen Elizabeth II yaherukaga kuhagirira uruzinduko nk’uru. Uru ruzinduko ruje mu gihe umubano hagati ya […]

DC Clement yasabiwe gufungwa iminsi 30

000a9710.jpg 46e7b

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement mom yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo asaba kurekurwa by’agateganyo, mu gihe akurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu, kurwanya ububasha bw’amategeko no gukorera urugomo abayobozi. Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byabaye nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Jabana bugiye gusenya inyubako y’amashuri yubatswe nta byangombwa. Bwavuze ko DC Clement yageze aho […]

Yahawe ikarita itukura ahita arwana

0 Screenshot 2026 04 27 at 061205

Mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Espagne wahuje Real Zaragoza na SD Huesca, habaye imvururu zikomeye mu minota ya nyuma zatumye umukino urangira mu kajagari. Umunyezamu wa Zaragoza, Esteban Andrada, yahawe ikarita itukura nyuma yo gusunika umukinnyi wa Huesca mu minota y’inyongera. Icyakora, n’ubwo yari amaze guhabwa ikarita itukura yo kumusohora mu kibuga, […]

FERWAFA yahannye uwaroze Rayon Sports 

edf5aed29ab12c9c373b535fc2a86f

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo Imurora Japhet na Ndatimana Olivier, nyuma yo gukekwaho imyitwarire inyuranyije n’amahame agenga ruhago. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iki cyemezo gishingiye ku mategeko agenga imyitwarire y’abakora mu mupira w’amaguru, aho aba bombi bakekwaho ibikorwa bishobora guhungabanya ubunyangamugayo bw’imikino. Ku ruhande rwa Ndatimana Olivier, […]

Amerika yakajije igihano cy’urupfu

AFP 20260417 2271698765 v1 MidRes PresidentTrumpDeliversRemarksInLasVegas 1777059930

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangaje ko bugiye kongera no kwagura uburyo bukoreshwa mu gushyira mu bikorwa igihano cy’urupfu ku rwego rwa leta. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata, aho Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko hagiye kongerwamo uburyo bushya burimo kuraswa n’imbunda, gukoresha amashanyarazi ndetse no gukoresha […]

Trump ntazatera Iran akoresheje intwaro kirimbuzi 

1776928295827

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye kitazigera gikoresha intwaro kirimbuzi mu gutera igihugu cya Iran, nubwo mbere yari yaravuze amagambo akomeye yerekeye gusenya burundu umuco n’ubuzima by’icyo gihugu. Ibi Trump yabivuze ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 23 Mata 2026, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri White […]

Trump yasabye FIFA gukura Iran mu gikombe cy’Isi igasimbuzwa Ubutaliyani

1776928295827

Umwe mu ntumwa zidasanzwe za Leta Zunze Ubumwe za Amerika woherejwe na Donald Trump yasabye Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru FIFA ko ikipe y’igihugu y’Ubutaliyani yasimbura iya Iran mu mikino y’igikombe cy’Isi 2026. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Financial Times ndetse bikemezwa n’amakuru yatangajwe na Reuters, intumwa ya Amerika Paolo Zampolli yavuze ko yagejeje iki gitekerezo kuri Trump […]

Umwarimu utararangije kaminuza ntazongera kwigisha mu mashuri abanza

Mwarimu

Mu mavugurura mashya ateganyijwe mu burezi bw’u Rwanda, abarimu bazajya bigisha mu mashuri abanza basabwe kuba bararangije nibura kaminuza. Ni impinduka REB ivuga ko zigamije kuzamura ireme ry’uburezi, cyane cyane ku rwego rw’ishingiro aho abana bigira gusoma, kwandika no kubara. Ubuyobozi bwa REB buvuga ko gahunda yari isanzweho yo gutegura abarimu mu mashuri nderabarezi itagihagije, […]

Togo igiye gushyikiriza Loni ikarita nshya y’Isi igaragaza neza ubunini nyakuri bwa Afurika

20260423 080125

Igihugu cya Togo cyahawe inshingano na Afurika yunze ubumwe yo gutegura ikarita nshya y’Isi izagaragaza neza ubunini nyakuri bw’ibihugu, cyane cyane umugabane wa Afurika. Iyi karita igamije gusimbura uburyo bwa kera buzwi nka Mercator projection, bumaze imyaka myinshi bukoreshwa ariko bukunze kunengwa kuba bugabanya cyane ubunini bwa Afurika ku ikarita y’Isi. Nk’uko imibare ibigaragaza, Afurika […]

Amaze imyaka 11 arongoye ariko umugore yanze kumubyarira

20260423 074815

Umugabo w’imyaka 48 yatangaje ko yabaye mu rushako imyaka 11 nta mwana, nyuma akaza kumenya ko umugore we yakoreshaga uburyo bwo kuboneza urubyaro mu ibanga Umugabo witwa Roby Ekpo yatangaje ubuhamya bwe ku bibazo byaranze urushako rwe rwamaze imyaka 11, aho yavuze ko kugeza ubu afite imyaka 48 ariko akaba adafite umwana n’umwe. Ibi yabitangaje […]

Chelsea yirukanye umutoza

images 2

Ikipe ya Chelsea FC yatangaje ko yirukanye umutoza wayo Liam Rosenior nyuma y’igihe gito cyane ayimazemo, kitageze ku mezi ane. Rosenior yari yahawe akazi muri Mutarama 2026, asinya amasezerano y’imyaka itanu n’igice, ariko umusaruro we ntiwashimishije ubuyobozi bw’iyi kipe yo mu Bwongereza. Mu mikino 23 yose yayoboye, yatsinze 11 gusa, ibintu byatumye igaragara nk’iri hasi […]

Inzu ya Jolly Mutesi iri gutangaza benshi – Amafoto

joly 2 9754e 1

Nyuma y’igihe kinini havugwa ko Jolly Mutesi yubatse inzu i Kigali, yafashe umwanya wo kuyerekana ku mugaragaro abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Iyi nzu yamaze iminsi ivugisha benshi kubera ubwiza n’imiterere yayo idasanzwe, yubatswe ku buso bunini kandi mu buryo bugezweho. Ni inzu y’amagorofa abiri, ifite aho imodoka nyinshi ziparika, piscine nziza iriho n’ahantu ho kwicara […]

Aliah Cool acuditse na Lugumi wavuzwe mu rukundo na Mutesi Jolly

670655502 18569257783039386 8183528867976720290 n 23dcb

Umucuruzi ukomeye ukomoka muri Tanzania witwa Lugumi Saidi, umaze igihe avugwa mu rukundo n’uwahoze ari Nyampinga w’u Rwanda Jolly Mutesi, ari kongera kuvugisha benshi nyuma y’uko agaragaje ibimenyetso bishya bishobora kwerekana ko yaba afite umubano mushya. Mu mwaka wa 2025, inkuru z’urukundo rwa Lugumi na Jolly zari mu zavugishije benshi mu myidagaduro. Icyo gihe, uburyo […]

Bishop Harerimana yasabiwe gufungwa imyaka irindwi

Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026 mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha buregamo Bishop Harerimana Jean Bosco wayoboraga Zeraphat Holy Church n’umugore we Mukansengimana Jeanne bakaba bararezwe n’umugore bahaye code ya ‘ME’. Urega avuga ko yasabwe miliyoni 10 Frw kugirango Harerimana Jean Bosco amusengere akire indwara yo kuva. Ubushinjacyaha butangaza ko […]

Iraswa rya Trump ryongeye kuzamura impaka

download

Muri Amerika no hanze yayo, hari gukomeza kuvugwa byinshi ku gitero cyageragejwe kuri Perezida, Donald Trump, mu mwaka wa 2024, aho bamwe mu bamushyigikiye batangiye kugaragaza gushidikanya ku buryo cyagenze. Icyo gitero cyabereye mu mujyi wa Butler, Pennsylvania, ubwo Trump yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho yarasiwe agakomereka ku gutwi. Ifoto ye azamuye igipfunsi avuze […]

Marina yiyamye Bad Rama

329058617 205689798678686 2020443754844910094 n 5fd51

Umuhanzi Marina yagaragaje ko atishimiye amagambo yatangajwe na Bad Rama, aho yamwise “umukobwa we” akoresheje imbuga nkoranyambaga, nubwo batagikorana. Bad Rama yari yashyize hanze ifoto ya Marina, avuga ko ari umwe mu bahanzi b’impano u Rwanda rufite, ndetse anemeza ko ari “umukobwa we”, amagambo atakiriwe neza n’uyu muhanzikazi. Mu gusubiza, Marina yahise amusaba gukuraho ayo […]

Hari umusore wasambanyijwe na Semuhungu inshuro 15

semu1 2 2574a

Semuhungu Eric umaze iminsi afunzwe, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusakaza amashusho atemewe no gusebanya. Dosiye ye igaragaza ko hari abasore babiri bamureze, bavuga ko bagiranye na we imibonano mpuzabitsina mu bihe bitandukanye, bamwe bakavuga ko hari ubwo babaga babanje guhabwa inzoga. Umwe mu bamureze avuga ko hari igihe bagiranye […]

Urubanza rwa DC Clement rwasubitswe

1776675589630

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwasubitse iburanisha ry’urubanza rwa Niyigaba Clement, wagombaga kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 20 Mata 2026, nyuma y’uko umunyamategeko we atangaje ko atiteguye kuburana, asobanura ko batabonye umwanya uhagije wo gusoma no gusuzuma dosiye y’uregwa. Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa ku wa 27 Mata 2026 saa tatu […]

Indirimbo yakozwe na AI iyoboye Isi

70f1bff0 edf2 4768 b549 88bd68df2de0

Indirimbo ya R&B yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI) yitwa “Celebrate Me” iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa iTunes ku Isi hose, ibintu bikomeje kugaragaza uko umuziki ukozwe n’imashini uri kwigarurira isoko. Iyi ndirimbo yakozwe n’umuhanzi w’ikoranabuhanga witwa IngaRose, aho iri kugurwa cyane kurusha izindi ndirimbo zose ku rwego mpuzamahanga. Aya makuru yatangajwe n’urubuga […]

Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye

Trump threatens complete demolition of Irans infrastructure

Perezida wa Amerika, Donald Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye bishobora gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi, mu gihe ibiganiro bigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zombi bikomeje kudindira. Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kohereza intumwa mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, aho hateganyijwe gukomereza ibiganiro na Iran. Icyakora, yagaragaje ko niharamuka hatabayeho […]

Yijeje aba-Rayon igikombe nyuma yo kunganya

field 23108 26041915542021398 7c667

Umutoza mushya wa Rayon Sports FC, Haringingo Francis Christian, yavuze ko afite icyizere cyo gufasha iyi kipe kwegukana igikombe nubwo iri guhura n’ibibazo bitandukanye, cyane cyane ibikomere by’abakinnyi. Ibi yabitangaje nyuma y’umukino wa mbere atoje, aho banganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa (0-0), mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda ku wa 19 […]

Yasimbutse White House ashaka gufata Trump

107949295 15739691 image a 11 1776359288409

Ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 16 Mata 2026, inzego z’umutekano zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatabaye byihuse nyuma y’uko umugabo agerageje kwinjira mu gace gakomeye ka White House, aho Perezida Donald Trump yari ari icyo gihe. Amakuru yatangajwe n’Urwego rushinzwe kurinda Perezida agaragaza ko uyu mugabo yagerageje gusimbuka inzitiro ziri […]

DJ Ira yahaye gasopo Abarundi bamwibasiye kubera ubwenegihugu bw’u Rwanda

imvugo ye niyo ngiro paulkagame libens cedrick on gram 2 30ded

Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira yavuze ku banenga icyemezo yafashe cyo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda. Yagaragaje ko atumva impamvu hari abakimwibasira, kandi amaze umwaka abisabye. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko atabitewe n’isoni cyangwa igitutu, ahubwo ko yabikoze ku bushake bwe kandi abyishimiye. DJ Ira yasobanuye ko amategeko y’u Burundi yemera […]

The Ben ari mu bitaro

20260416 083935

  Umuhanzi The Ben amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Kanombe, aho ari kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kuremba mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere. Amakuru aturuka ku nshuti ze za hafi agaragaza ko ku Cyumweru yatangiye kumva atameze neza, biza gukomera mu masaha y’ijoro kugeza ubwo ajyanywe kwa muganga mu buryo bwihutirwa. […]

Intsinzi ya PSG na Atlético yashimwe na Perezida Kagame

pk 63 70f61

  Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye amakipe ya AtlĂ©tico de Madrid na Paris Saint-Germain nyuma yo kugera muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League. Ibi byabaye nyuma y’imikino yo kwishyura ya ÂĽ yabaye ku wa 14 Mata 2026, aho PSG yatsinze Liverpool FC ibitego 2-0, biyihesha gukomeza ku giteranyo cya 4-0 mu […]

Semuhungu akurikiranyweho gusambanya undi ku gahato

Screenshot 20260415 112844

Dosiye ya Semuhungu Eric, uherutse gutabwa muri yombi, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry. Semuhungu yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu bikomeye. Birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira hanze amashusho ajyanye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe mudasobwa […]

Umuhanzikazi w’umunyarwanda arishimira ko amaze amezi 7 adasambana

arton142656 849eb

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda Laika Muhoza ukorera umuziki muri Uganda, yatangaje ko amaze amezi arindwi adakora imibonano mpuzabitsina, avuga ko ari icyemezo yafashe cyo kwifata no gushyira imbere ubuzima bwe bw’umwuka. Ibi yabivuze ku wa 11 Mata 2026 mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, aho yasobanuye ko aheruka gukora imibonano mu Ukwakira 2025. Laika yavuze ko kuri […]

Jorginho yasabye imbabazi umuhanzi Chappell Roan

jorginho chappell roan 1 scaled

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniye amakipe arimo Chelsea FC na Arsenal FC, Jorginho, yasabye imbabazi nyuma yo gushinja ibinyoma umuhanzikazi Chappell Roan. Ibi byabaye nyuma y’inkuru yari yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umwe mu bakozi b’uyu muhanzikazi yaba yarateye ubwoba umugore wa Jorginho n’umwana wabo mu gihe bari muri hoteli i SĂŁo Paulo muri Brazil. […]

Muhawenimana Claude aravugwaho kunyereza amafaranga y’Abafana b’Amavubi

20260414 120338

Muhawenimana Claude wari Perezida w’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze nyuma yo gukekwaho kunyereza amafaranga angana na Miliyoni 3 Frw yagenewe abafana mu mikino ya FIFA Series 2026. Icyemezo cyo kumuhagarika cyafashwe na Komite Nyobozi y’iri huriro mu nama zitandukanye zabaye hagati ya tariki ya 4 na 12 Mata 2026, nyuma […]

Jay Squeezer yakubitiwe muri Amerika

kasu 5959f

Kambale Wilondja uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Jay Squeezer cyangwa Kasuku, yatewe n’abagizi ba nabi mu rugo rwe ruherereye muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baramukubita bikomeye bamusiga ari intere. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 12 rishyira ku wa 13 Mata 2026. Jay Squeezer yavuze ko yatewe n’itsinda ry’abasore […]

Semuhungu arafunzwe

1004175695 f000b

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe Eric Semuhungu, ariko ntirwatangaza ibyo akurikiranyweho kugira ngo iperereza rikomeje ridahungabana. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko koko Semuhungu yamaze gutabwa muri yombi, ariko ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’uko iperereza ry’ibanze rikorwa. Semuhungu yafashwe ku wa 9 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo […]

Umunyamakuru Michombero yise Yampano umuyobozi wa AFC/M23

yam 3 c50c6

Umunyamakuru Daniel Michombero yongeye kuvugwaho cyane nyuma yo gutangaza amakuru atari yo, aho yise umuhanzi Uworizagwira Florien (Yampano) umuyobozi ukomeye mu mutwe wa AFC/M23. Uyu munyamakuru ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko mu mujyi wa Goma, amaze iminsi ashinja bamwe mu bayobozi ba AFC/M23 ibikorwa by’urukozasoni, avuga ko yababonye mu mashusho […]

Mu rugo rw’umuhanzi Neg G hapfiriye umuntu

neg g fffdf

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yitabye Imana mu buryo butunguranye nyuma y’igihe gito ageze iwe. Ibi byabereye mu Kagari ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Mata 2026, aho uwo muhanzi atuye. Amakuru avuga […]

Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

1775062332403

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyari cyatanzwe cyo kuvugurura inzu yasanwaga kitari icy’uyu munyamakuru, ahubwo ko hari abamukoresheje. DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’aho habereye gushyamirana hagati ye n’inzego zari mu gikorwa cyo […]

Umugore yibarutse mu ndege igiye kugwa i New York

b737 airplane registration 9y tab 125043960

Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu […]

Paul Biya yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare

Paul Biya and Emmanuel Biya

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose. Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano […]

Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

log 14 15e0d

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu. Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle […]

Arembejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yakinaga yigize Yesu

52736 1775226026

Umusore wiga amategeko mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza ya Kampala International University, witwa Dennis Zziwa, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gukomereka ubwo yakinaga yerekana ubuzima bwa Yesu Kristo mu gikorwa cyo kuzirikana inzira y’umusaraba. Ibi byabereye mu rusengero rwa Our Lady of Africa Church ruherereye i Mbuya, mu gihugu cya Uganda, mu gihe abakirisitu […]

Cuba igiye kurekura imfungwa 2,010 kubera igitutu cya Amerika

aa15a8be e40b 4818 bf1d 6b0b3cc4c0e9 1775231489

Guverinoma ya Cuba yatangaje gahunda yo kurekura imfungwa 2,010, mu gikorwa yavuze ko kigamije kugaragaza impuhwe n’ubutabazi, mu gihe igitutu gituruka muri Amerika gikomeje kwiyongera. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Mata, binyuze kuri Ambasade ya Cuba iri muri Amerika. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano no kwizihiza […]

Chelsea yahannye Enzo Fernández kubera Real Madrid 

skysports chelsea enzo fernandez 6682385

Ikipe ya Chelsea F.C. yafatiye ibihano umukinnyi wayo wo hagati, Enzo Fernández, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza agaragaza ko ashobora kwerekeza mu yindi kipe, by’umwihariko Real Madrid. Aya magambo Enzo yayavuze mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga, aho byagaragaye ko ashobora kuba yifuza kuva muri Chelsea akajya mu ikipe yo muri Espagne. Ibi ntibyishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe, buhita bumufatira […]

Iran yishe umuhanzi wishoye mu myigaragambyo

107620893 15702307 image m 12 1775155137194

Igihugu cya Iran cyishe umusore w’imyaka 18 witwaga Amirhossein Hatami, wari umucuranzi wa gitari. Yishwe azira kuba yaritabiriye imyigaragambyo yabaye muri Mutarama. Uyu musore yafashwe ku itariki ya 8 Mutarama, ashinjwa gutwika inyubako y’itsinda ry’abasirikare rizwi nka Basij mu murwa mukuru Tehran. Nyuma yo gufatwa, yamaze ibyumweru ari wenyine muri gereza. Yanagaragajwe kuri televiziyo y’igihugu […]

Austria yahaye Amerika gasopo

SEI 290898378 2944

Igihugu cya Austria cyafashe icyemezo gikomeye cyo kwanga ko indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zinyura mu kirere cyacyo zerekeza mu bikorwa bya gisirikare bigamije Iran. Minisiteri y’ingabo ya Austria yemeje ko Amerika itazemererwa gukoresha ikirere cy’icyo gihugu mu bikorwa bifitanye isano n’iyi ntambara iri gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Iki […]