WhatsApp-Image-2026-03-19-at-14-07-57

Yakatiwe amezi atandatu azira gutuka Perezida

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’Ibanze rwa Yaoundé muri Cameroun rwakatiye Patrick Mengue igifungo cy’amezi atandatu nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gutuka Umukuru w’Igihugu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Urwo rubanza rwasomwe ku wa 26 Nyakanga 2026, nyuma y’amezi arenga atatu Mengue afunzwe by’agateganyo. Yatawe muri yombi ku wa 13 Mata 2026, hashize iminsi ibiri gusa atangaje ubutumwa bwabaye intandaro y’ikirego.

Ubutumwa bwagiweho impaka bwagiraga buti: “Mana, ugeze hafi y’icyo ugamije, komeza gato gusa.” Yabwanditse nyuma y’itangazwa ry’urupfu rwa Marcel Niat Njifenji, wahoze ari Perezida wa Sena ya Cameroun. Nubwo ubutumwa butigeze buvuga izina rya Perezida Paul Biya, ubushinjacyaha bwavuze ko bwari bumwerekezaho, urukiko na rwo rwaje kubyemeza.

Abunganira Mengue mu mategeko banenze bikomeye umwanzuro w’urukiko, bavuga ko nta bimenyetso bifatika byagaragazaga ko umukiliya wabo yari agamije gutuka Perezida. Bavuze kandi ko uru rubanza rugaragaza impungenge ku bwigenge bw’ubutabera, kuko ubushinjacyaha bwarimo burengera Umukuru w’Igihugu na we usanzwe ari umuyobozi w’ikirenga w’urwego rw’ubucamanza muri Cameroun.

Me François Nguini Mebenga, umwe mu banyamategeko be, yatangaje ko bazajuririra iki cyemezo, avuga ko urubanza rwubakiye ku bisobanuro no gukeka aho gushingira ku bimenyetso bifatika.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu na yo yanenze iki gihano. Cyrille Rolande Bechon wo mu muryango New Human Rights yavuze ko leta igamije gutera ubwoba abaturage no kubabuza gutanga ibitekerezo byabo ku mugaragaro.

Ubushinjacyaha ntacyo bwatangaje nyuma y’urubanza. Kubera ko Patrick Mengue amaze amezi atatu afunzwe by’agateganyo, igihe asigaje cyo kurangiza igihano cye giteganyijwe kurangira mu Ukwakira uyu mwaka, keretse ubujurire bwe bugize icyo buhindura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply