reuters_6a635a1a-1784896026

Aba-Houthi bahakanye amakuru yo kwishyuza amato anyura mu nyanja itukura

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’aba-Houthi ugenzura ibice bimwe bya Yemen watangaje ko nta gahunda ufite yo gutangira kwishyuza amafaranga amato anyura mu nzira ya Bab al-Mandeb, ushimangira ko iyo nzira ikomeje kuba ifunguye kandi ikoreshwa nta kiguzi.

Aba-Houthi bahakanye amakuru yari amaze iminsi avugwa ko bateganya gushyiraho amafaranga ku mato anyura mu nzira ya Bab al-Mandeb ihuza Inyanja Itukura n’Ikigobe cya Aden.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 1 Kanama 2026 n’Ikigo gishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi n’umutekano wo kunyuzamo amato (HOCC), aba-Houthi bavuze ko serivisi bise “Safe Transit Service” itangirwa ku bushake kandi ko nta mafaranga yishyurwa. Banaburiye ibigo bitwara abantu n’ibicuruzwa mu nyanja kutagira uwo biha amafaranga cyangwa amakuru y’urugendo keretse ababifitiye uburenganzira.

Iri tangazo rije risubiza amakuru yari yatangajwe na Reuters avuga ko aba-Houthi bari gutekereza gushyiraho amafaranga ku mato anyura muri Bab al-Mandeb, nyuma y’uko intumwa z’uyu mutwe zigiriye uruzinduko i Tehran muri Iran zikaganira kuri uwo mushinga.

Bab al-Mandeb ni imwe mu nzira z’ingenzi z’ubucuruzi ku isi, inyuramo amato atwaye peteroli n’ibindi bicuruzwa bihuza Aziya, u Burayi n’Uburasirazuba bwo Hagati. Impinduka iyo ari yo yose kuri iyi nzira ishobora kugira ingaruka zikomeye ku bucuruzi mpuzamahanga no ku biciro by’ubwikorezi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Yemen washyizweho n’uruhande rurwanya aba-Houthi, Afrah al-Zouba, aherutse kuvuga ko uyu mutwe ushaka gukurikiza uburyo Iran yakoresheje mu Miyoboro ya Hormuz.

Kuva mu mwaka wa 2023, aba-Houthi bagabye ibitero ku mato anyura mu Nyanja Itukura bavuga ko babikora mu rwego rwo gushyigikira Abanyapalestine bo muri Gaza. Nubwo hari igihe ibyo bitero byahagaze, ibikorwa by’ubwikorezi muri aka karere ntibiragaruka ku rwego byari biriho mbere.

Hagati aho, Arabie Saoudite yatangaje ko yashyizeho ihuriro rigizwe n’ibihugu 14 rigamije kurinda umutekano n’ubwisanzure bw’ingendo z’amato anyura muri Bab al-Mandeb, Inyanja Itukura n’Ikigobe cya Aden.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply