IMG-20260818-WA0025

Inzu nziza igurishwa kuri make ku Gisenyi (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Ufite gahunda yo gutura cyangwa gushora imari mu mutungo utimukanwa mu mujyi wa Gisenyi? Hari inzu nziza iri kugurishwa ku giciro cyiza.

Iyi nzu iherereye mu ntara y’uburengerazuba, akarere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi; akagari ka Mbugangari, umudugudu w amajyaruguru.

Iyi nzu yubatswe ku kibanza gifite ubuso bwa metelokare 694, kandi iri mu gipangu; ibituma itanga umutekano n’umwanya uhagije ku muryango.

Iyi nzu ifite ibyumba bine (4) byo kuraramo, uruganiriri (salon) n’uburiro (salle Ă  manger).

Ifite kandi ‘douches’ n’ubwiherero bitatu (3), ndetse n’igikoni kiri mu nzu n’ikindi gikoni kiri hanze. Mu nzu hose irimo amakaro.

Ikindi cyiyongera ku gaciro k’iyi nzu ni ‘annexe’ yagenewe imiryango itatu, aho buri muryango ufite igikoni, ‘douche’ n’ubwiherero. Ibi bishobora kuba igisubizo cyiza ku muntu ushaka inzu yo guturamo, kuyikodesha cyangwa kuyibyaza umusaruro mu bundi buryo.

Niba ushaka inzu yagutse, iri ahantu heza kandi ishobora no kukwinjiriza amafaranga binyuze mu gukodesha, iyi nzu ni amahirwe yo kutareka ngo agucike.

Ushaka kuyibona cyangwa kumenya igiciro n’uko wayigura, wahamagara telefoni igendanwa +250788554010.

Iyi nzu nziza iri ku buso buhagije
 Iyi nzu iri neza ku muhanda

Ikoze neza

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply