IMG_20260806_143421_copy_1000x753

Super Cup: FERWAFA yateye utwatsi ubusabe bwa APR FC, irayisimbuza

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko APR FC itazitabira Super Cup 2026, isimbuzwa na Mukura Victory Sports & Loisirs, nyuma y’uko iyi kipe yari yabwiye iri shyirahamwe ko itazitabira iri rushanwa mu gihe ryakinwa n’amakipe ane.

Mu itangazo FERWAFA yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Kanama 2026, yavuze ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC, hemejwe ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane.

APR FC ariko ntiyemeye gukina iri rushanwa muri ubu buryo, bituma FERWAFA ifata umwanzuro wo kuyisimbuza Mukura VS&L, yabaye iya gatanu muri BK Pro League ya 2025/2026.

Ibi bivuze ko Super Cup 2026 izahuza Kiyovu Sports na Mukura VS&L mu mukino wa mbere wa ½ cy’irangiza, mu gihe Rayon Sports izakina na Police FC mu wundi.

Iyi mikino yombi izabera kuri Kigali Pelé Stadium ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026. Kiyovu Sports na Mukura VS&L bazakina saa 15h00, naho Rayon Sports na Police FC bakine saa 18h30.

Umukino wa nyuma uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026, guhera saa 15h00, na wo ukazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

FERWAFA yatangaje kandi ko buri kipe izitabira izahabwa amafaranga yo kwitabira, mu gihe ibihembo by’ikipe izatwara igikombe n’izaba iya kabiri byongerewe.

APR FC ntizakina iri rushanwa, mu gihe mu mwaka ushize w’imikino ari yo yegukanye ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda, birimo icya shampiyona n’icy’Amahoro bigenderwaho hakinwa Super Cup.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply