I45454VNGJNAVL337WW2LQACGI

Perezida wa Bangladesh yeguye

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Bangladesh, Mohammed Shahabuddin, yatangaje ko yeguye ku mwanya w’umukuru w’igihugu kubera uburwayi bukomeye bumaze igihe bumuzahaza.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 24 Nyakanga 2026, Shahabuddin w’imyaka 76 yavuze ko abaganga bamusanzemo indwara yitwa Autonomic Neuropathy, ituma rimwe na rimwe ata ubwenge mu kanya gato.

Yagize ati: “Isuzuma riherutse ryagaragaje ko ndwaye Autonomic Neuropathy. Iyi ndwara ituma rimwe na rimwe ntakaza ubwenge mu gihe gito.”

Shahabuddin yari Perezida wa Bangladesh kuva muri Mata 2023, mu gihe ubutegetsi bwe bwanyuzemo ibihe bikomeye byakurikiye ihirikwa rya Minisitiri w’Intebe Sheikh Hasina mu myigaragambyo iyobowe n’abanyeshuri yabaye mu 2024, yaje gutuma ahungira mu Buhinde.

Nyuma yo kwegura kwe, inshingano za Perezida zizaba zikorwa by’agateganyo n’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko kugeza igihe hatorwa Perezida mushya.

Nubwo Perezida ari Umukuru w’Igihugu akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Bangladesh, ububasha bwo kuyobora Guverinoma buri mu maboko ya Minisitiri w’Intebe n’Inama y’Abaminisitiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply