Ese Alliah Cool yateye gapapu Mutesi Jolly kwa Lugumi?

Amakuru ari kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza impinduka zikomeye mu mubano w’ibyamamare bitatu. Mutesi Jolly na Saidi Lugumi bombi ntibagikurikirana kuri Instagram, ibintu byakuruye ibitekerezo byinshi mu bakoresha izi mbuga. Ibi bibaye nyuma y’uko Saidi Lugumi agaragaje ku mugaragaro amarangamutima afitiye Alliah Cool, aho yamwise “rukundo rwanjye” mu gitekerezo yashyize ku ifoto ye. Uyu […]
Umwami n’umwamikazi b’Ubwongereza bari kwa Trump

Umwami Charles III ari kumwe n’umwamikazi Camilla batangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Amerika, aho bakiriwe na Perezida Donald Trump n’umugore we Melania Trump muri White House. Uru ruzinduko ni urwa mbere rw’umwami w’u Bwongereza muri Amerika kuva mu 2007, igihe Queen Elizabeth II yaherukaga kuhagirira uruzinduko nk’uru. Uru ruzinduko ruje mu gihe umubano hagati ya […]
DC Clement yasabiwe gufungwa iminsi 30

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement mom yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo asaba kurekurwa by’agateganyo, mu gihe akurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu, kurwanya ububasha bw’amategeko no gukorera urugomo abayobozi. Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byabaye nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Jabana bugiye gusenya inyubako y’amashuri yubatswe nta byangombwa. Bwavuze ko DC Clement yageze aho […]
Yahawe ikarita itukura ahita arwana

Mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Espagne wahuje Real Zaragoza na SD Huesca, habaye imvururu zikomeye mu minota ya nyuma zatumye umukino urangira mu kajagari. Umunyezamu wa Zaragoza, Esteban Andrada, yahawe ikarita itukura nyuma yo gusunika umukinnyi wa Huesca mu minota y’inyongera. Icyakora, n’ubwo yari amaze guhabwa ikarita itukura yo kumusohora mu kibuga, […]
FERWAFA yahannye uwaroze Rayon SportsÂ

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo Imurora Japhet na Ndatimana Olivier, nyuma yo gukekwaho imyitwarire inyuranyije n’amahame agenga ruhago. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iki cyemezo gishingiye ku mategeko agenga imyitwarire y’abakora mu mupira w’amaguru, aho aba bombi bakekwaho ibikorwa bishobora guhungabanya ubunyangamugayo bw’imikino. Ku ruhande rwa Ndatimana Olivier, […]
Amerika yakajije igihano cy’urupfu

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangaje ko bugiye kongera no kwagura uburyo bukoreshwa mu gushyira mu bikorwa igihano cy’urupfu ku rwego rwa leta. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata, aho Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko hagiye kongerwamo uburyo bushya burimo kuraswa n’imbunda, gukoresha amashanyarazi ndetse no gukoresha […]
Trump ntazatera Iran akoresheje intwaro kirimbuziÂ

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye kitazigera gikoresha intwaro kirimbuzi mu gutera igihugu cya Iran, nubwo mbere yari yaravuze amagambo akomeye yerekeye gusenya burundu umuco n’ubuzima by’icyo gihugu. Ibi Trump yabivuze ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 23 Mata 2026, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri White […]
Trump yasabye FIFA gukura Iran mu gikombe cy’Isi igasimbuzwa Ubutaliyani

Umwe mu ntumwa zidasanzwe za Leta Zunze Ubumwe za Amerika woherejwe na Donald Trump yasabye Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru FIFA ko ikipe y’igihugu y’Ubutaliyani yasimbura iya Iran mu mikino y’igikombe cy’Isi 2026. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Financial Times ndetse bikemezwa n’amakuru yatangajwe na Reuters, intumwa ya Amerika Paolo Zampolli yavuze ko yagejeje iki gitekerezo kuri Trump […]
Umwarimu utararangije kaminuza ntazongera kwigisha mu mashuri abanza

Mu mavugurura mashya ateganyijwe mu burezi bw’u Rwanda, abarimu bazajya bigisha mu mashuri abanza basabwe kuba bararangije nibura kaminuza. Ni impinduka REB ivuga ko zigamije kuzamura ireme ry’uburezi, cyane cyane ku rwego rw’ishingiro aho abana bigira gusoma, kwandika no kubara. Ubuyobozi bwa REB buvuga ko gahunda yari isanzweho yo gutegura abarimu mu mashuri nderabarezi itagihagije, […]
Togo igiye gushyikiriza Loni ikarita nshya y’Isi igaragaza neza ubunini nyakuri bwa Afurika

Igihugu cya Togo cyahawe inshingano na Afurika yunze ubumwe yo gutegura ikarita nshya y’Isi izagaragaza neza ubunini nyakuri bw’ibihugu, cyane cyane umugabane wa Afurika. Iyi karita igamije gusimbura uburyo bwa kera buzwi nka Mercator projection, bumaze imyaka myinshi bukoreshwa ariko bukunze kunengwa kuba bugabanya cyane ubunini bwa Afurika ku ikarita y’Isi. Nk’uko imibare ibigaragaza, Afurika […]
Amaze imyaka 11 arongoye ariko umugore yanze kumubyarira

Umugabo w’imyaka 48 yatangaje ko yabaye mu rushako imyaka 11 nta mwana, nyuma akaza kumenya ko umugore we yakoreshaga uburyo bwo kuboneza urubyaro mu ibanga Umugabo witwa Roby Ekpo yatangaje ubuhamya bwe ku bibazo byaranze urushako rwe rwamaze imyaka 11, aho yavuze ko kugeza ubu afite imyaka 48 ariko akaba adafite umwana n’umwe. Ibi yabitangaje […]
Chelsea yirukanye umutoza

Ikipe ya Chelsea FC yatangaje ko yirukanye umutoza wayo Liam Rosenior nyuma y’igihe gito cyane ayimazemo, kitageze ku mezi ane. Rosenior yari yahawe akazi muri Mutarama 2026, asinya amasezerano y’imyaka itanu n’igice, ariko umusaruro we ntiwashimishije ubuyobozi bw’iyi kipe yo mu Bwongereza. Mu mikino 23 yose yayoboye, yatsinze 11 gusa, ibintu byatumye igaragara nk’iri hasi […]
Inzu ya Jolly Mutesi iri gutangaza benshi – Amafoto

Nyuma y’igihe kinini havugwa ko Jolly Mutesi yubatse inzu i Kigali, yafashe umwanya wo kuyerekana ku mugaragaro abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Iyi nzu yamaze iminsi ivugisha benshi kubera ubwiza n’imiterere yayo idasanzwe, yubatswe ku buso bunini kandi mu buryo bugezweho. Ni inzu y’amagorofa abiri, ifite aho imodoka nyinshi ziparika, piscine nziza iriho n’ahantu ho kwicara […]
Aliah Cool acuditse na Lugumi wavuzwe mu rukundo na Mutesi Jolly

Umucuruzi ukomeye ukomoka muri Tanzania witwa Lugumi Saidi, umaze igihe avugwa mu rukundo n’uwahoze ari Nyampinga w’u Rwanda Jolly Mutesi, ari kongera kuvugisha benshi nyuma y’uko agaragaje ibimenyetso bishya bishobora kwerekana ko yaba afite umubano mushya. Mu mwaka wa 2025, inkuru z’urukundo rwa Lugumi na Jolly zari mu zavugishije benshi mu myidagaduro. Icyo gihe, uburyo […]
Bishop Harerimana yasabiwe gufungwa imyaka irindwi

Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026 mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha buregamo Bishop Harerimana Jean Bosco wayoboraga Zeraphat Holy Church n’umugore we Mukansengimana Jeanne bakaba bararezwe n’umugore bahaye code ya ‘ME’. Urega avuga ko yasabwe miliyoni 10 Frw kugirango Harerimana Jean Bosco amusengere akire indwara yo kuva. Ubushinjacyaha butangaza ko […]
Iraswa rya Trump ryongeye kuzamura impaka

Muri Amerika no hanze yayo, hari gukomeza kuvugwa byinshi ku gitero cyageragejwe kuri Perezida, Donald Trump, mu mwaka wa 2024, aho bamwe mu bamushyigikiye batangiye kugaragaza gushidikanya ku buryo cyagenze. Icyo gitero cyabereye mu mujyi wa Butler, Pennsylvania, ubwo Trump yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho yarasiwe agakomereka ku gutwi. Ifoto ye azamuye igipfunsi avuze […]
Marina yiyamye Bad Rama

Umuhanzi Marina yagaragaje ko atishimiye amagambo yatangajwe na Bad Rama, aho yamwise “umukobwa we” akoresheje imbuga nkoranyambaga, nubwo batagikorana. Bad Rama yari yashyize hanze ifoto ya Marina, avuga ko ari umwe mu bahanzi b’impano u Rwanda rufite, ndetse anemeza ko ari “umukobwa we”, amagambo atakiriwe neza n’uyu muhanzikazi. Mu gusubiza, Marina yahise amusaba gukuraho ayo […]
Hari umusore wasambanyijwe na Semuhungu inshuro 15

Semuhungu Eric umaze iminsi afunzwe, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusakaza amashusho atemewe no gusebanya. Dosiye ye igaragaza ko hari abasore babiri bamureze, bavuga ko bagiranye na we imibonano mpuzabitsina mu bihe bitandukanye, bamwe bakavuga ko hari ubwo babaga babanje guhabwa inzoga. Umwe mu bamureze avuga ko hari igihe bagiranye […]
Urubanza rwa DC Clement rwasubitswe

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwasubitse iburanisha ry’urubanza rwa Niyigaba Clement, wagombaga kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 20 Mata 2026, nyuma y’uko umunyamategeko we atangaje ko atiteguye kuburana, asobanura ko batabonye umwanya uhagije wo gusoma no gusuzuma dosiye y’uregwa. Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa ku wa 27 Mata 2026 saa tatu […]
Indirimbo yakozwe na AI iyoboye Isi

Indirimbo ya R&B yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI) yitwa “Celebrate Me” iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa iTunes ku Isi hose, ibintu bikomeje kugaragaza uko umuziki ukozwe n’imashini uri kwigarurira isoko. Iyi ndirimbo yakozwe n’umuhanzi w’ikoranabuhanga witwa IngaRose, aho iri kugurwa cyane kurusha izindi ndirimbo zose ku rwego mpuzamahanga. Aya makuru yatangajwe n’urubuga […]
Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye

Perezida wa Amerika, Donald Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye bishobora gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi, mu gihe ibiganiro bigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zombi bikomeje kudindira. Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kohereza intumwa mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, aho hateganyijwe gukomereza ibiganiro na Iran. Icyakora, yagaragaje ko niharamuka hatabayeho […]
Yijeje aba-Rayon igikombe nyuma yo kunganya

Umutoza mushya wa Rayon Sports FC, Haringingo Francis Christian, yavuze ko afite icyizere cyo gufasha iyi kipe kwegukana igikombe nubwo iri guhura n’ibibazo bitandukanye, cyane cyane ibikomere by’abakinnyi. Ibi yabitangaje nyuma y’umukino wa mbere atoje, aho banganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa (0-0), mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda ku wa 19 […]
Yasimbutse White House ashaka gufata Trump

Ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 16 Mata 2026, inzego z’umutekano zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatabaye byihuse nyuma y’uko umugabo agerageje kwinjira mu gace gakomeye ka White House, aho Perezida Donald Trump yari ari icyo gihe. Amakuru yatangajwe n’Urwego rushinzwe kurinda Perezida agaragaza ko uyu mugabo yagerageje gusimbuka inzitiro ziri […]
DJ Ira yahaye gasopo Abarundi bamwibasiye kubera ubwenegihugu bw’u Rwanda

Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira yavuze ku banenga icyemezo yafashe cyo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda. Yagaragaje ko atumva impamvu hari abakimwibasira, kandi amaze umwaka abisabye. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko atabitewe n’isoni cyangwa igitutu, ahubwo ko yabikoze ku bushake bwe kandi abyishimiye. DJ Ira yasobanuye ko amategeko y’u Burundi yemera […]
The Ben ari mu bitaro

Umuhanzi The Ben amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Kanombe, aho ari kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kuremba mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere. Amakuru aturuka ku nshuti ze za hafi agaragaza ko ku Cyumweru yatangiye kumva atameze neza, biza gukomera mu masaha y’ijoro kugeza ubwo ajyanywe kwa muganga mu buryo bwihutirwa. […]
Intsinzi ya PSG na Atlético yashimwe na Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye amakipe ya AtlĂ©tico de Madrid na Paris Saint-Germain nyuma yo kugera muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League. Ibi byabaye nyuma y’imikino yo kwishyura ya ÂĽ yabaye ku wa 14 Mata 2026, aho PSG yatsinze Liverpool FC ibitego 2-0, biyihesha gukomeza ku giteranyo cya 4-0 mu […]
Semuhungu akurikiranyweho gusambanya undi ku gahato

Dosiye ya Semuhungu Eric, uherutse gutabwa muri yombi, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry. Semuhungu yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu bikomeye. Birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira hanze amashusho ajyanye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe mudasobwa […]
Umuhanzikazi w’umunyarwanda arishimira ko amaze amezi 7 adasambana

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda Laika Muhoza ukorera umuziki muri Uganda, yatangaje ko amaze amezi arindwi adakora imibonano mpuzabitsina, avuga ko ari icyemezo yafashe cyo kwifata no gushyira imbere ubuzima bwe bw’umwuka. Ibi yabivuze ku wa 11 Mata 2026 mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, aho yasobanuye ko aheruka gukora imibonano mu Ukwakira 2025. Laika yavuze ko kuri […]
Jorginho yasabye imbabazi umuhanzi Chappell Roan

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniye amakipe arimo Chelsea FC na Arsenal FC, Jorginho, yasabye imbabazi nyuma yo gushinja ibinyoma umuhanzikazi Chappell Roan. Ibi byabaye nyuma y’inkuru yari yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umwe mu bakozi b’uyu muhanzikazi yaba yarateye ubwoba umugore wa Jorginho n’umwana wabo mu gihe bari muri hoteli i SĂŁo Paulo muri Brazil. […]
Muhawenimana Claude aravugwaho kunyereza amafaranga y’Abafana b’Amavubi

Muhawenimana Claude wari Perezida w’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze nyuma yo gukekwaho kunyereza amafaranga angana na Miliyoni 3 Frw yagenewe abafana mu mikino ya FIFA Series 2026. Icyemezo cyo kumuhagarika cyafashwe na Komite Nyobozi y’iri huriro mu nama zitandukanye zabaye hagati ya tariki ya 4 na 12 Mata 2026, nyuma […]
Jay Squeezer yakubitiwe muri Amerika

Kambale Wilondja uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Jay Squeezer cyangwa Kasuku, yatewe n’abagizi ba nabi mu rugo rwe ruherereye muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baramukubita bikomeye bamusiga ari intere. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 12 rishyira ku wa 13 Mata 2026. Jay Squeezer yavuze ko yatewe n’itsinda ry’abasore […]
Semuhungu arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe Eric Semuhungu, ariko ntirwatangaza ibyo akurikiranyweho kugira ngo iperereza rikomeje ridahungabana. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko koko Semuhungu yamaze gutabwa muri yombi, ariko ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’uko iperereza ry’ibanze rikorwa. Semuhungu yafashwe ku wa 9 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo […]
Umunyamakuru Michombero yise Yampano umuyobozi wa AFC/M23

Umunyamakuru Daniel Michombero yongeye kuvugwaho cyane nyuma yo gutangaza amakuru atari yo, aho yise umuhanzi Uworizagwira Florien (Yampano) umuyobozi ukomeye mu mutwe wa AFC/M23. Uyu munyamakuru ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko mu mujyi wa Goma, amaze iminsi ashinja bamwe mu bayobozi ba AFC/M23 ibikorwa by’urukozasoni, avuga ko yababonye mu mashusho […]
Mu rugo rw’umuhanzi Neg G hapfiriye umuntu

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yitabye Imana mu buryo butunguranye nyuma y’igihe gito ageze iwe. Ibi byabereye mu Kagari ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Mata 2026, aho uwo muhanzi atuye. Amakuru avuga […]
Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyari cyatanzwe cyo kuvugurura inzu yasanwaga kitari icy’uyu munyamakuru, ahubwo ko hari abamukoresheje. DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’aho habereye gushyamirana hagati ye n’inzego zari mu gikorwa cyo […]
Umugore yibarutse mu ndege igiye kugwa i New York

Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu […]
Paul Biya yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose. Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano […]
Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu. Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle […]
Arembejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yakinaga yigize Yesu

Umusore wiga amategeko mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza ya Kampala International University, witwa Dennis Zziwa, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gukomereka ubwo yakinaga yerekana ubuzima bwa Yesu Kristo mu gikorwa cyo kuzirikana inzira y’umusaraba. Ibi byabereye mu rusengero rwa Our Lady of Africa Church ruherereye i Mbuya, mu gihugu cya Uganda, mu gihe abakirisitu […]
Cuba igiye kurekura imfungwa 2,010 kubera igitutu cya Amerika

Guverinoma ya Cuba yatangaje gahunda yo kurekura imfungwa 2,010, mu gikorwa yavuze ko kigamije kugaragaza impuhwe n’ubutabazi, mu gihe igitutu gituruka muri Amerika gikomeje kwiyongera. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Mata, binyuze kuri Ambasade ya Cuba iri muri Amerika. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano no kwizihiza […]
Chelsea yahannye Enzo Fernández kubera Real MadridÂ

Ikipe ya Chelsea F.C. yafatiye ibihano umukinnyi wayo wo hagati, Enzo Fernández, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza agaragaza ko ashobora kwerekeza mu yindi kipe, by’umwihariko Real Madrid. Aya magambo Enzo yayavuze mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga, aho byagaragaye ko ashobora kuba yifuza kuva muri Chelsea akajya mu ikipe yo muri Espagne. Ibi ntibyishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe, buhita bumufatira […]
Iran yishe umuhanzi wishoye mu myigaragambyo

Igihugu cya Iran cyishe umusore w’imyaka 18 witwaga Amirhossein Hatami, wari umucuranzi wa gitari. Yishwe azira kuba yaritabiriye imyigaragambyo yabaye muri Mutarama. Uyu musore yafashwe ku itariki ya 8 Mutarama, ashinjwa gutwika inyubako y’itsinda ry’abasirikare rizwi nka Basij mu murwa mukuru Tehran. Nyuma yo gufatwa, yamaze ibyumweru ari wenyine muri gereza. Yanagaragajwe kuri televiziyo y’igihugu […]
Austria yahaye Amerika gasopo

Igihugu cya Austria cyafashe icyemezo gikomeye cyo kwanga ko indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zinyura mu kirere cyacyo zerekeza mu bikorwa bya gisirikare bigamije Iran. Minisiteri y’ingabo ya Austria yemeje ko Amerika itazemererwa gukoresha ikirere cy’icyo gihugu mu bikorwa bifitanye isano n’iyi ntambara iri gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Iki […]
Iran iri guhiga hasi hejuru abasirikare ba Amerika yarasiye mu ndege ntibapfa

Iran yatangaje ko yashyizeho igihembo ku basirikare b’Abanyamerika batwara indege, nyuma yo kuvuga ko yarashe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-35 Lightning II. Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bifitanye isano na Leta ya Iran avuga ko iyi ndege yarashwe ikagwa ku butaka bw’icyo gihugu. Banagaragaje amafoto bavuga ko ari ibisigazwa by’iyo ndege, ndetse bavuga ko […]
FERWAFA yigaramye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bakoze ibitari byemewe ubwo bamwe muri bo bazanaga abana babo mu kibuga nyuma yo gutsinda. Ibi byabaye ku wa 30 Werurwe 2026 kuri Stade Amahoro, aho u Rwanda rwegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 rutsinze Estonia ibitego 2-0, mu mukino witabiriwe n’abafana benshi […]
Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

Umuraperi Pacson (Ngoga Edson) yatangaje ko ashyigikiye P Fla mu makimbirane ari hagati ye na Davis D, bapfa ibijyanye n’indirimbo n’ubuzima bwo gufungwa. Byatangiye ubwo P Fla yavugaga ko hari abahanzi bavuga ko bafunzwe igihe gito, barangiza bakabikoresha bakora indirimbo bashimira ababafashije, nyamara rimwe na rimwe baba batarigeze bafungwa koko, ahubwo baragiye kuri sitasiyo ya […]
DC Clement yatakambye

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo, yasabye imbabazi abinyujije mu ibaruwa yanditse ku rupapuro n’ikaramu. Muri iyo baruwa, yemeye ko we na bagenzi be bakoze ibinyuranyije n’amategeko, bityo bigatuma inzu bubakaga mu Murenge wa Jabana isenywa n’inzego zibishinzwe. Yagize ati: “Banyarwanda, […]
Umunyamakuru DC Clement arafunzwe nyuma yo gusenyerwa inzuÂ

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, umunyamakuru wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi, aho afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana mu Mujyi wa Kigali. Iri fatwa ryakurikiye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu munyamakuru yari yatangaje ko […]
Umugore yasimbutse imodoka ya Polisi yari umujyanye muri kasho

Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ry’imodoka ya polisi. Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko y’ifungurwa ry’agateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ry’igice cyari […]
Bad Rama yasohowe nk’igisambo mu gitaramo cy’umunyarwanda muri Amerika

Bad Rama, uherutse kugarukwaho cyane nyuma yo kunenga u Rwanda, ntiyemerewe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’Abanyarwanda benshi batuye muri iyo leta no mu nkengero zayo. Cyari kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki wa Ruti Joel, ariko Bad Rama ntiyigeze abasha […]
Umugore yakubise umugabo wanze ko baryamana

Polisi yo muri Mexico yataye muri yombi umugore w’imyaka 25 witwa Sara Michelle, ukekwaho gukubita umugabo bakundanaga witwa MartĂn Octavio, nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo. Nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano, ibi byabaye nyuma y’uko MartĂn Octavio atangaje ko adashaka kuryamana n’uwo mugore, ibintu byateje impaka hagati yabo. Bivugwa ko Sara Michelle yafashe umukandara atangira gukubita uwo […]
Afcon izakinwa n’amakipe 28 aho kuba 24
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yatangaje ko irushanwa rya Africa Cup of Nations (AFCON) rigiye kongerwa rikava ku makipe 24 rikagera kuri 28 azajya aryitabira. Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, nyuma y’inama y’akanama k’ubuyobozi ka CAF (Executive Committee), aho yavuze ko ari imwe mu ngamba zigamije guteza […]
Urujijo rukomeye i Wembley aho umukinnyi yahawe amakarita abiri y’umuhondo akaguma mu kibuga

Mu mukino wa gicuti wahuje u Bwongereza na Uruguay warangiye banganyije 1-1, habayemo ikintu kidasanzwe cyasize abafana n’abakinnyi benshi bibaza ku rwego rw’umusifuzi. Manuel Ugarte, umukinnyi wo hagati wa Uruguay, yagaragaye nk’uwahawe amakarita abiri y’umuhondo, ariko ntibyamuviriyemo ikarita itukura nk’uko bisanzwe. Ugarte yabonye ikarita ya mbere mu gice cya kabiri cy’umukino, nyuma yo gukora ikosa […]
Rurageretse hagati ya Mr Eazi na Bad Bunny

Hari gukomeza kuvugwa inkuru ikomeye mu muziki mpuzamahanga ihanganishije umuhanzi wo muri Nigeria Mr Eazi n’icyamamare cyo muri Puerto Rico Bad Bunny, nyuma y’aho impande zombi zidahuza ku ikoreshwa ry’indirimbo bivugwa ko yakozwe nta burenganzira. Mu ntangiriro za 2023, Mr Eazi yashyize ku mugaragaro ibirego ashinja Bad Bunny n’ikipe ye gukoresha ibice by’indirimbo “Empty My […]
Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano ya miliyari 7 Frw nyuma yo kuryamanaÂ

Mu mwaka wa 2023, Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano y’ibanga agamije kurangiza amakimbirane bari bafitanye. Aya masezerano yavugaga ko impande zombi zitagomba kongera kuvuga cyangwa gutangaza amakuru ajyanye na video yabo yigeze guteza impaka mu myaka yashize. Byari bigamije gukumira impaka no kurinda izina rya buri ruhande. Nk’uko amakuru abitangaza, ayo masezerano yari […]
Umuhanzi Sabi yarashwe arapfa

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria witwa Sabi, amazina ye nyakuri akaba Sabinus Chukwuebuka Nelson Obi, yitabye Imana nyuma yo kuraswa n’abantu bataramenyekana mu mujyi wa Lagos. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe 2026, aho yari acumbitse muri hoteli, maze abagizi ba nabi bakinjira bakamurasaho, bigateza akavuyo gakomeye. Aya makuru yemejwe n’umuvandimwe we, uvuga ko byabaye […]
Umuraperi Desiigner yatawe muri yombi

Umuraperi w’Umunyamerika Desiigner, uzwi cyane mu ndirimbo Panda, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera ryo mu rugo ku rwego rwa gatatu, nyuma y’ikibazo cyabaye hagati ye n’umugore babyaranye. Nk’uko amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano muri Leta ya South Carolina abivuga, Sidney Royel Selby III wamenyekanye nka Desiigner yatawe muri yombi ku wa 23 Werurwe 2026, nyuma […]
Ukuntu CAF yivanze mu byemezo by’ubujurire bikarangira ihaye Morocco Afcon2025

Iperereza ryakozwe n’umunyamakuru Romain Molina ku bufatanye na Sport News Africa ryashyize ku karubanda amakuru akomeye ashinja Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF) kuba yaragize uruhare mu guhindura imyanzuro y’urwego rw’ubujurire, bikaba byarafashije gutuma Maroc ihabwa igikombe cya CAN 2025 mu buryo butavugwaho rumwe. Dore ibibazo bikomeye byagaragaye mu iperereza Gusezera […]
Umuhanzi Gims ukomoka muri RDC yatawe muri yombi i Paris

Umuhanzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gims, yatawe muri yombi ageze ku kibuga cy’indege cya Charles de Gaulle Airport mu Bufaransa. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa agaragaza ko uyu muhanzi, usanzwe atuye muri Maroc aho anafite ibikorwa by’ishoramari, yafatiwe muri gasutamo ku wa 25 Werurwe 2026. Ifatwa rye rifitanye isano n’iperereza […]
Senegal yajuririye umwanzuro wo kubambura igikombe cya AFCON 2025

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nk’iyegukanye AFCON 2025. Urukiko Nkemurampaka rw’Imikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026. Mu nyandiko y’ubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nk’iyatsinze nyakuri irushanwa rya […]