Iran iri guhiga hasi hejuru abasirikare ba Amerika yarasiye mu ndege ntibapfa

Iran yatangaje ko yashyizeho igihembo ku basirikare bâAbanyamerika batwara indege, nyuma yo kuvuga ko yarashe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-35 Lightning II. Amakuru yatangajwe nâibitangazamakuru bifitanye isano na Leta ya Iran avuga ko iyi ndege yarashwe ikagwa ku butaka bwâicyo gihugu. Banagaragaje amafoto bavuga ko ari ibisigazwa byâiyo ndege, ndetse bavuga ko […]
FERWAFA yigaramye abakinnyi bâAmavubi bazanye abana mu kibuga

Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko abakinnyi bâIkipe yâIgihugu, Amavubi, bakoze ibitari byemewe ubwo bamwe muri bo bazanaga abana babo mu kibuga nyuma yo gutsinda. Ibi byabaye ku wa 30 Werurwe 2026 kuri Stade Amahoro, aho u Rwanda rwegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 rutsinze Estonia ibitego 2-0, mu mukino witabiriwe nâabafana benshi […]
Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

Umuraperi Pacson (Ngoga Edson) yatangaje ko ashyigikiye P Fla mu makimbirane ari hagati ye na Davis D, bapfa ibijyanye nâindirimbo nâubuzima bwo gufungwa. Byatangiye ubwo P Fla yavugaga ko hari abahanzi bavuga ko bafunzwe igihe gito, barangiza bakabikoresha bakora indirimbo bashimira ababafashije, nyamara rimwe na rimwe baba batarigeze bafungwa koko, ahubwo baragiye kuri sitasiyo ya […]
DC Clement yatakambye

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo, yasabye imbabazi abinyujije mu ibaruwa yanditse ku rupapuro nâikaramu. Muri iyo baruwa, yemeye ko we na bagenzi be bakoze ibinyuranyije nâamategeko, bityo bigatuma inzu bubakaga mu Murenge wa Jabana isenywa nâinzego zibishinzwe. Yagize ati: âBanyarwanda, […]
Umunyamakuru DC Clement arafunzwe nyuma yo gusenyerwa inzuÂ

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, umunyamakuru wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi, aho afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana mu Mujyi wa Kigali. Iri fatwa ryakurikiye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu munyamakuru yari yatangaje ko […]
Umugore yasimbutse imodoka ya Polisi yari umujyanye muri kasho

Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ryâimodoka ya polisi. Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko yâifungurwa ryâagateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ryâigice cyari […]
Bad Rama yasohowe nk’igisambo mu gitaramo cy’umunyarwanda muri Amerika

Bad Rama, uherutse kugarukwaho cyane nyuma yo kunenga u Rwanda, ntiyemerewe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki gitaramo cyari cyitabiriwe nâAbanyarwanda benshi batuye muri iyo leta no mu nkengero zayo. Cyari kigamije gususurutsa abakunzi bâumuziki wa Ruti Joel, ariko Bad Rama ntiyigeze abasha […]
Umugore yakubise umugabo wanze ko baryamana

Polisi yo muri Mexico yataye muri yombi umugore wâimyaka 25 witwa Sara Michelle, ukekwaho gukubita umugabo bakundanaga witwa MartĂn Octavio, nyuma yâamakimbirane yabereye mu rugo. Nkâuko byatangajwe nâinzego zâumutekano, ibi byabaye nyuma yâuko MartĂn Octavio atangaje ko adashaka kuryamana nâuwo mugore, ibintu byateje impaka hagati yabo. Bivugwa ko Sara Michelle yafashe umukandara atangira gukubita uwo […]
Afcon izakinwa n’amakipe 28 aho kuba 24
Perezida wâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yatangaje ko irushanwa rya Africa Cup of Nations (AFCON) rigiye kongerwa rikava ku makipe 24 rikagera kuri 28 azajya aryitabira. Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, nyuma yâinama yâakanama kâubuyobozi ka CAF (Executive Committee), aho yavuze ko ari imwe mu ngamba zigamije guteza […]
Urujijo rukomeye i Wembley aho umukinnyi yahawe amakarita abiri y’umuhondo akaguma mu kibuga

Mu mukino wa gicuti wahuje u Bwongereza na Uruguay warangiye banganyije 1-1, habayemo ikintu kidasanzwe cyasize abafana nâabakinnyi benshi bibaza ku rwego rw’umusifuzi. Manuel Ugarte, umukinnyi wo hagati wa Uruguay, yagaragaye nkâuwahawe amakarita abiri yâumuhondo, ariko ntibyamuviriyemo ikarita itukura nkâuko bisanzwe. Ugarte yabonye ikarita ya mbere mu gice cya kabiri cyâumukino, nyuma yo gukora ikosa […]
Rurageretse hagati ya Mr Eazi na Bad Bunny

Hari gukomeza kuvugwa inkuru ikomeye mu muziki mpuzamahanga ihanganishije umuhanzi wo muri Nigeria Mr Eazi nâicyamamare cyo muri Puerto Rico Bad Bunny, nyuma yâaho impande zombi zidahuza ku ikoreshwa ryâindirimbo bivugwa ko yakozwe nta burenganzira. Mu ntangiriro za 2023, Mr Eazi yashyize ku mugaragaro ibirego ashinja Bad Bunny nâikipe ye gukoresha ibice byâindirimbo âEmpty My […]
Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano ya miliyari 7 Frw nyuma yo kuryamanaÂ

Mu mwaka wa 2023, Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano yâibanga agamije kurangiza amakimbirane bari bafitanye. Aya masezerano yavugaga ko impande zombi zitagomba kongera kuvuga cyangwa gutangaza amakuru ajyanye na video yabo yigeze guteza impaka mu myaka yashize. Byari bigamije gukumira impaka no kurinda izina rya buri ruhande. Nkâuko amakuru abitangaza, ayo masezerano yari […]
Umuhanzi Sabi yarashwe arapfa

Umuhanzi wâUmunya-Nigeria witwa Sabi, amazina ye nyakuri akaba Sabinus Chukwuebuka Nelson Obi, yitabye Imana nyuma yo kuraswa nâabantu bataramenyekana mu mujyi wa Lagos. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe 2026, aho yari acumbitse muri hoteli, maze abagizi ba nabi bakinjira bakamurasaho, bigateza akavuyo gakomeye. Aya makuru yemejwe nâumuvandimwe we, uvuga ko byabaye […]
Umuraperi Desiigner yatawe muri yombi

Umuraperi wâUmunyamerika Desiigner, uzwi cyane mu ndirimbo Panda, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera ryo mu rugo ku rwego rwa gatatu, nyuma yâikibazo cyabaye hagati ye nâumugore babyaranye. Nkâuko amakuru atangazwa nâinzego zâumutekano muri Leta ya South Carolina abivuga, Sidney Royel Selby III wamenyekanye nka Desiigner yatawe muri yombi ku wa 23 Werurwe 2026, nyuma […]
Ukuntu CAF yivanze mu byemezo by’ubujurire bikarangira ihaye Morocco Afcon2025

Iperereza ryakozwe nâumunyamakuru Romain Molina ku bufatanye na Sport News Africa ryashyize ku karubanda amakuru akomeye ashinja Impuzamashyirahamwe yâumupira wâamaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF) kuba yaragize uruhare mu guhindura imyanzuro yâurwego rwâubujurire, bikaba byarafashije gutuma Maroc ihabwa igikombe cya CAN 2025 mu buryo butavugwaho rumwe. Dore ibibazo bikomeye byagaragaye mu iperereza Gusezera […]
Umuhanzi Gims ukomoka muri RDC yatawe muri yombi i Paris

Umuhanzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gims, yatawe muri yombi ageze ku kibuga cyâindege cya Charles de Gaulle Airport mu Bufaransa. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa agaragaza ko uyu muhanzi, usanzwe atuye muri Maroc aho anafite ibikorwa byâishoramari, yafatiwe muri gasutamo ku wa 25 Werurwe 2026. Ifatwa rye rifitanye isano nâiperereza […]
Senegal yajuririye umwanzuro wo kubambura igikombe cya AFCON 2025

Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nkâiyegukanye AFCON 2025. Urukiko Nkemurampaka rwâImikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026. Mu nyandiko yâubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nkâiyatsinze nyakuri irushanwa rya […]
Inkumi y’uburanga yashyingiranwe n’uruzi

Mu Bwongereza, umugore witwa Meg Avon wâimyaka 29, ari kwizihiza imyaka itatu amaze âashyingiranyweâ nâuruzi rwa River Avon, mu gikorwa cyatangaje benshi ariko gifite intego ikomeye yo kurengera ibidukikije. Uyu mugore wavukiye i Bristol, usanzwe ari umushakashatsi, umwanditsi ndetse nâumurwanashyaka mu bijyanye no kurengera ibidukikije, yasezeranye nâuru ruzi ku wa 17 Kamena 2023, mu muhango […]
Umugabo yishe umugore we wamusabye gukoropa inzu

Mu mujyi wa Louisville, muri Leta ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru iteye agahinda aho umugabo akekwaho kurasa umugore we akamwica nyuma yâintonganya zo mu rugo. Ibi byabaye ku wa 14 Werurwe 2026 ahagana saa kumi nâebyiri nâiminota 16 zâumugoroba (4:16 PM), nkâuko byatangajwe nâinzego za polisi ya Louisville. Polisi yahise […]
Umunyarwandakazi yibye Miliyoni zirenga 200 muri banki

Umugore wâUmunyarwandakazi witwa Elizabeth Mbabazi yakatiwe nâurukiko rwo muri Uganda igifungo cyâamezi atandatu, nyuma yo kumuhamya uruhare mu mugambi wo kwiba amafaranga arenga miliyoni 280 zâamafaranga yâu Rwanda muri Stanbic Bank. Uyu mugambi wari ugamije kwibasira ishami ryâiyi banki riri mu nyubako ya Acacia Mall i Kampala, ariko uza gutahurwa hakiri kare mbere yâuko amafaranga […]
Umusore w’imyaka 20 yishe nyina wanze kumwoza

Umusore wâimyaka 20 witwa Damian Oforbuike wo mu gace ka Ohatekwe Ukawu, mu Karere ka Onicha, muri Leta ya Ebonyi mu Nigeria, yirukanwe mu mudugudu wabo nyuma yo kwica nyina. Amakuru avuga ko yakubise nyina witwaga Onyemaechi akoresheje umuhoro mu mpera zâicyumweru gishize, nyuma ahita ahungira mu ishyamba riri hafi aho. Nyuma, urubyiruko rwâaho batuye […]
Indege y’igisirikare cya Colombia yakoze impanuka itwaye abasirikare 80

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka mu majyepfo yâigihugu hafi yâumupaka uhuza iki gihugu na Peru, itwaye abasirikare 80. Amakuru yatangajwe nâinzego za gisirikare avuga ko iyi ndege yari itwaye abasirikare bagera kuri 80 mu gihe yagwaga. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Hercules ikoreshwa mu gutwara abasirikare nâibikoresho bya gisirikare, yakoze impanuka mu […]
Nigeria: Hakozwe umukwabu wo kogosha insoresore zanze kwiyogoshesha

Abashinzwe kubahiriza amategeko ya kisilamu bo muri Katsina State Hisbah Commission, ishami rya Sabuwa muri Nigeria, bogoshe imisatsi yâabasore bamwe mu mujyi wa Sabuwa mu rwego rwo gukumira imyitwarire babona ko idakwiye. Nkâuko byatangajwe ku wa 21 Werurwe 2026, iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye byâumujyi mu gihe cyâiminsi mikuru ya Eid al-Fitr. Cyari kiyobowe […]
CAF yemeje Maroc nkâiyegukanye AFCON 2025

Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri Afurika, CAF, ryemeje ku mugaragaro ko Morocco ari yo yegukanye igikombe cya AFCON 2025, nyuma yâicyemezo cyahinduye ibyari byavuye mu mukino wa nyuma. Nkâuko bigaragara ku rubuga rwa CAF, Maroc ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na Senegal ku mwanya wa kabiri, naho Nigeria iza ku mwanya wa Gatatu. […]
FIFA yahannye Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yongeye gushyirwa ku rutonde rwa FIFA rwâamakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi bashya, kubera ibibazo byâimyenda itarakemura. Nkâuko bisanzwe, FIFA ikora isuzuma rihoraho ku makipe afite ibibazo bijyanye nâamasezerano cyangwa imyenda ibereyemo abakozi nâabari abakozi bayo. Rayon Sports iri kuri uru rutonde kuva ku wa 17 Werurwe 2026. Ibi bivuze ko iyi kipe […]
Hakimi yanze igikombe cya AFCON, ashimangira ko Sénégal ari yo yatsinze

Kapiteni wâikipe yâigihugu ya Maroc, Achraf Hakimi yatangaje ko atemera igikombe cya Afurika (AFCON) cyahawe igihugu cye, avuga ko atabona Maroc nkâiyatsinze ayo marushanwa. Mu itangazo rye, Hakimi yavuze ko yanze kwakira icyo gikombe ndetse nâumudali wâintsinzi, ashimangira ko ikipe ya Senegal ari yo yari ikwiye kwegukana igikombe, hashingiwe ku byabereye mu kibuga. Ibi bibaye […]
Umunyarwandakazi wâimyaka 15 yaciye agahigo ku isi

Umukinnyi wâikipe yâigihugu yâu Rwanda ya Cricket, Fanny Utagushimaninde, yakoze amateka ku rwego mpuzamahanga nyuma yo gutsinda amanota 111 adatsinzwe mu mukino wahuje u Rwanda na Ghana. Uyu mukobwa wâimyaka 15 nâiminsi 223, yabaye umukinnyi muto kurusha abandi bose wigeze gutsinda amanota 100 mu mukino wa Womenâs T20 International, umwe mu mikino yemewe ku rwego […]
Abahamya ba Yehova bemerewe guterwa amaraso

Umuryango wa Jehovah’s Witnesses watangaje impinduka nshya ku mabwiriza ajyanye no guterwa amaraso, aho ubu wemereye abayoboke bawo gufata icyemezo ku bijyanye no gukoresha amaraso yabo bwite mu buvuzi. Iyi mpinduka yatangajwe nâubuyobozi bukuru bwâuwo muryango, buzwi nka Governing Body, nyuma yo kuvuga ko byatekerejweho igihe kirekire kandi bigasengerwa. Ubu, umukristo wese muri uwo muryango […]
Umunyarwenya Babu Joe yarapfuye abona Jay Polly na Yvan Bravan mbere yo kuzuka

Umunyarwenya Babu Joe yasangije abantu ubuhamya bukomeye bwâubuzima bwe, aho yavuze ko yigeze kuremba cyane kugeza aho ajya muri koma iminsi itatu, ibintu asobanura nkâaho âyapfuye akazuka.â Yavuze ko uburwayi bwe bwatangiye ku wa 2 Gashyantare 2026, ubwo yari afite gahunda nyinshi zirimo no kuyobora igitaramo. Gusa yatangiye kumva umunaniro udasanzwe, afataUmunyarwenya Babu Joe umwanzuro […]
Mutoni Assia yarwaye depression nyuma yo kubyarira muri Amerika

Umukinnyi wa filime nyarwanda Mutoni Assia yavuze ko kubyarira muri Amerika byamugoye cyane, bikamuhinduraho byinshi mu buzima bwe bwâamarangamutima, ndetse akagera aho agira agahinda gakabije. Yasobanuye ko ubwo yibarukaga umwana we wa mbere, byamubereye urugendo rukomeye kuko atari asanzwe azi neza uko yita ku mwana. Yahuye nâikibazo cyo kubura amashereka, ibere rye rirabyimba cyane, bituma […]
Kwizera Olivier: Kutampamagara mu Mavubi ni amahitamo yâabatoza

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yavuze ko kudahamagarwa mu ikipe yâIgihugu Amavubi ari icyemezo cyâabatoza, kandi we azakomeza gukora cyane kugeza igihe bazabona ko akwiriye guhamagarwa. Ibi yabivuze nyuma yâimpaka zavutse ku rutonde rwâabakinnyi bahamagawe mu mikino ya FIFA Series, aho atagaragayemo. Nubwo hari abari bamusabiye amahirwe, barimo na Perezida wa FERWAFA Shema Fabrice, […]
Teta Sandra na Weasel bagiye gukorera ubukwe mu Rwanda

Umuhanzi wâUmunya-Uganda Weasel Manizo yatangaje ko afite gahunda yo gusezerana nâumugore we bamaze igihe kinini bakundana, Sandra Teta, mu muhango ushobora kubera mu Rwanda. Aba bombi basanzwe bazwi cyane mu itangazamakuru kubera umubano wabo wagiye urangwamo kuzamo amakimbirane kenshi, bakarwana, nyuma bakongera kwiyunga. Nubwo byagiye bituma benshi bibaza ku hazaza hâurukundo rwabo, bakomeje kugaragaza ko […]
ADEPR yambuye ubushumba 35 baregwa Jenoside

ADEPR yatangaje ko yambuye abantu 35 inshingano za gishumba nâizâumubwirizabutumwa, nyuma yo guhamywa nâinkiko icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 18 Werurwe 2026, gishingiye ku myanzuro yâInama Nkuru yâAbashumba ba ADEPR yateranye inshuro ebyiri mu 2025 no mu 2026, isuzuma ibijyanye nâabari bafite inshingano zâitorero ariko barahamwe nâibyaha bya […]
Camp Kigali: Umunyeshuri w’imyaka 16 yabyariye mu ishuri

Mu ishuri ryisumbuye rya G.S Camp Kigali riherereye mu Karere ka Nyarugenge, habaye igikorwa cyatunguranye nyuma yâuko umunyeshuri wâimyaka 16 wigaga mu mwaka wa kane wâamashuri yisumbuye (S4 HGL) abyariye mu kigo cyâishuri. Amakuru aturuka ku banyeshuri nâabarezi avuga ko iki gikorwa cyateje urujijo nâihungabana rikomeye mu kigo, aho benshi batangaje ko nta wari uzi […]
Ubunini bwâibibazo ntiburuta Imana: Maranatha Family Choir

Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi bâumuziki wa Gospel, ryashyize hanze amashusho yâindirimbo nshya yise âUbuniniâ, igaruka ku mbaraga zâukwizera mu bihe byâingorane. Iyi ndirimbo ifite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi, cyane cyane abahura nâibibazo bikomeye ariko bakabihisha inyuma yâibyishimo bagaragaza hanze. âUbuniniâ yibutsa abantu ko nubwo hari […]
Rihanna yagaragaye mu ruhame arinzwe cyane

Mu mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuhanzi Rihanna hamwe nâumugabo we A$AP Rocky bongeye kugaragara mu ruhame bwa mbere nyuma yâigitero cyâamasasu cyabereye mu rugo rwabo muri California mu cyumweru gishize. Aba bombi babonetse ku wa Kabiri bava mu nyubako i Manhattan bajya ku modoka, bari baherekejwe nâabashinzwe umutekano benshi […]
Senegal yambuwe igikombe cya Afurika gihabwa Morocco

Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri Afurika, CAF, ryatangaje ko ikipe yâigihugu ya Morocco ari yo yegukanye igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yâaho ikipe ya Senegal itewe mpaga ku mukino wa nyuma. Iki cyemezo cyafashwe nâakanama gashinzwe ubujurire ka CAF, nyuma yo gusuzuma ubujurire bwatanzwe nâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru rya Morocco, ryari ryatanze ikirego ku myitwarire yâikipe […]
Igikombe cy’Isi cyizaca kuri YouTube

FIFA yatangaje amasezerano mashya yâingenzi yagiranye na YouTube agamije kwagura uburyo abafana ku isi yose bazakurikirana 2026 FIFA World Cup. Iri rushanwa rizabera muri Amerika, Mexico na Canada, rikazitabirwa nâamakipe 48 ndetse hakabaho imikino 104, ibintu bizaba ari amateka mashya mu mupira wâamaguru. Amasezerano mashya azatuma YouTube iba urubuga rukomeye mu gutambutsa ibijyanye nâIgikombe cyâIsi. […]
Meya wa Entebbe yatsinzwe urubanza ku mafaranga afitanye isano na M23

Urukiko rwâUbucuruzi muri Uganda rwatangaje ko rwatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Meya wâUmujyi wa Entebbe, Fabrice Brad Rulinda, yaregagamo Banki ya Stanbic Uganda ku bijyanye nâamafaranga angana na $73,262.50 (asaga miliyoni 104 Frw). Mu mwanzuro wasomwe ku wa Mbere mu buryo bwâikoranabuhanga, umucamanza Stephen Mubiru yavuze ko iki kirego kidashobora kwemerwa, bitewe nâuko ayo […]
Clapton Kibonge nâumugore we berekanywe mu rusengero
Umunyarwenya akaba nâumukinnyi wa filime Clapton Kibonge nâumukunzi we Ntambara Jacky berekanywe mu rusengero mu rwego rwo gutangira imyiteguro ya nyuma yâubukwe bwabo. Iki gikorwa cyabereye mu rusengero rwa Healing Center Church ruherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho bakiriwe na Rev. Muhigwa Emmanuel. Aba bombi bamaze imyaka umunani babana, bakaba barafashe icyemezo cyo […]
Abantu bashobora kuzabaho imyaka 200 babikesha ifi

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya University of Rochester muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko abantu bashobora kuzabaho igihe kirekire cyane, ndetse bakagera no ku myaka 200, bitewe nâibanga babonye mu mafi manini yo mu nyanja azwi nka Bowhead whales. Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi Nature bwerekanye ko ayo mafi ashobora kubaho […]
Iran ntizitabira igikombe cy’isi cyizabera muri Amerika

Ikipe yâigihugu ya Iran ishobora kutazitabira Igikombe cyâIsi cya 2026, nyuma yâuko ubuyobozi bwa siporo muri Iran buvuze ko igihugu kitazitabira iri rushanwa kubera intambara iri hagati ya Iran, Amerika na Israel. Minisitiri wa Siporo wa Iran, Ahmad Donyamali, yatangaje kuri televiziyo ya Leta ko igihugu cye kidashobora kohereza ikipe mu gikombe cyâisi kizabera muri […]
Igisirikare cya Amerika cyibwe Drone 4

Ikigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Fort Campbell, cyatangaje ko hari abantu bataramenyekana bibye drones enye za gisirikare, maze gisaba ubufasha bwâabaturage kugira ngo bafashe mu kubafata. Nkâuko byatangajwe nâigisirikare cya United States Army, Ishami rishinzwe iperereza mu gisirikare rizwi nka United States Army Criminal Investigation Division ryatangaje ko uzatanga amakuru azatuma […]
Stephen Constantine yongeye kugirwa umutoza mukuru wâAmavubi

Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko Stephen Constantine yagizwe umutoza mukuru wâikipe yâigihugu yâu Rwanda Amavubi. Uyu mutoza wâUmwongereza wâimyaka 63 si mushya kuri iyi kipe, kuko yayitoje hagati ya 2014 na 2015 mbere yo kongera kuyigarukaho kuri ubu. FERWAFA ivuga ko ashyizwe kuri uyu mwanya mu rwego rwo gukomeza kubaka no kuzamura […]
Uwahoze ayobora umupira wâamaguru muri Congo yakatiwe burundu

Urukiko rwo muri Republic of the Congo rwakatiye igifungo cya burundu uwahoze ari Perezida wâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru muri iki gihugu, Jean-Guy Blaise Mayolas, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza amafaranga yari yatanzwe na FIFA. Nkâuko byatangajwe ku wa Kabiri, urukiko rwasanze Mayolas yaranyereje amafaranga agera kuri miliyoni 1.1 zâamadolari ya Amerika, yari agenewe guteza imbere […]
Lorenzo yasubije RIB yamuhaye gasopoÂ

Umunyamakuru wa siporo Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo yasubije ubutumwa bwatanzwe nâUrwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) bwari bwihanangirije abanyamakuru ba siporo kubahiriza amahame yâumwuga no kwirinda amagambo ashobora guteza umwiryane mu bafana. Ibi byakurikiye amagambo yatangajwe nâUmuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, waburiye abanyamakuru bakora ibiganiro bya siporo barimo Lorenzo na Rugaju Reagan ko bagomba […]
Abakinnyi ba Iran banze kuririmba indirimbo y’igihugu banze gusubira iwabo

Abakinnyi bâikipe yâigihugu yâabagore ya Iran bateje akavuyo mu mujyi wa Gold Coast muri Australia, ubwo bageragezaga kuva muri hoteli bari bacumbitsemo bajyanwa ku kibuga cyâindege, mu gihe abigaragambyaga bageragezaga kubabuza gusubira iwabo muri Iran. Amakuru avuga ko abakinnyi batanu bâiyi kipe bahisemo gusaba ubuhungiro muri Australia nyuma yo kwakira ubutumwa bugufi buvuye iwabo bwababwiraga […]
Umufana yacomoye televiziyo ya VAR ubwo umusifuzi yari agiye gusuzuma penaliti

Mu mukino wo mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona yâUbudage wabaye ku Cyumweru, umufana wipfutse mu maso yakoze igikorwa cyatunguye benshi ubwo yacomoraga televiziyo ya VAR yari ku kibuga. Ibi byabaye mu mukino wahuje PreuĂen MĂŒnster na Hertha BSC, aho umusifuzi Felix Bickel yari ahamagawe ngo asuzume niba hari penaliti yakorewe Hertha Berlin. Icyakora ageze […]
Rihanna yahunze

Umuhanzikazi wâicyamamare ku isi Rihanna yagaragaye ava mu mujyi wa Los Angeles ku wa Mbere nyuma yâigikorwa cyateye ubwoba cyabaye ku rugo rwe aho umuntu yarashe amasasu menshi agana ku nzu ye. Amafoto yafashwe nâabanyamakuru agaragaza imifuka nâimizigo ishyirwa mu modoka, nyuma ijyanwa ku kibuga cyâindege cya Van Nuys Airport, mbere yâuko indege itwara uyu […]
Urugo rwa Rihanna rwagabweho igitero

Urugo rwâicyamamare mu muziki Rihanna ruri mu gace ka Beverly Hills muri Leta ya California muri United States rwagabweho igitero cy’amasasu ku Cyumweru nyuma ya saa sita, nkâuko byatangajwe na polisi. Polisi ya Los Angeles Police Department yatangaje ko yakiriye amakuru yâamasasu yarashwe ahagana saa saba nâiminota 15 zâigitondo ku isaha yaho. Nyuma yâikorwa ryâiperereza […]
Yatanze amakarita 23 atukura mu mukino umwe

Abari baje kureba umupira wâamaguru hagati yâamakipe yâamakeba, Cruzeiro na AtlĂ©tico Mineiro, batahanye amatsiko nâurujijo nyuma yâaho umukino wahindutse imvururu zikomeye, bigatuma umusifuzi atanga amakarita atukura agera kuri 23 mu mukino umwe. Uyu mukino wari utegerejwe nâabafana benshi muri Brazil, watangiye ari umukino wâishiraniro ariko uza kurangira nabi cyane ubwo amakimbirane yatangiraga hagati yâabakinnyi. Byatangiye […]
Prince Salomon yibukije abantu ko Imana ari Data

Umuhanzi Prince Salomon yashyize hanze amashusho yâindirimbo ye nshya yise âBABAâ, indirimbo igaruka ku buhamya bwâubuzima bwe no gushimira Imana ku mirimo yamukoreye mu bihe bitandukanye. Iyi ndirimbo irimo ubutumwa bwo gushimira no guhimbaza Imana yamubaye hafi mu rugendo rwe rwâubuzima. Prince Salomon avuga ko yayihimbye nyuma yo gusubiza amaso inyuma akareba ibihe byinshi yanyuzemo, […]
Platini yavuze kuri Prophet Joshua waguze album âVibraniumâ ntayishyure

Umuhanzi Platini yatangaje ko atagifite byinshi avuga ku kibazo cya Prophet Joshua wigeze kwemerera kugura album Vibranium amafaranga angana na miliyoni 5 Frw ariko ntayishyure. Ibi byabereye mu birori byo kumurika iyi album ya Platini na Nel Ngabo byabaye ku wa 29 Kanama 2025 muri Zaria Court. Muri uwo muhango, Prophet Joshua yahagurutse imbere yâabari […]
Kwamamaza Congo muri Monaco bishobora gutuma Minisitiri wa Siporo yeguzwa

Minisitiri wa Siporo nâImyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu Ntubuanga, ari mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma yâuko hafunguwe iperereza ku masezerano igihugu cye cyagiranye nâikipe yâumupira wâamaguru ya AS Monaco. Aya masezerano yashyizweho umukono mu mwaka ushize, aho Leta ya RDC yemeye gutanga miliyoni 4.8 zâamayero mu gihe cyâimyaka itatu, mu […]
Abagore babiri bâAbanya-Uganda bafatiwe muri Thailand bakekwaho uburaya

Abagore babiri bakomoka muri Uganda batawe muri yombi ku kirwa cya Koh Phangan muri Thailand, bakekwaho gukora ibikorwa byâuburaya mu buryo bunyuranyije nâamategeko yâicyo gihugu. Nkâuko byatangajwe na polisi, hateguwe igikorwa cyihariye (sting operation) hifashishijwe WhatsApp, aho abapolisi bumvikanye nâabakekwaho ibyo bikorwa ko bazishyurwa amafaranga 5,000 baht ku nshuro ebyiri. Nyuma yâuko umupolisi wari wiyoberanyije […]
Netanyahu agereranya ubutegetsi bwa Iran nâumwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya

Minisitiri wâIntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku Cyumweru yifashishije amagambo yo muri Torah agereranya ubutegetsi bwa Iran nââAmalekiâ, umwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya yâAbaheburayo. Nkâuko byatangajwe na Middle East Monitor, ayo magambo yayavugiye aho igisasu cya misile bivugwa ko cyaturutse muri Iran cyaguye. Yagize ati: âMu isomo rya Torah ryo muri iki cyumweru, dusoma […]
Haruna Niyonzima yasezeye burundu ku mupira wâamaguru

Uwahoze ari kapiteni wâIkipe yâIgihugu yâu Rwanda âAmavubiâ, Haruna Niyonzima, yatangaje ku mugaragaro ko asoje burundu umwuga we wâumupira wâamaguru nkâuwabigize umwuga, nyuma yâimyaka hafi 20 awukina ku rwego rwo hejuru. Mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru rya Times Sport, Niyonzima yavuze ko hari ibiganiro biri kugirana nâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Rwanda, Rwanda Football Federation (FERWAFA), bigamije […]
Rutahizamu w’umunya-Iran yasezeye ikipe ye ajya kurwanira igihugu

Rutahizamu wâikipe yâigihugu ya Iran, Mehdi Taremi, usanzwe akinira ikipe ya Olympiakos F.C. yo mu Bugereki, yatangaje ko yifuza gusubira iwabo muri Iran kugira ngo yinjire mu gisirikare, nyuma yâibitero bivugwa ko byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuri icyo gihugu. Uyu mukinnyi wâimyaka 33 yâamavuko, bivugwa ko yamaze kumenyesha ubuyobozi bwâikipe […]
Polisi y’u Rwanda yafunze abasore bakubise umukobwa i Musanze

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubita ndetse banakurura umukobwa mu muhanda. Amakuru avuga ko ibi byabereye mu Mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026, aho uwo mukobwa yakubitiwe mu muhanda rwagati. Mu mashusho, abo basore bagaragara […]
Koffi OlomidĂ© yasezeranye n’umugore we – Amafoto

Nyuma yâimyaka irenga 20 babana nkâumugabo nâumugore ndetse nâimyaka 15 bakoze ubukwe bwa gakondo, icyamamare mu njyana ya lumba muri Congo, Koffi OlomidĂ©, nâumuhanzikazi Cyndi Le CĆur, basezeranye ku mugaragaro imbere yâamategeko ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa. Uyu muhango wabereye mu murenge wa […]