Screenshot-2026-07-06-at-11.33.01-AM-1783326858

Imvururu zikomeye muri gereza zishe 20

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 20 bamaze kwemezwa ko bapfuye, mu gihe abarenga 100 bakomerekeye mu mirwano yabereye muri gereza ya Negombo, iherereye nko mu bilometero 35 mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa Sri Lanka, Colombo.

Iyo mirwano yatangiye ku Cyumweru ikomeza no ku wa Mbere, aho amakuru aturuka ku bitaro bya Negombo agaragaza ko mu bapfuye harimo imfungwa 16 n’abacungagereza bane.

Umuyobozi w’ibitaro bya Negombo, Pushpa Gamlath, yavuze ko ibyo bitaro byakiriye imibiri 23 ndetse n’abarwayi barenga 100, barimo imfungwa n’abacungagereza bakomerekeye muri ayo makimbirane.

Polisi ya Sri Lanka yemeje ko iyo mirwano yabaye kandi ko yaguyemo abantu, ariko kugeza ubu ntiratangaza icyayiteye. Iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane imvano y’ubwo bwicanyi.

Amashusho yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Sri Lanka yagaragaje umubare munini w’abapolisi bari bakikije gereza, ndetse n’imodoka zitwara inkomere zijya ku bitaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply