Urugendo rw’amato y’ubucuruzi anyura mu muhora wa Hormuz, umwe mu mihora y’ingenzi ku isi inyuzwamo peteroli, rwagabanutse cyane nyuma y’uko imirwano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yongeye kubura.
Ikigo Lloyd’s List Intelligence cyatangaje ko kuva ku wa Kabiri nta bwato bunini bwongeye kunyura muri uwo muhora, bukoresha inzira ihuriweho na Amerika kandi bwerekana aho buri hifashishijwe uburyo bwa AIS. Gusa hari amakuru ko nibura amato abiri yaba yaranyuzemo atazimije ibimenyetso by’aho aherereye.
Ku wa Gatatu, hakurikiranwe amato atanu gusa yanyuze muri Hormuz, mu gihe ku wa Mbere hari hanyuze amato 45. Mbere y’uko intambara itangira mu mpera za Gashyantare, nibura amato agera ku 130 yanyuraga muri uwo . muhora buri munsi.
Abasesenguzi bavuga ko ibigo bitwara ibicuruzwa mu nyanja bikomeje kwitwararika kubera umutekano muke. John Bradford, uyobora Yokosuka Council on Asia Pacific Studies, yavuze ko Iran ifite ubushobozi bwo kugaba ibitero ku mato ari mu Kigobe cy’Abaperesi, mu Muyoboro wa Hormuz no mu Kigobe cya Oman, bigashyira ubwikorezi bwose bwo muri ako karere mu kaga.
Ibi bibaye nyuma y’uko Amerika igabye ibitero ku ntego nyinshi muri Iran, na yo ikavuga ko yasubije yibasira ibirindiro bya gisirikare bya Amerika n’ibindi bikorwa biri muri Bahrain, Kuwait, Qatar, Jordan na Iraq.
Nubwo umutekano ukomeje kuzamba muri ako karere, ibiciro bya peteroli ntibyahindutse cyane. Kuri uyu wa Gatanu, igiciro cya Brent crude cyari hafi amadolari 76.58 ku ngunguru, nubwo abasesenguzi bavuga ko gishobora kuzamuka mu mezi ari imbere mu gihe ububiko bwa peteroli bukomeje kugabanuka.
Isoko ry’imigabane na ryo ryakiriye neza amakuru y’uko ibiciro bya peteroli bitazamutse cyane, aho amasoko akomeye yo mu Buyapani, Koreya y’Epfo na Hong Kong yazamutse mu bucuruzi bwo kuri uyu wa Gatanu.


