gettyimages-1138905975

Ubushinwa bwagerageje misile

Sangiza iyi nkuru

Ubushinwa bwatangaje ko ku wa Mbere bwakoze igerageza rya misile ya gisirikare iraswa n’ubwato bw’intambara bwibira munsi y’amazi (Submarine-Launched Ballistic Missile – SLBM), igikorwa cyakomeje guteza impungenge mu bihugu byo mu karere ka Pasifika birimo New Zealand na Australia.

Nk’uko Igisirikare cy’Ingabo zirwanira mu mazi cy’Ubushinwa (PLA Navy) cyabitangaje, ubwato bwacyo bwarashe misile igwa neza ahantu hagenwe mu Nyanja ya Pasifika.

Umuvugizi wa PLA Navy, Kapiteni Mukuru Wang Xuemeng, yavuze ko iri gerageza ari gahunda isanzwe iba buri mwaka mu myitozo ya gisirikare y’Ubushinwa, kandi ko ibihugu birebwa n’iki gikorwa byabanje kubimenyeshwa.

Yongeyeho ko icyo gikorwa cyakozwe hubahirijwe amategeko mpuzamahanga kandi ko kitari kigamije gutera ubwoba cyangwa kugaba igitero ku gihugu icyo ari cyo cyose.

Nubwo Ubushinwa butatangaje ubwoko bwa misile bwakoreshejwe, inzobere mu bya gisirikare zivuga ko bushobora kuba bwagerageje misile yo mu bwoko bwa JL-2 cyangwa JL-3. Misile ya JL-3 ifite ubushobozi bwo kugera ku mugabane wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika irasiwe hafi y’inkombe z’Ubushinwa.

Ubushinwa bufite ubwato butandatu bwo mu bwoko bwa Type 094 (Jin Class) bushobora kurasa bene izi misile, kandi buri mu bihugu bikomeje kongera imbaraga mu kubaka ingabo zikoresha ingufu za nucléaire.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa New Zealand, Winston Peters, yavuze ko misile yarasiwe mu gace ka South Pacific Nuclear Free Zone, akarere katemewe gukorerwamo ibikorwa bifitanye isano n’intwaro za nucléaire hashingiwe ku Masezerano ya Rarotonga yo mu 1986.

Yagize ati: “Ntabwo twifuza ko inyanja ya Pasifika ihinduka ahantu hageragerezwa ubushobozi bwa misile z’Ubushinwa. Iki ni igikorwa kidushishikaje kandi kiduteye impungenge.”»

Na ho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Australia, Penny Wong, yavuze ko iri geragezwa rishobora guhungabanya ituze ry’akarere, ashimangira ko Ubushinwa bukwiye kurushaho kugaragaza mu mucyo intego z’ubwiyongere bw’imbaraga za gisirikare zabwo.

Mu mwaka wa 2024, Ubushinwa nabwo bwigeze kugerageza misile ndende yo mu bwoko bwa DF-31B, ifite ubushobozi bwo gutwara umutwe wa nucléaire, aho yayirashe mu Nyanja ya Pasifika. Icyo gihe bwari ubwa mbere mu myaka 44 bukoreye igerageza nk’iryo mu nyanja ifunguye.

Raporo ya Minisiteri y’Ingabo ya Amerika ivuga ko nubwo Ubushinwa busanzwe bukorera igerageza rya misile imbere mu gihugu, bukomeje kongera ubushobozi bwabwo mu rwego rwo gukomeza gukangisha ibihugu bishobora kubuhangara.

Ku rundi ruhande, ibihugu bifite intwaro za nucléaire na byo bikora kenshi igerageza rya misile. Mu mezi ashize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Burusiya n’u Buhinde na byo byakoze igerageza rya misile ziraswa n’ubwato bwibira munsi y’amazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply