images (11)

Uburusiya bwishe 15 muri Kyiv

Sangiza iyi nkuru

Abantu nibura 15 bamaze kwemezwa ko bapfuye, abandi barenga 49 barakomereka, nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe n’u Burusiya mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, ndetse no mu nkengero zawo.

Igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyatangaje ko igihugu kiri mu ibura rikomeye rya misile zifata izo u Burusiya burasa (interceptor missiles). Cyavuze ko muri icyo gitero nta na misile  n’imwe muri 23 za ballistique u Burusiya bwarashe yashoboye guhanurwa kubera kubura ibikoresho bihagije.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko u Burusiya bwarashe misile 68 n’indege zitagira abapilote 351. Yongeyeho ko ingabo za Ukraine zashoboye guhanura misile zo mu bwoko bwa cruise n’indege nyinshi zitagira abapilote, ariko zikabura ubushobozi bwo guhangana na misile za ballistique.

Mu mujyi wa Kyiv, inyubako nyinshi z’imiturirwa zangiritse bikomeye, zimwe ziraswa mu buryo butaziguye, izindi zirasenyuka igice kimwe. Abatabazi bakomeje gushakisha abantu bakekwaho kuba bagifatiwe munsi y’ibirindiro by’inyubako zasenyutse, mu gihe inkongi z’umuriro zaturutse kuri ibyo bitero zakomeje kuzimwa.

Nyuma y’iki gitero, Perezida Zelensky yongeye gusaba ibihugu bifatanya na Ukraine gufata ibyemezo bikomeye mu nama ya North Atlantic Treaty Organization itangira muri iki cyumweru, asaba ko igihugu cye gihabwa ubwirinzi bwo mu kirere, cyane cyane misile za Patriot missile system.

Yagize ati: “Mu gihe misile za Patriot zigihari mu bubiko bw’ibihugu by’inshuti zacu, u Burusiya buzakomeza kurasa inyubako z’abaturage.”

Ku ruhande rw’European Commission, Perezida wayo Ursula von der Leyen yavuze ko ikibazo cyo kongerera Ukraine ubwirinzi bwo mu kirere kiri mu byo iyi nama izaganiraho byihutirwa.

Ni mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje gufata indi ntera, aho impande zombi zikomeje kugabanaho ibitero ku bikorwaremezo n’ibice bituwe n’abaturage. Vladimir Putin akomeje kongera ibitero kuri Kyiv, mu gihe Ukraine na yo ikomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote ku bikorwaremezo by’ingufu biri mu Burusiya no muri Crimea.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply