Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Palestina (Palestine Football Association) ryatangaje ko umunyezamu Salim Khader Al-Ashqar, wari ufite imyaka 32, yishwe arashwe muri Gaza n’ingabo za Israel.
Al-Ashqar yakiniraga ikipe ya Khadamat Khan Younis, imwe mu makipe ya kera kandi azwi cyane mu Ntara ya Gaza.
Ibinyamakuru birimo Al Jazeera byatangaje ko uyu munyezamu yari amaze amezi atanu gusa ashinze urugo, ndetse we n’umugore we biteguraga kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Palestina ryashyize ahagaragara ubutumwa bwo kumuha icyubahiro, rivuga ko ari igihombo gikomeye ku muryango w’umupira w’amaguru wa Palestina.
Nk’uko iri shyirahamwe ribitangaza, kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023, abasaga 1,000 b’abakinnyi n’abakora ibikorwa bya siporo bo muri Palestina bamaze kugwa muri iyo ntambara, barimo abagera kuri 567 bakinaga umupira w’amaguru.
Ku ruhande rwayo, ikipe ya Khadamat Khan Younis yasohoye itangazo rigira riti: “Twakiriye tubabaye inkuru y’urupfu rubabaje rw’umunyezamu wacu Salim Khader Al-Ashqar w’imyaka 32. Yishwe n’ingabo za Israel. Turababajwe n’uko ibi bikomeje kuba, kandi turasaba ubutabera n’amahoro.”
Ku ruhande rwa Israel, nta tangazo ryihariye ryari ryatangajwe ku rupfu rwa Salim Khader Al-Ashqar kugeza igihe aya makuru yasohokaga.


