Iraswa rya Trump ryongeye kuzamura impaka

download

Muri Amerika no hanze yayo, hari gukomeza kuvugwa byinshi ku gitero cyageragejwe kuri Perezida, Donald Trump, mu mwaka wa 2024, aho bamwe mu bamushyigikiye batangiye kugaragaza gushidikanya ku buryo cyagenze. Icyo gitero cyabereye mu mujyi wa Butler, Pennsylvania, ubwo Trump yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho yarasiwe agakomereka ku gutwi. Ifoto ye azamuye igipfunsi avuze […]

Marina yiyamye Bad Rama

329058617 205689798678686 2020443754844910094 n 5fd51

Umuhanzi Marina yagaragaje ko atishimiye amagambo yatangajwe na Bad Rama, aho yamwise “umukobwa we” akoresheje imbuga nkoranyambaga, nubwo batagikorana. Bad Rama yari yashyize hanze ifoto ya Marina, avuga ko ari umwe mu bahanzi b’impano u Rwanda rufite, ndetse anemeza ko ari “umukobwa we”, amagambo atakiriwe neza n’uyu muhanzikazi. Mu gusubiza, Marina yahise amusaba gukuraho ayo […]

Hari umusore wasambanyijwe na Semuhungu inshuro 15

semu1 2 2574a

Semuhungu Eric umaze iminsi afunzwe, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusakaza amashusho atemewe no gusebanya. Dosiye ye igaragaza ko hari abasore babiri bamureze, bavuga ko bagiranye na we imibonano mpuzabitsina mu bihe bitandukanye, bamwe bakavuga ko hari ubwo babaga babanje guhabwa inzoga. Umwe mu bamureze avuga ko hari igihe bagiranye […]

Urubanza rwa DC Clement rwasubitswe

1776675589630

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwasubitse iburanisha ry’urubanza rwa Niyigaba Clement, wagombaga kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 20 Mata 2026, nyuma y’uko umunyamategeko we atangaje ko atiteguye kuburana, asobanura ko batabonye umwanya uhagije wo gusoma no gusuzuma dosiye y’uregwa. Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa ku wa 27 Mata 2026 saa tatu […]

Indirimbo yakozwe na AI iyoboye Isi

70f1bff0 edf2 4768 b549 88bd68df2de0

Indirimbo ya R&B yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI) yitwa “Celebrate Me” iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa iTunes ku Isi hose, ibintu bikomeje kugaragaza uko umuziki ukozwe n’imashini uri kwigarurira isoko. Iyi ndirimbo yakozwe n’umuhanzi w’ikoranabuhanga witwa IngaRose, aho iri kugurwa cyane kurusha izindi ndirimbo zose ku rwego mpuzamahanga. Aya makuru yatangajwe n’urubuga […]

Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye

Trump threatens complete demolition of Irans infrastructure

Perezida wa Amerika, Donald Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye bishobora gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi, mu gihe ibiganiro bigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zombi bikomeje kudindira. Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kohereza intumwa mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, aho hateganyijwe gukomereza ibiganiro na Iran. Icyakora, yagaragaje ko niharamuka hatabayeho […]

Yijeje aba-Rayon igikombe nyuma yo kunganya

field 23108 26041915542021398 7c667

Umutoza mushya wa Rayon Sports FC, Haringingo Francis Christian, yavuze ko afite icyizere cyo gufasha iyi kipe kwegukana igikombe nubwo iri guhura n’ibibazo bitandukanye, cyane cyane ibikomere by’abakinnyi. Ibi yabitangaje nyuma y’umukino wa mbere atoje, aho banganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa (0-0), mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda ku wa 19 […]

Yasimbutse White House ashaka gufata Trump

107949295 15739691 image a 11 1776359288409

Ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 16 Mata 2026, inzego z’umutekano zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatabaye byihuse nyuma y’uko umugabo agerageje kwinjira mu gace gakomeye ka White House, aho Perezida Donald Trump yari ari icyo gihe. Amakuru yatangajwe n’Urwego rushinzwe kurinda Perezida agaragaza ko uyu mugabo yagerageje gusimbuka inzitiro ziri […]

DJ Ira yahaye gasopo Abarundi bamwibasiye kubera ubwenegihugu bw’u Rwanda

imvugo ye niyo ngiro paulkagame libens cedrick on gram 2 30ded

Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira yavuze ku banenga icyemezo yafashe cyo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda. Yagaragaje ko atumva impamvu hari abakimwibasira, kandi amaze umwaka abisabye. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko atabitewe n’isoni cyangwa igitutu, ahubwo ko yabikoze ku bushake bwe kandi abyishimiye. DJ Ira yasobanuye ko amategeko y’u Burundi yemera […]

The Ben ari mu bitaro

20260416 083935

  Umuhanzi The Ben amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Kanombe, aho ari kwitabwaho n’abaganga nyuma yo kuremba mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere. Amakuru aturuka ku nshuti ze za hafi agaragaza ko ku Cyumweru yatangiye kumva atameze neza, biza gukomera mu masaha y’ijoro kugeza ubwo ajyanywe kwa muganga mu buryo bwihutirwa. […]

Intsinzi ya PSG na Atlético yashimwe na Perezida Kagame

pk 63 70f61

  Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimye amakipe ya AtlĂ©tico de Madrid na Paris Saint-Germain nyuma yo kugera muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League. Ibi byabaye nyuma y’imikino yo kwishyura ya ÂĽ yabaye ku wa 14 Mata 2026, aho PSG yatsinze Liverpool FC ibitego 2-0, biyihesha gukomeza ku giteranyo cya 4-0 mu […]

Semuhungu akurikiranyweho gusambanya undi ku gahato

Screenshot 20260415 112844

Dosiye ya Semuhungu Eric, uherutse gutabwa muri yombi, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry. Semuhungu yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu bikomeye. Birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira hanze amashusho ajyanye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe mudasobwa […]

Umuhanzikazi w’umunyarwanda arishimira ko amaze amezi 7 adasambana

arton142656 849eb

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda Laika Muhoza ukorera umuziki muri Uganda, yatangaje ko amaze amezi arindwi adakora imibonano mpuzabitsina, avuga ko ari icyemezo yafashe cyo kwifata no gushyira imbere ubuzima bwe bw’umwuka. Ibi yabivuze ku wa 11 Mata 2026 mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, aho yasobanuye ko aheruka gukora imibonano mu Ukwakira 2025. Laika yavuze ko kuri […]

Jorginho yasabye imbabazi umuhanzi Chappell Roan

jorginho chappell roan 1 scaled

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniye amakipe arimo Chelsea FC na Arsenal FC, Jorginho, yasabye imbabazi nyuma yo gushinja ibinyoma umuhanzikazi Chappell Roan. Ibi byabaye nyuma y’inkuru yari yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umwe mu bakozi b’uyu muhanzikazi yaba yarateye ubwoba umugore wa Jorginho n’umwana wabo mu gihe bari muri hoteli i SĂŁo Paulo muri Brazil. […]

Muhawenimana Claude aravugwaho kunyereza amafaranga y’Abafana b’Amavubi

20260414 120338

Muhawenimana Claude wari Perezida w’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze nyuma yo gukekwaho kunyereza amafaranga angana na Miliyoni 3 Frw yagenewe abafana mu mikino ya FIFA Series 2026. Icyemezo cyo kumuhagarika cyafashwe na Komite Nyobozi y’iri huriro mu nama zitandukanye zabaye hagati ya tariki ya 4 na 12 Mata 2026, nyuma […]

Jay Squeezer yakubitiwe muri Amerika

kasu 5959f

Kambale Wilondja uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Jay Squeezer cyangwa Kasuku, yatewe n’abagizi ba nabi mu rugo rwe ruherereye muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baramukubita bikomeye bamusiga ari intere. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 12 rishyira ku wa 13 Mata 2026. Jay Squeezer yavuze ko yatewe n’itsinda ry’abasore […]

Semuhungu arafunzwe

1004175695 f000b

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe Eric Semuhungu, ariko ntirwatangaza ibyo akurikiranyweho kugira ngo iperereza rikomeje ridahungabana. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko koko Semuhungu yamaze gutabwa muri yombi, ariko ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’uko iperereza ry’ibanze rikorwa. Semuhungu yafashwe ku wa 9 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo […]

Umunyamakuru Michombero yise Yampano umuyobozi wa AFC/M23

yam 3 c50c6

Umunyamakuru Daniel Michombero yongeye kuvugwaho cyane nyuma yo gutangaza amakuru atari yo, aho yise umuhanzi Uworizagwira Florien (Yampano) umuyobozi ukomeye mu mutwe wa AFC/M23. Uyu munyamakuru ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko mu mujyi wa Goma, amaze iminsi ashinja bamwe mu bayobozi ba AFC/M23 ibikorwa by’urukozasoni, avuga ko yababonye mu mashusho […]

Mu rugo rw’umuhanzi Neg G hapfiriye umuntu

neg g fffdf

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yitabye Imana mu buryo butunguranye nyuma y’igihe gito ageze iwe. Ibi byabereye mu Kagari ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Mata 2026, aho uwo muhanzi atuye. Amakuru avuga […]

Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

1775062332403

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyari cyatanzwe cyo kuvugurura inzu yasanwaga kitari icy’uyu munyamakuru, ahubwo ko hari abamukoresheje. DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’aho habereye gushyamirana hagati ye n’inzego zari mu gikorwa cyo […]

Umugore yibarutse mu ndege igiye kugwa i New York

b737 airplane registration 9y tab 125043960

Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu […]

Paul Biya yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare

Paul Biya and Emmanuel Biya

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose. Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano […]

Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

log 14 15e0d

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu. Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle […]

Arembejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yakinaga yigize Yesu

52736 1775226026

Umusore wiga amategeko mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza ya Kampala International University, witwa Dennis Zziwa, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gukomereka ubwo yakinaga yerekana ubuzima bwa Yesu Kristo mu gikorwa cyo kuzirikana inzira y’umusaraba. Ibi byabereye mu rusengero rwa Our Lady of Africa Church ruherereye i Mbuya, mu gihugu cya Uganda, mu gihe abakirisitu […]

Cuba igiye kurekura imfungwa 2,010 kubera igitutu cya Amerika

aa15a8be e40b 4818 bf1d 6b0b3cc4c0e9 1775231489

Guverinoma ya Cuba yatangaje gahunda yo kurekura imfungwa 2,010, mu gikorwa yavuze ko kigamije kugaragaza impuhwe n’ubutabazi, mu gihe igitutu gituruka muri Amerika gikomeje kwiyongera. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Mata, binyuze kuri Ambasade ya Cuba iri muri Amerika. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano no kwizihiza […]

Chelsea yahannye Enzo Fernández kubera Real Madrid 

skysports chelsea enzo fernandez 6682385

Ikipe ya Chelsea F.C. yafatiye ibihano umukinnyi wayo wo hagati, Enzo Fernández, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza agaragaza ko ashobora kwerekeza mu yindi kipe, by’umwihariko Real Madrid. Aya magambo Enzo yayavuze mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga, aho byagaragaye ko ashobora kuba yifuza kuva muri Chelsea akajya mu ikipe yo muri Espagne. Ibi ntibyishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe, buhita bumufatira […]

Iran yishe umuhanzi wishoye mu myigaragambyo

107620893 15702307 image m 12 1775155137194

Igihugu cya Iran cyishe umusore w’imyaka 18 witwaga Amirhossein Hatami, wari umucuranzi wa gitari. Yishwe azira kuba yaritabiriye imyigaragambyo yabaye muri Mutarama. Uyu musore yafashwe ku itariki ya 8 Mutarama, ashinjwa gutwika inyubako y’itsinda ry’abasirikare rizwi nka Basij mu murwa mukuru Tehran. Nyuma yo gufatwa, yamaze ibyumweru ari wenyine muri gereza. Yanagaragajwe kuri televiziyo y’igihugu […]

Austria yahaye Amerika gasopo

SEI 290898378 2944

Igihugu cya Austria cyafashe icyemezo gikomeye cyo kwanga ko indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zinyura mu kirere cyacyo zerekeza mu bikorwa bya gisirikare bigamije Iran. Minisiteri y’ingabo ya Austria yemeje ko Amerika itazemererwa gukoresha ikirere cy’icyo gihugu mu bikorwa bifitanye isano n’iyi ntambara iri gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Iki […]

Iran iri guhiga hasi hejuru abasirikare ba Amerika yarasiye mu ndege ntibapfa

0d49567a266028af48a248a2f5b969e0

Iran yatangaje ko yashyizeho igihembo ku basirikare b’Abanyamerika batwara indege, nyuma yo kuvuga ko yarashe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-35 Lightning II.  Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bifitanye isano na Leta ya Iran avuga ko iyi ndege yarashwe ikagwa ku butaka bw’icyo gihugu. Banagaragaje amafoto bavuga ko ari ibisigazwa by’iyo ndege, ndetse bavuga ko […]

FERWAFA yigaramye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga

hew4t1bxqaagx1l 19945

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bakoze ibitari byemewe ubwo bamwe muri bo bazanaga abana babo mu kibuga nyuma yo gutsinda. Ibi byabaye ku wa 30 Werurwe 2026 kuri Stade Amahoro, aho u Rwanda rwegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 rutsinze Estonia ibitego 2-0, mu mukino witabiriwe n’abafana benshi […]

Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

1747478819556pacso0er 01c57

Umuraperi Pacson (Ngoga Edson) yatangaje ko ashyigikiye P Fla mu makimbirane ari hagati ye na Davis D, bapfa ibijyanye n’indirimbo n’ubuzima bwo gufungwa. Byatangiye ubwo P Fla yavugaga ko hari abahanzi bavuga ko bafunzwe igihe gito, barangiza bakabikoresha bakora indirimbo bashimira ababafashije, nyamara rimwe na rimwe baba batarigeze bafungwa koko, ahubwo baragiye kuri sitasiyo ya […]

DC Clement yatakambye

1775062332403

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo, yasabye imbabazi abinyujije mu ibaruwa yanditse ku rupapuro n’ikaramu. Muri iyo baruwa, yemeye ko we na bagenzi be bakoze ibinyuranyije n’amategeko, bityo bigatuma inzu bubakaga mu Murenge wa Jabana isenywa n’inzego zibishinzwe. Yagize ati: “Banyarwanda, […]

Umunyamakuru DC Clement arafunzwe nyuma yo gusenyerwa inzu 

images 26

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, umunyamakuru wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi, aho afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana mu Mujyi wa Kigali. Iri fatwa ryakurikiye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu munyamakuru yari yatangaje ko […]

Umugore yasimbutse imodoka ya Polisi yari umujyanye muri kasho

wild video captures handcuffed woman 124735129 1774953439

Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ry’imodoka ya polisi. Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko y’ifungurwa ry’agateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ry’igice cyari […]

Bad Rama yasohowe nk’igisambo mu gitaramo cy’umunyarwanda muri Amerika

0

Bad Rama, uherutse kugarukwaho cyane nyuma yo kunenga u Rwanda, ntiyemerewe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’Abanyarwanda benshi batuye muri iyo leta no mu nkengero zayo. Cyari kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki wa Ruti Joel, ariko Bad Rama ntiyigeze abasha […]

Umugore yakubise umugabo wanze ko baryamana

e2497b64ab84a2a6646862006d17c8f9

Polisi yo muri Mexico yataye muri yombi umugore w’imyaka 25 witwa Sara Michelle, ukekwaho gukubita umugabo bakundanaga witwa MartĂ­n Octavio, nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo. Nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano, ibi byabaye nyuma y’uko MartĂ­n Octavio atangaje ko adashaka kuryamana n’uwo mugore, ibintu byateje impaka hagati yabo. Bivugwa ko Sara Michelle yafashe umukandara atangira gukubita uwo […]

Afcon izakinwa n’amakipe 28 aho kuba 24

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yatangaje ko irushanwa rya Africa Cup of Nations (AFCON) rigiye kongerwa rikava ku makipe 24 rikagera kuri 28 azajya aryitabira. Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, nyuma y’inama y’akanama k’ubuyobozi ka CAF (Executive Committee), aho yavuze ko ari imwe mu ngamba zigamije guteza […]

Urujijo rukomeye i Wembley aho umukinnyi yahawe amakarita abiri y’umuhondo akaguma mu kibuga

20260328 112802

Mu mukino wa gicuti wahuje u Bwongereza na Uruguay warangiye banganyije 1-1, habayemo ikintu kidasanzwe cyasize abafana n’abakinnyi benshi bibaza ku rwego rw’umusifuzi. Manuel Ugarte, umukinnyi wo hagati wa Uruguay, yagaragaye nk’uwahawe amakarita abiri y’umuhondo, ariko ntibyamuviriyemo ikarita itukura nk’uko bisanzwe. Ugarte yabonye ikarita ya mbere mu gice cya kabiri cy’umukino, nyuma yo gukora ikosa […]

Rurageretse hagati ya Mr Eazi na Bad Bunny

220812

Hari gukomeza kuvugwa inkuru ikomeye mu muziki mpuzamahanga ihanganishije umuhanzi wo muri Nigeria Mr Eazi n’icyamamare cyo muri Puerto Rico Bad Bunny, nyuma y’aho impande zombi zidahuza ku ikoreshwa ry’indirimbo bivugwa ko yakozwe nta burenganzira. Mu ntangiriro za 2023, Mr Eazi yashyize ku mugaragaro ibirego ashinja Bad Bunny n’ikipe ye gukoresha ibice by’indirimbo “Empty My […]

Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano ya miliyari 7 Frw nyuma yo kuryamana 

60c0222248464c8fa2480f33d1e00e56 md

Mu mwaka wa 2023, Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano y’ibanga agamije kurangiza amakimbirane bari bafitanye. Aya masezerano yavugaga ko impande zombi zitagomba kongera kuvuga cyangwa gutangaza amakuru ajyanye na video yabo yigeze guteza impaka mu myaka yashize. Byari bigamije gukumira impaka no kurinda izina rya buri ruhande. Nk’uko amakuru abitangaza, ayo masezerano yari […]

Umuhanzi Sabi yarashwe arapfa

1774547677907sab10

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria witwa Sabi, amazina ye nyakuri akaba Sabinus Chukwuebuka Nelson Obi, yitabye Imana nyuma yo kuraswa n’abantu bataramenyekana mu mujyi wa Lagos. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe 2026, aho yari acumbitse muri hoteli, maze abagizi ba nabi bakinjira bakamurasaho, bigateza akavuyo gakomeye. Aya makuru yemejwe n’umuvandimwe we, uvuga ko byabaye […]

Umuraperi Desiigner yatawe muri yombi

Desiigner 091523 84b224405c034175af00e65c447648cc

Umuraperi w’Umunyamerika Desiigner, uzwi cyane mu ndirimbo Panda, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera ryo mu rugo ku rwego rwa gatatu, nyuma y’ikibazo cyabaye hagati ye n’umugore babyaranye. Nk’uko amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano muri Leta ya South Carolina abivuga, Sidney Royel Selby III wamenyekanye nka Desiigner yatawe muri yombi ku wa 23 Werurwe 2026, nyuma […]

Ukuntu CAF yivanze mu byemezo by’ubujurire bikarangira ihaye Morocco Afcon2025

1774510818396

Iperereza ryakozwe n’umunyamakuru Romain Molina ku bufatanye na Sport News Africa ryashyize ku karubanda amakuru akomeye ashinja Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF) kuba yaragize uruhare mu guhindura imyanzuro y’urwego rw’ubujurire, bikaba byarafashije gutuma Maroc ihabwa igikombe cya CAN 2025 mu buryo butavugwaho rumwe. Dore ibibazo bikomeye byagaragaye mu iperereza Gusezera […]

Umuhanzi Gims ukomoka muri RDC yatawe muri yombi i Paris

imageresize

Umuhanzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gims, yatawe muri yombi ageze ku kibuga cy’indege cya Charles de Gaulle Airport mu Bufaransa. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa agaragaza ko uyu muhanzi, usanzwe atuye muri Maroc aho anafite ibikorwa by’ishoramari, yafatiwe muri gasutamo ku wa 25 Werurwe 2026. Ifatwa rye rifitanye isano n’iperereza […]

Senegal yajuririye umwanzuro wo kubambura igikombe cya AFCON 2025

markup 475218

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nk’iyegukanye AFCON 2025. Urukiko Nkemurampaka rw’Imikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026. Mu nyandiko y’ubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nk’iyatsinze nyakuri irushanwa rya […]

Inkumi y’uburanga yashyingiranwe n’uruzi

20260325 134020

Mu Bwongereza, umugore witwa Meg Avon w’imyaka 29, ari kwizihiza imyaka itatu amaze “ashyingiranywe” n’uruzi rwa River Avon, mu gikorwa cyatangaje benshi ariko gifite intego ikomeye yo kurengera ibidukikije. Uyu mugore wavukiye i Bristol, usanzwe ari umushakashatsi, umwanditsi ndetse n’umurwanashyaka mu bijyanye no kurengera ibidukikije, yasezeranye n’uru ruzi ku wa 17 Kamena 2023, mu muhango […]

Umugabo yishe umugore we wamusabye gukoropa inzu

51380 1774422617

Mu mujyi wa Louisville, muri Leta ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru iteye agahinda aho umugabo akekwaho kurasa umugore we akamwica nyuma y’intonganya zo mu rugo. Ibi byabaye ku wa 14 Werurwe 2026 ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 16 z’umugoroba (4:16 PM), nk’uko byatangajwe n’inzego za polisi ya Louisville. Polisi yahise […]

Umunyarwandakazi yibye Miliyoni zirenga 200 muri banki

mbabazi 25 5a869

Umugore w’Umunyarwandakazi witwa Elizabeth Mbabazi yakatiwe n’urukiko rwo muri Uganda igifungo cy’amezi atandatu, nyuma yo kumuhamya uruhare mu mugambi wo kwiba amafaranga arenga miliyoni 280 z’amafaranga y’u Rwanda muri Stanbic Bank. Uyu mugambi wari ugamije kwibasira ishami ry’iyi banki riri mu nyubako ya Acacia Mall i Kampala, ariko uza gutahurwa hakiri kare mbere y’uko amafaranga […]

Umusore w’imyaka 20 yishe nyina wanze kumwoza

WhatsApp Image 2026 03 23 at 7.51.27 AM 1774256761

Umusore w’imyaka 20 witwa Damian Oforbuike wo mu gace ka Ohatekwe Ukawu, mu Karere ka Onicha, muri Leta ya Ebonyi mu Nigeria, yirukanwe mu mudugudu wabo nyuma yo kwica nyina. Amakuru avuga ko yakubise nyina witwaga Onyemaechi akoresheje umuhoro mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma ahita ahungira mu ishyamba riri hafi aho. Nyuma, urubyiruko rw’aho batuye […]

Indege y’igisirikare cya Colombia yakoze impanuka itwaye abasirikare 80

5013

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka mu majyepfo y’igihugu hafi y’umupaka uhuza iki gihugu na Peru, itwaye abasirikare 80. Amakuru yatangajwe n’inzego za gisirikare avuga ko iyi ndege yari itwaye abasirikare bagera kuri 80 mu gihe yagwaga. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Hercules ikoreshwa mu gutwara abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare, yakoze impanuka mu […]

Nigeria: Hakozwe umukwabu wo kogosha insoresore zanze kwiyogoshesha

51114 1774252655

Abashinzwe kubahiriza amategeko ya kisilamu bo muri Katsina State Hisbah Commission, ishami rya Sabuwa muri Nigeria, bogoshe imisatsi y’abasore bamwe mu mujyi wa Sabuwa mu rwego rwo gukumira imyitwarire babona ko idakwiye. Nk’uko byatangajwe ku wa 21 Werurwe 2026, iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye by’umujyi mu gihe cy’iminsi mikuru ya Eid al-Fitr. Cyari kiyobowe […]

CAF yemeje Maroc nk’iyegukanye AFCON 2025

1774257666113

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryemeje ku mugaragaro ko Morocco ari yo yegukanye igikombe cya AFCON 2025, nyuma y’icyemezo cyahinduye ibyari byavuye mu mukino wa nyuma. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa CAF, Maroc ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na Senegal ku mwanya wa kabiri, naho Nigeria iza ku mwanya wa Gatatu. […]

FIFA yahannye Rayon Sports

20260321 141722

Ikipe ya Rayon Sports yongeye gushyirwa ku rutonde rwa FIFA rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi bashya, kubera ibibazo by’imyenda itarakemura. Nk’uko bisanzwe, FIFA ikora isuzuma rihoraho ku makipe afite ibibazo bijyanye n’amasezerano cyangwa imyenda ibereyemo abakozi n’abari abakozi bayo. Rayon Sports iri kuri uru rutonde kuva ku wa 17 Werurwe 2026. Ibi bivuze ko iyi kipe […]

Hakimi yanze igikombe cya AFCON, ashimangira ko Sénégal ari yo yatsinze

20260321 142120

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi yatangaje ko atemera igikombe cya Afurika (AFCON) cyahawe igihugu cye, avuga ko atabona Maroc nk’iyatsinze ayo marushanwa. Mu itangazo rye, Hakimi yavuze ko yanze kwakira icyo gikombe ndetse n’umudali w’intsinzi, ashimangira ko ikipe ya Senegal ari yo yari ikwiye kwegukana igikombe, hashingiwe ku byabereye mu kibuga. Ibi bibaye […]

Umunyarwandakazi w’imyaka 15 yaciye agahigo ku isi

i

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Cricket, Fanny Utagushimaninde, yakoze amateka ku rwego mpuzamahanga nyuma yo gutsinda amanota 111 adatsinzwe mu mukino wahuje u Rwanda na Ghana. Uyu mukobwa w’imyaka 15 n’iminsi 223, yabaye umukinnyi muto kurusha abandi bose wigeze gutsinda amanota 100 mu mukino wa Women’s T20 International, umwe mu mikino yemewe ku rwego […]

Abahamya ba Yehova bemerewe guterwa amaraso

20260321 114701

Umuryango wa Jehovah’s Witnesses watangaje impinduka nshya ku mabwiriza ajyanye no guterwa amaraso, aho ubu wemereye abayoboke bawo gufata icyemezo ku bijyanye no gukoresha amaraso yabo bwite mu buvuzi. Iyi mpinduka yatangajwe n’ubuyobozi bukuru bw’uwo muryango, buzwi nka Governing Body, nyuma yo kuvuga ko byatekerejweho igihe kirekire kandi bigasengerwa. Ubu, umukristo wese muri uwo muryango […]

Umunyarwenya Babu Joe yarapfuye abona Jay Polly na Yvan Bravan mbere yo kuzuka

120371083 118471943 235376814435925 6612983185308297195 n

Umunyarwenya Babu Joe yasangije abantu ubuhamya bukomeye bw’ubuzima bwe, aho yavuze ko yigeze kuremba cyane kugeza aho ajya muri koma iminsi itatu, ibintu asobanura nk’aho “yapfuye akazuka.” Yavuze ko uburwayi bwe bwatangiye ku wa 2 Gashyantare 2026, ubwo yari afite gahunda nyinshi zirimo no kuyobora igitaramo. Gusa yatangiye kumva umunaniro udasanzwe, afataUmunyarwenya Babu Joe umwanzuro […]

Mutoni Assia yarwaye depression nyuma yo kubyarira muri Amerika

1773999242117

Umukinnyi wa filime nyarwanda Mutoni Assia yavuze ko kubyarira muri Amerika byamugoye cyane, bikamuhinduraho byinshi mu buzima bwe bw’amarangamutima, ndetse akagera aho agira agahinda gakabije. Yasobanuye ko ubwo yibarukaga umwana we wa mbere, byamubereye urugendo rukomeye kuko atari asanzwe azi neza uko yita ku mwana. Yahuye n’ikibazo cyo kubura amashereka, ibere rye rirabyimba cyane, bituma […]

Kwizera Olivier: Kutampamagara mu Mavubi ni amahitamo y’abatoza

Kwizera rw

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yavuze ko kudahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi ari icyemezo cy’abatoza, kandi we azakomeza gukora cyane kugeza igihe bazabona ko akwiriye guhamagarwa. Ibi yabivuze nyuma y’impaka zavutse ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe mu mikino ya FIFA Series, aho atagaragayemo. Nubwo hari abari bamusabiye amahirwe, barimo na Perezida wa FERWAFA Shema Fabrice, […]

Teta Sandra na Weasel bagiye gukorera ubukwe mu Rwanda

Weasel Teta romance

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel Manizo yatangaje ko afite gahunda yo gusezerana n’umugore we bamaze igihe kinini bakundana, Sandra Teta, mu muhango ushobora kubera mu Rwanda. Aba bombi basanzwe bazwi cyane mu itangazamakuru kubera umubano wabo wagiye urangwamo kuzamo amakimbirane kenshi, bakarwana, nyuma bakongera kwiyunga. Nubwo byagiye bituma benshi bibaza ku hazaza h’urukundo rwabo, bakomeje kugaragaza ko […]