Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, ndetse na Rayon Sports, Kwizera Olivier, akomeje kugaragaza uruhare rudasanzwe mu kumenyekanisha indirimbo z’abahanzi bo muri Nigeria, binyuze mu mashusho ashyira ku mbuga nkoranyambaga ari kuziririmba.
Mu minsi ishize, indirimbo “Anxiety” y’umuhanzi Paddy K yamenyekanye cyane nyuma y’amashusho yakwirakwijwe agaragaza Kwizera Olivier ayiririmba. Nyuma y’ayo mashusho, iyi ndirimbo yarebwe n’abatari bake ku mbuga zitandukanye, bituma irushaho kwamamara.
Kuri ubu, abakoresha imbuga nkoranyambaga bari kuvuga cyane ku ndirimbo “Soldier” y’abahanzi TiMi Mafe, Kpee na Priesst. Iyi ndirimbo na yo yatangiye kwamamara nyuma y’uko Kwizera Olivier agaragaye mu mashusho ayiririmba, ibintu byakuruye inyungu n’amarangamutima menshi ku bakunzi b’umuziki.
Abinyujije ku rubuga rwa Instagram, TiMi Mafe yagaragaje ibyishimo aterwa n’uburyo indirimbo yabo yakiriwe mu Rwanda.
Yagize ati: “Ikintu gitangaje ni uko nari ndi i Kigali mu kwezi gushize, kandi ni hamwe mu hantu heza cyane nigeze gusura. Uyu ni umunyezamu w’ikipe y’igihugu. Nakiriye ubutumwa bwinshi cyane buvuye ku bantu batandukanye. Ni kimwe mu bintu byiza byambayeho. Biratangaje kubona indirimbo yacu ‘Soldier’ iri mu zikunzwe mu Rwanda, kandi ubu turi hafi kugera ku mwanya wa mbere.”
Ibi bigaragaza uburyo ibyamamare mu mikino bishobora kugira uruhare rukomeye mu kwamamaza ibikorwa by’ubuhanzi, cyane cyane mu gihe bifite umubare munini w’ababikurikira ku mbuga nkoranyambaga.
Kwizera Olivier, usanzwe ukunzwe cyane n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda, akomeje kuba umwe mu bantu bafite ijambo rikomeye mu gukwirakwiza umuco n’imyidagaduro, aho ibikorwa bye bituma indirimbo z’abahanzi batandukanye zigera ku bantu benshi kurushaho.


