Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda, aho hamaze kubarurwa abantu bagera kuri 600 bakekwaho kuyandura ndetse 139 bakekwaho guhitanwa na yo.
Umuyobozi Mukuru wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko kugeza ubu muri RDC hamaze kwemezwa abantu 33 banduye Ebola mu ntara za Ituri na North Kivu, harimo no mu mijyi ya Bunia na Goma.
Yagize ati: “Ubwandu buri muri RDC burakomeye cyane kurusha uko byari byitezwe mbere.”
Muri Uganda ho hamaze kwemezwa abantu babiri banduye Ebola mu mujyi wa Kampala, harimo umwe wahitanywe na yo. Aba bantu bivugwa ko bari baturutse muri RDC. Hari kandi umunyamerika wakoreraga muri RDC wasanzwemo ubwandu bwa Ebola, ahita ajyanwa kuvurirwa mu Budage.
WHO yavuze ko umubare w’abandura n’abapfa ushobora gukomeza kwiyongera kubera ko iki cyorezo cyari kimaze igihe gikwirakwira mbere y’uko kiboneka.
Umutekano muke uri kubangamira ibikorwa byo kurwanya Ebola
Dr. Tedros yavuze ko ikibazo cy’umutekano muke mu ntara ya Ituri kiri mu bikomeje kugora ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.
Yasobanuye ko intambara n’imirwano byiyongereye cyane kuva mu mpera za 2025, aho abantu barenga ibihumbi 100 bamaze guhunga ingo zabo mu mezi abiri ashize gusa.
WHO yavuze ko ubu bwandu buterwa n’ubwoko bwa Ebola bwitwa Bundibugyo strain, kandi kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti byemewe byabwo.
WHO: “Si icyorezo cy’isi yose”
Nubwo WHO yatangaje ko Ebola ari ikibazo gikomeye ku rwego mpuzamahanga (PHEIC), yavuze ko itaraba icyorezo cyihutirwa.
Dr. Tedros yavuze ko yafashe icyemezo cyo gutangaza ibi byihutirwa kubera ubukana bw’icyorezo ndetse n’impungenge zo gukomeza gukwirakwira.
Ati: “Twagombaga gufata ingamba zihuse kugira ngo hirindwe impfu nyinshi no gushaka ubufasha mpuzamahanga.”
WHO ivuga ko iki cyorezo gifite ibyago byinshi ku rwego rw’ibihugu birebwa n’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, ariko ko ibyago ku isi yose bikiri hasi.
U Rwanda rwakajije ingamba zo kwirinda
Nubwo kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uraboneka mu Rwanda, igihugu cyamaze gukaza ingamba zo kuyirinda kubera ko gihana imbibi na RDC.
U Rwanda rwongereye ibikorwa byo gusuzuma abantu ku mipaka, gukaza ubukangurambaga no gutegura amatsinda yihutirwa ashobora gutabara igihe habonetse uwanduye.
Hagati aho, Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira indwara, Africa Centres for Disease Control and Prevention, cyatangaje ko gikomeje gukorana n’ibihugu byo mu karere mu rwego rwo gukumira ko iki cyorezo cyakwirakwira mu bindi bihugu bya Afurika.


