Amerika yongeye kugaba ibitero muri Iran ku nshuro ya cyenda yikurikiranya, nyuma y’uko ingabo zayo zitangaje ko umwe mu basirikare bazo yapfiriye mu majyaruguru ya Iraq ubwo hakorwaga igikorwa cyo guturitsa mu buryo bugenzuwe ibisigazwa bya drone ya Iran yari yarahanuwe.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na CENTCOM (Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati), yavuze ko ibitero byagabwe mu rukerera rwo ku wa Mbere byibasiye ibigo bya gisirikare, uburyo bw’ubwirinzi bw’ikirere, ibikoresho bikoreshwa mu kugenzura inkombe, ibirindiro by’ibisasu bya misile na drones, ndetse n’imiyoboro y’itumanaho.
Amerika yavuze ko igamije kugabanya ubushobozi bwa Iran bwo kugaba ibitero ku mato y’ubucuruzi anyura mu muhora wa Hormuz, nubwo itatangaje ahantu nyirizina ibyo bitero byabereye.
Ku ruhande rwa Iran, umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) watangaje ko wagabye igitero ku ndege za gisirikare za Amerika zari ku kibuga cy’indege cya Aqaba muri Jordania, uvuga ko zangiritse bikomeye. Wongeyeho ko wanasenye hangari zirenga 20 zikoreshwaga n’ingabo za Amerika ku birindiro bya Muwaffaq Salti Air Base.
Hagati aho, Ambasade ya Amerika muri Bahrain yasohoye umuburo isaba Abanyamerika bahatuye cyangwa bahari gukomeza kuba maso, nyuma y’amakuru y’uko Iran ishobora kugaba ibitero mu gace ka Manama.
Muri icyo gihe kandi, Ikigo gishinzwe umutekano wo mu nyanja cy’u Bwongereza (UKMTO) cyatangaje ko ubwato bumwe bwafashwe n’inkongi y’umuriro hafi ya Hormuz, ariko kikavuga ko icyateye uwo muriro kitaramenyekana.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero byagabwe kuri Iran ari uburyo bwo guha icyubahiro abasirikare ba Amerika bamaze kugwa muri iyi ntambara.
Yagize ati: “Twabagabyeho ibitero bikomeye muri iri joro, tubikora mu rwego rwo guha icyubahiro intwari zacu zatakaje ubuzima.”
Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko igihugu cye kizemera guhagarika intambara ari uko kizaba cyamaze kugera ku ntsinzi ya gisirikare cyangwa se kikabona ko igihe cyo kugirana ibiganiro cyageze.
Yakomeje avuga ko icyemezo cyo guhagarika imirwano kigomba gufatwa hashingiwe ku nyungu z’igihugu no ku mibare nyayo y’ibimaze kugerwaho ku rugamba.


