Overturned-military-truck-in-Omoro

Imodoka yari itwaye abasirikare ba UPDF yarahirimye

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare barenga 20 bo mu Ngabo za Uganda (UPDF) bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya gisirikare yabereye mu Majyaruguru ya Uganda, mu gace kari hagati y’uturere twa Agago na Omoro, ubwo yari ibatwaye ibajyana aho bagombaga gutangira akazi nyuma yo kurangiza amahugurwa ya gisirikare.

Aba basirikare bari mu bari bamaze gusoza amahugurwa yabereye ku Ishuri rya Gisirikare rya Labwordwong, babarizwa mu mitwe itandukanye y’ingabo zirimo Diviziyo ya Kane n’iya Gatanu. Mu rugendo, imodoka ya gisirikare bari barimo yabuze ubuyobozi irahirima, gusa icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana.

Amakuru aturuka mu gisirikare agaragaza ko babiri mu bakomerekeye muri iyi mpanuka bakomeretse bikomeye ku maguru, mu gihe abandi bagize ibikomere bitandukanye. Bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya gisirikare bya Diviziyo ya Kane, kandi kugeza ubu nta muntu uratangazwa ko yapfuye azize iyi mpanuka.

Capt. David Kamya, ushinzwe itumanaho muri Diviziyo ya Kane ya UPDF, yemeje ko imodoka ya gisirikare yakoze impanuka, ariko ntiyatangaje amakuru arambuye ku cyayiteye.

Iyi mpanuka ibaye mu gihe impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana no gukomeretsa abantu benshi mu Majyaruguru ya Uganda. Mu minsi ishize, indi mpanuka yabereye mu Karere ka Omoro yahitanye abantu 15, abandi 28 barakomereka, bituma hakomeza kwibazwa ku mutekano w’ingendo zo muri ako gace.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply