6a5e6ae89d738.image

Amerika yongeye kugaba ibitero simusiga kuri Iran

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye kugaba ibitero bya gisirikare kuri Iran mu ijoro ryo ku wa 20 Nyakanga 2026, mu gihe Perezida Donald Trump yakomeje kuburira ko Iran izishyura bikomeye igihe cyose Umunyamerika uzaba ari umusirikare yicwa.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko ibi bitero bishya bigamije kurushaho kugabanya ubushobozi bwa gisirikare bwa Iran, cyane cyane ubukoreshwa mu kugaba ibitero ku bwato bw’ubucuruzi bunyura mu muhora wa Hormuz.

Mu gihe ibitero byakomezaga, ibitangazamakuru bya Iran byatangaje ko humvikanye ibisasu mu mijyi ya Bandar Abbas na Sirik, ndetse hakaba hanakoreshejwe uburyo bwo kurinda ikirere hafi y’uruganda rwa nikeleyeri rwa Bushehr.

Iran yavuze ko yakumiriye misile imwe ya Amerika mu ntara ya Kerman, inemeza ko umwe mu basirikare bayo yiciwe mu gitero cyagabwe mu mujyi wa Tabriz.

Nubwo imirwano ikomeje gukaza umurego, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei, yavuze ko ibiganiro hagati ya Tehran na Washington bitarahagarara burundu, ahubwo bikomeje binyuze ku bahuza.

Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta Marco Rubio na we yavuze ko inzira ya dipolomasi igifunguye, nubwo ibikorwa bya gisirikare bikomeje.

Hagati aho, umwuka mubi ukomeje gukwira mu karere. Jordan yatangaje ko yarashweho misile eshatu zaturutse muri Iran, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zamagana ibitero Iran yagabye kuri Bahrain na Kuwait, naho Air France ihagarika ingendo zijya i Riyadh, Dubai na Beirut kubera impungenge z’umutekano.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply