Uganda: Abapolisi 3 barakekwaho kwica umuntu bamuteye amabuye

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Mbarara muri Uganda, yatangiye gukora iperereza ku bapolisi 3 bakekwaho kwicira mu mazi umugabo w’imyaka 30 bamuteye amabuye.
Francis Twesigomwe, wari utuye mu gace ka Nyakaizi mu mujyi wa Mbarara , yaburiwe irengero kuri uyu wa Gatanu taliki 29 Mata 2016, aho yajyanwe n’abapolisi ariko bategereza ko agaruka baraheba.
Umugore we aganira na Chimpreport kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko umwe mu bashumba ba baturanyi be yashatse kumufata kungufu, aza kumurega ku mugabo we aramukubita.
Uwo mushumba yaje kujyana ikirego kuri Polisi, baza kumufata i we baramutwara.
Uyu mugore akomeza avuga ko yishyuye amashiringi 200,000 ngo barekure umugabo we ntibabikora ahubwo bamusaba andi 300,000.
Nk’uko abatangabuhamya babivuga, ngo Francis yaje kubacika yerekeza ku mugezi wa Rwizi, maze abapolisi bamwirukaho bamutera amabuye aravunika ananirwa kuva mu mazi aramutembana baramubura kugeza ubu.
Nkuko bitangazwa na Chimpreport, ngo abaturage bakomeje kugeza ikirego cyabo kuri Polisi ntiyagira icyo ikora.
Jafar Magyezi, umuyobozi muri Polisi i Mbarara yavuze ko abo bapolisi bagejejwe mu biro by’iperereza ngo babazwe ku byo bashinjwa.
Ssengabi Waswa, Michael Ludhozi , Muzamilu Issa, ni bo bakekwaho kwica Francis wari umaze amezi 4 ashyingiranwe n’umugore we Jovenance Nakafero bakaba nta mwana bari bafitanye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *